Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Inkomoko Y’Izina ‘Google’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubumenyi N'Ubuhanga

Inkomoko Y’Izina ‘Google’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 March 2022 1:00 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nushaka kumenya neza amateka y’ikigo cy’ikoranabuhanga gikomeye mu isi, Google, bizagusaba kubanza kumenya amazina y’abantu babiri: Larry Page na Sergey Brin. Bombi nibo bashinze ikigo cya Google  ubwo bigaga muri Kaminuza ya Stanford muri Leta zunze ubumwe z’Amerika.

Ubwo Larry Page na Sergey Brin bigaga muri iyo Kaminuza, bakundaga gukora ubushakashatsi cyane mu bya mudasobwa.

Bakoraga  amasaha arenze ayo umunyeshuri agenerwa, bakayakoresha mu bushakashatsi ku mikorere ya mudasobwa.

Nyuma bahuje igitekerezo cyo gukora urubuga rwa mbere ku isi rwa murandasi  rwaba ishakiro ry’amakuru menshi ashoboka kandi aho umuntu ashakiye ayo makuru akaba yayabona mu buryo bwihuse.

Kubera ko bifuzaga gukora urubuga ruriho amakuru menshi kandi aboneka vuba mu buryo bwihuse, bashatse izina bakwita ikigo cyabo k’uburyo cyaba gisobanutse ubwacyo kandi gisobanura neza ubushobozi bwacyo bwo kubika ingano nini ishoboka y’amakuru.

Larry Page na mugenzi we Sergey Brin bagize ibitekerezo byinshi by’amazina bakita kandi bibasaba igihe kirekire babiganiraho.

Taliki 17 Nzeri 1998 nibwo bashinze iki kigo cyabo k’umugaragaro ndetse banacyandikisha mu mategeko.

Ariko icyo gihe ntabwo kitwaga Google.

Sergei Brin na Larry Page

Bakomeje gushakashaka izina ryacyita, ndetse babaza inshuti n’abaturanyi uko bumva cyakwitwa.

Mu biganiro byabo, batanze amazina atandukanye arimo nka thousand.com, million.com, billion.com n’andi yumvikanisha ubunini bw’amakuru abitswe n’ikigo.

Igihe kimwe Sergey Brin yaje kuzana izina ‘Googol’

Gusa kwari ukumva izina gusa ariko adasobanukiwe imyandikire yaryo.

Iri zina yaribwiye mugenzi we,  baryemeranyaho, bajye no kwandikisha mu mategeko ko ikigo cyabo kitwa Google.

Ubusanzwe umubare munini bawandika ngo ‘Googol’ aho kuba ‘Google.’

Kuva ubwo Google nk’izina ry’ikigo ryarafashe ndetse na Google iba ikimenyabose nk’ishakiro ribitse uruhuri rw’amakuru ryifashishwa na benshi ku isi.

Nyuma iki kigo cyaragutse gikora izindi mbuga zikomeye nka YouTube ndetse n’izindi porogaramu za mudasobwa n’iza telefone zifashishwa na benshi ku isi.

Google kandi yanagize Larry Page na Sergey Brin abaherwe ku isi baza ku rutonde rw’abatunze agatubutse.

Larry page ubu afite umutungo ubarirwa agaciro ka Miliyari 111.9$ n’aho  Sergey Brin abarirwa agaciro ka Miliyari 107.9 $.

‘Googol’: Umubare munini kurusha indi…

Niwo mubare munini kurusha indi

Googol ni ijambo risobanura umubare munini kurusha indi.

Uwubaze mu mazeru wakwandika 1 iherekejwe n’amazeru 100.

Ni uku yandikwa: 10,​000,​000,​000,​000,​000,​000,​000,​000,​000,​000,​000,​000,​000,​000,​000,​000,​000,​000,​000,​000,​000,​000,​000,​000,​000,​000,​000,​000,​000,​000,​000,​000,​000.

Iyi mvugo yahimbywe n’umwana w’imyaka icyenda  witwa Milton Sirotta (1911–1981).

Icyo gihe hari mu mwaka wa 1920.

Googol yaje kuvamo Google

N.B:Iyi ni inyandiko ya Rafiki Gentil

TAGGED:featuredGoogleIkoranabuhangaKaminuza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abagize Umuryango GAERG Bari Mu Nteko Rusange Yaherukaga Mbere Ya COVID
Next Article Perezida W’Inteko Ishinga Amategeko Ya Uganda Yapfuye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?