Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Intambara Iratutumba Hagati Ya Pakistan Na Iran
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Intambara Iratutumba Hagati Ya Pakistan Na Iran

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 January 2024 10:40 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Amakuru ava i Teheran avuga ko hari ibitero indege za Pakistan zagabye muri Iran mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane taliki 18, Mutarama, 2024. Ni ibitero byo kwihorera ku bindi Iran nayo iherutse kugaba ku butaka bwa Pakistan mu minsi ibiri ishize.

Ubuyobozi bwa Iran bwasabye ubwa Pakistan ibisobanuro ku cyabuteye kubavogerera ubutaka, ariko abandi bavunira ibiti mu matwi.

Iran ivuga ko hari missiles z’indege za Pakistan zaguye ahitwa  Sistan-Baluchestan, iyi ikaba ari Intara ikora kuri Pakistan.

Ibiro ntaramakuru bya Iran bivuga ko hari abaturage bayo icyenda bahitanywe n’izo missiles.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Uruhande rwa Pakistan ruvuga ko biriya bitero byari bigamije guce intege abakorera iterabwoba iki gihugu barangiza bakajya kwihisha muri Iran.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’iki gihugu avuga ko Islamabad idashobora kuvogera ubusugire bw’ikindi gihugu kuko izi icyo ubusugire bw’igihugu buvuze mu mibanire mpuzamahanga.

Yavuze ko icyo Pakistan yakoze ari ugukurikirana abashaka kuyivogera kandi ngo ni ibintu byumvikana kandi biba ahantu hose ku isi.

Ubuyobozi bwa Pakistan bwabwiye Reuters  ko biriya bitero byagabwe n’indege ya gisirikare bikaba byari bigamije kwigizayo abarwanyi b’aba Baloch bagize umutwe witwa Balochistan Liberation Front, uyu ukaba ushaka ko Intara ya Baloch yigenga.

Ku rundi ruhande, Iran nayo iherutse gutangaza ko yagabye igitero ku barwanyi baba muri Pakistan bakorana na Israel.

- Advertisement -

Pakistan iherutse gutumiza Ambasaderi wayo i Teheran ngo atahe kuko umubano w’ibihugu byombi umeze nabi cyane.

TAGGED:AbarwanyiIranPakistanUmubano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Abatwite Bazajya Bahabwa Vitamini 15 Zikomatanyirije Mu Kinini Kimwe
Next Article Mushikiwabo Aratabariza Haïti
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?