Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Inshuti Yawe Ishobora Kugukoresha Ibyaha-Umukozi Wa RIB Aburira Urubyiruko
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Inshuti Yawe Ishobora Kugukoresha Ibyaha-Umukozi Wa RIB Aburira Urubyiruko

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 April 2022 7:15 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abanyeshuri bo mu Rwunge rw’amashuri rya Kagarama mu Karere ka Kicukiro bavuga ko iyo ingimbi cyangwa umwangavu adashishoje, ashobora kugushwa na mugenzi we mu byaha bihanwa n’amategeko. Babivuze nyuma yo gucyeburwa n’abakozi b’Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha, RIB.

Abakozi b’Urwego rw’ubugenzacyaha bababwiye ibibi byo kuba ‘nyamujya iyo bigiye’ ntushishoze ngo wirinde icyakugusha mu cyaha.

Mu rwego rwo gushyira mu bikorwa imwe mu nshingano z’Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha, abakozi b’uru Rwego bamaze igihe basura amashuri yatoranyijwe mu Turere dutandukanye bababwira ibiranga ibyaha n’uburyo bwiza bwo kwirinda kubigwamo.

Kuri uyu wa Gatatu abaganirijwe ni abo mu Karere ka Kicukiro, Umurenge wa Kagarama.

Imwe mu ngingo yagarutsweho n’abatanze ibiganiro ni uko hari ubwo ingimbi n’abangavu bagira uruhare ruziguye cyangwa rutaziguye  mu gukora cyangwa gukoreshwa ibyaha.

Ibi bibaho iyo bumviye bagenzi babo cyane cyane ababaruta mu bukuru, bakemera gukora ibyo babasaba bababwira ko ari ‘ukumva uko bimera.’

Umukozi mu Rwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha ukora mu ishami ryishinzwe gukumira ibyaha n’ubushakashatsi  witwa Jean Claude Ntirenganya avuga ko hari urubyiruko rugwa mu byaha byo gusambanya abana, gukoresha ibiyobyabwenge, ubucuruzi bw’abantu, ubutangondwa n’ibindi kandi ngo bakaba babigizemo uruhare runaka.

Ati: “ Hari igihe bamwe mu bangavu n’ingimbi bari mu kigero cyanyu bagira uruhare mu ikorwa ry’ibyaha bakurikiye kumva uko bimera kandi ibi iyo babifatiwemo barabihanirwa.”

Avuga ko bimwe muri ibi byaha cyane cyane nko gusambanya abana hari ubwo bigirwamo uruhare n’abo bita inshuti.

Abo urubyiruko akenshi rwita inshuti ntibaba ari inshuti nyazo ahubwo baba ari urungano rwabo ruharanira ko barwemera, bagakora ibyo rukora, bakavuga uko ruvuga…kandi ibi impande zombi zikabikora zitazi icyo amategeko ateganya ku bintu nk’ibyo.

Kwigisha umwana inzira agomba gucamo akiri muto bimufasha kuzayicamo akuze

Abanyeshuri baganiriye n’itangazamakuru batangaje ko hari ibyo ‘batari bazi ko ari ibyaha.’

Bavuze ko batunguwe no kumva ko ibyo bintu ari ibyaha bihanwa n’amategeko.

Hari n’abatubwiye ko bakuye isomo mu buhamya bahawe n’abigeze gucuruzwa nyuma yo gushukirwa ku mbuga nkoranyambaga bizezwa akazi mu mahanga.

Isomo bavuga ko bavanyemo ni iryo kutarangazwa n’abantu bakoresha imbuga nkoranyambaga ngo babe babashuka babizeza ibintu [abanyeshuri] batabona.

Ubukangurambaga bw’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha bugamije kuburira abato ko hari ibintu bashobora gukora bita ko ari ibisanzwe kandi mu by’ukuri amategeko abisobanura nk’ibyaha.

Muri byo harimo ugusambanya abana, gukoresha ibiyobyabwenge, ubucuruzi bw’abantu n’ubutagondwa.

Babwiwe kandi uko imbuga nkoranyambambaga zishora urubyiruko muri ibyo byaha, bityo ko ubushishozi mu kuzikoresha ari ngombwa.

Umuvugizi w’Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha, RIB, Dr Thierry B Murangira aherutse kubwira Taarifa ko iyo bakora ubukangurambaga ku byaha birimo n’ubutagondwa, baba bagamije gukumira.

Dr Murangira

Kuri we, ibyiza ni ukuburira abantu hakiri kare batarakora ibyaha kurusha kuzabigenza byakozwe.

TAGGED:AbanyeshurifeaturedMurangiraRIBUbugenzacyaha
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abanyarwanda 850 Batunze Byibura Miliyoni Y’Amadolari Y’Amerika($)- Raporo
Next Article Mu Mezi Hafi Ane Ashize Mu Rwanda Habaye Inkongi 66
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?