Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Intambara Ya Iran Na Israel YATANGIYE
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Intambara Ya Iran Na Israel YATANGIYE

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 April 2024 7:09 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu ijoro ryakeye i Yeruzalemu humvikanye urusaku rw’imashini zaburiraga abaturage ngo bave mu nzira kubera missiles za Iran zarashwe yo. Ni intangiriro y’intambara ikomeye yarose  mu Burasirazuba bwo hagati ihuje Iran na Israel.

Ije isanga indi Iran yari irimo kurwana na Hamas muri Gaza, iyi Hamas ikaba isanzwe ifashwa na Iran.

Amakuru ava i Yeruzalemu avuga ko Iran yohereje drones  300 kandi ngo inyinshi Israel yazihanuye.

Andi makuru yanditswe na The Jerusalem Post avuga ko drones nyinshi zahanuwe bigizwemo uruhare na Amerika, Ubwongereza, Ubufaransa na Jordan.

Ku rundi ruhande, Israel yatangaje ko hari ibisasu byaguye ku butaka bwayo mu Majyepfo ahari ibirindiro by’ingabo zayo ndetse ngo hari umuntu umwe wahakomerekeye.

יירוטים מעל הכנסת בירושלים@hadasgrinberg pic.twitter.com/Lpn7cw8Mhs

— כאן חדשות (@kann_news) April 13, 2024

Ni ubwa mbere Iran igabye igitero simusiga kuri Israel iyisanze ku butaka bwayo.

Hagati aho Amerika yari imaze igihe gito iburiye Iran ko nitera Israel izayitabara kandi ngo niko byagenze kubera ko hari drones nyinshi zahanuwe bigizwemo uruhare n’Amerika.

Iran yari iherutse kuvuga ko Israel izishyura byanze bikunze iby’igitero iherutse kugaba kuri Ambasade yayo iri muri Syria ikica abasirikare benshi barimo n’abafite ipeti rya Jenerali.

Hari taliki 01, Mata, 2024.

Hagati aho i New York ku kicaro gikuru cya UN, kuri iki Cyumweru harabera inama idasanzwe yiga kuri iki kibazo.

Ku ikarita y’aho ibihugu byombi biherereye
TAGGED:featuredIgiteroIngaboIranIsrael
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article SADC Yatangiye Gukura Ingabo Muri Mozambique
Next Article Hagiye Gukinwa Irushanwa Ryo Kuzirikana Abakinaga Basket Bazize Jenoside
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kirehe: Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Inshuti Ya Trump Yishwe 

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Israel Yoherereje Abatuye Gaza Inyandiko Zibasaba Guhunga Inzira Zikigendwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Ebola Yagarutse Muri DRC

Ab’i Musanze Bibukijwe Akamaro Ingagi Zibafitiye

Rwanda: Ibiciro By’Ibikomoka Kuri Petelori Byazamutse

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzima

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?