Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Inteko Y’Umuco Iti: ‘ Twari Tuzi Ko Imbwa Ariyo Irya Umuntu, Umuntu Atarya Imbwa!”
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Inteko Y’Umuco Iti: ‘ Twari Tuzi Ko Imbwa Ariyo Irya Umuntu, Umuntu Atarya Imbwa!”

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 November 2023 2:44 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Intebe y’Inteko y’Umuco Nyarwanda Ambasaderi Robert Masozera yabwiye Taarifa ko ibimaze iminsi bivugwa ko hari ahantu mu Rwanda barya imbwa, ari ibintu bidasanzwe. Avuga ko ubusanzwe imbwa ari yo izwiho kurya umuntu ariko ko ‘nta muntu urya imbwa’.

Ngo iyo umuntu ariye imbwa, nibwo biba inkuru, ibintu bikitwa ko byacitse.

Amb Masozera avuga ko ibyiza by’umuco w’Abanyarwanda ari uko iyo ikintu kibaye bagasanga kitari umuco wabo bahita bacyamagana.

Ngo ntibisaba ko haba hari amategeko yanditse akibuza.

Ati: “ Umuco w’Abanyarwanda ikiza cyawo ntugira amategeko yanditswe, ariko iyo ikintu kibangamiye umuco wabo gihita kigaragara. Iyo kurya imbwa biteje intugunda mu Banyarwanda bihita biba ikibazo kandi uko nsanzwe mbizi  ni uko imbwa ariyo irya umuntu ariko si umuntu urya imbwa.”

Intebe y’Inteko y’umuco w’Abanyarwanda Amb Robert Masozera avuga ko ‘kizira mu Banyarwanda’ kurya ibinyamajanja: imbwa n’injangwe.

Icyakora avuga ko umunsi kurya imbwa byabaye ikintu Abanyarwanda bifuza ko cyajya mu byo bemera ko biribwa, Inteko nyarwanda y’umuco n’ururimi izababaza niba bumva iyo ngingo nayo ikwiye kuba mubyo iriya Nteko ishinzwe gusigasira kuko ari bo ba nyiri ururimi na nyirumuco.

Impamvu ngo ni uko umuco ari ihuriro ry’ibyo abantu bumvikanyeho ngo bibarange mu byo bafungura, imyizerere, imirimbo, imvugo  n’ibindi.

Iteka rya Minisitiri hari icyo ribivugaho…

Iteka rya Minisitiri nimero 012/11.30 ryo ku wa 18/11/2010 ryerekeye ibagwa ry’amatungo n’ubugenzuzi bw’inyama rivuga ko amatungo arebwa n’iri teka ari inka, ihene, intama, ingurube, cyangwa ifarasi, kimwe n’inyamaswa zo mu gasozi zibarurirwa mu mihigo minini.

Zimwe mu nyamaswa z’imihigo minini zizwi harimo intare, ingwe, inkura, inzovu hamwe n’imbogo ariko  imbwa ntivugwamo.

Andi matungo yemewe harimo inkoko, imbata, inkwavu n’amafi ariko na yo agategurwa mu buryo bwizewe hifashishijwe ibikoresho byabugenewe kugira ngo atange inyama zidateza ikibazo.

TAGGED:featuredImbwaIntekoInyamaswaKuryaMasozeraUmuco
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Dr. Kayumba Yahanishijwe Igifungo ‘Gisubitse’
Next Article Ni Iki Leta Iteganya Mu Gukumira Inkangu Ziyongera Mu Bihe By’Imvura?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

Bafatanywe lbilo 30 By’urumogi Babitwaye Kuri Moto

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?