Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Intambara Ya Ukraine N’u Burusiya Iri Kutugiraho Ingaruka Mu Bukungu- Min Biruta
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Intambara Ya Ukraine N’u Burusiya Iri Kutugiraho Ingaruka Mu Bukungu- Min Biruta

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 31 March 2022 6:48 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubwo yasubizaga ikibazo cyabazaga uko intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine iri kugira ingaruka ku Rwanda, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga Dr Vincent Biruta yasubije ko ingaruka nyinshi ku Rwanda ari iz’ubukungu.

Abihurijeho na Guverineri wa Banki nkuru y’u Rwanda John Rwangombwa nawe uherutse kuvuga ko u Rwanda ruri gushaka ahandi rwajya rukura ingano zo gukoresha kuko inyinshi rwakoreshaga zavaga mu Burusiya na Ukraine kandi ibi bikaba biri mu ntambara birwana hagati yabyo.

Biruta nawe yabwiye abo mu Kigo Atlantic Council ko n’ubwo u Rwanda ruri kugerwaho n’ingaruka ziriya ntambara cyane cyane iz’ubukungu, ruri kureba uko rwabyikuraho, rugashakira ibisubizo ahandi.

Ubusanzwe ibihugu bitatu bya mbere ku isi byeza ingano ni u Bushinwa, u Buhinde n’u Burusiya.

Ku rubuga rwa worldpopulationreview.com handitseho ko uretse ibyo bihugu bitatu tuvuze haruguru, ibindi birindwi byeza ingano nyinshi ari ibi bikurikira:

Leta zunze ubumwe z’Amerika, Canada, u Bufaransa, Pakistan, Ukraine, u Budage na Turikiya.

Nk’uko Biruta abivuga, muri ibi bihugu byose u Rwanda ntiruzabura ahandi rwakura ingano zo gukoresha.

Mu kiganiro cye na bariya bahanga twavuze haruguru, Minisitiri Biruta yavuze ko umubano w’u Rwanda na Amerika umaze igihe kandi wabaye ingirakamaro ku Rwanda mu ngeri nyinshi.

Yavuze ko kuba Amerika yarafashije u Rwanda guhangana na COVID-19 iruha inkingo zayo n’ibindi bikoresho mu kuyirwanya nacyo ari ikintu cyo kwishimira.

Kuri iyi ngingo, Biruta yongeyeho ko Leta zunze ubumwe z’Amerika ziri gufasha abahanga bo mu Rwanda kugira ubumenyi n’ikoranabuhanga buhamye buzabafasha mu gukora inkingo uruganda rwazo nirwuzuzwa mu Rwanda.

Leta zunze ubumwe z’Amerika  ni kimwe mu bihugu by’inshuti z’u Rwanda zarufashije mu bihe bikomeye rwaciyemo.

Ambasaderi wazo mu Rwanda ucyuye igihe Peter Vrooman ari mu bafashije u Rwanda kubona inkingo n’ibindi bikoresho rwafashishije mu guhangana na kiriya cyorezo.

Taiki 28, Nyakanga, 2021 nibwo yatangaje ko muri uyu mwaka( 2022) azaba yushe ikivi cye mu Rwanda agakomereza akazi muri Mozambique.

Vrooman yageze mu Rwanda muri Werurwe, 2018.

TAGGED:AmbasaderiAmerikaBirutafeaturedRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Inkunga Y’Amafaranga Croix Rouge Y’u Rwanda Yabateye Yabahinduriye Ubuzima
Next Article WHO/OMS Yaburiye Isi Ko Hashobora Kwaduka Indi COVID-19 Ikaze
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abanyarwanda Banywa Ikawa Ni 5%-NAEB

Tuzakomeza Gukorana N’u Rwanda No Mu Guhanga Udushya-Amb Wa Israel

Rwanda: 34% By’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Nibo Bateganyirizwa N’Abakoresha

Abatahutse Bava DRC Batangajwe N’Uko Basanze U Rwanda Rusa

Burundi: Umushinjacyaha Aravugwaho Kwiba Amafaranga Ya Leta Akayajyana Tanzania

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Tanzania: Ishyaka CHADEMA Ryagize Icyo Rivuga Ku Byavuye Mu Matora

DRC: Yarashe Afande We Amuziza Kumurira Amafaranga

Afurika Yunze Ubumwe Yashimiye Samia Ku Ntsinzi Ye

Twifuza Ko Kagame Yatubera Umuhuza-Ambasaderi Wa Sudani

Suluhu Yatangajwe Ko Yatsinze Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

You Might Also Like

Mu mahanga

Nyuma Yo Kwica Abantu 114 Muri Philippines Inkubi Ikomereje Muri Vietnam

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Uburayi Burasaba Abo Mu Burasirazuba Koroshya Ngo Ubutabazi Bugere Ku Mbabare

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibidukikije

Rutsiro: Imbwa Z’Ibihomora Zugarije Pariki Ya Gishwati-Mukura N’Abayituriye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ubwoba Ku Bitero By’Ikoranabuhanga Ku Bakiliya Bwatumye MTN Ihanga Agashya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?