Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Intumwa Ya Museveni Iheruka Mu Rwanda Yashimye Akazi Kakozwe Na Gen Kainerugaba
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Intumwa Ya Museveni Iheruka Mu Rwanda Yashimye Akazi Kakozwe Na Gen Kainerugaba

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 January 2022 6:28 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ambasaderi Adonia Ayebare usanzwe ahagarariye Uganda muri UN akaba aherutse kuza mu Rwanda kuganira na Perezida Kagame, yahuye na Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, akaba ari Umuhungu wa Perezida Museveni nawe uherutse guhura na Perezida Kagame.

Kuri rukuta rwe rwa Twitter Ambasaderi Adonia Kainerugaba yanditse ko guhura na Kainerugaba byamushimishije ndetse  yishimira ko yaganiriye nawe akagira icyo amwigiraho.

Ati: “ Wakoze kunyakira neza Gen Kainerugaba kandi byari iby’agaciro kuba twaganiriye nkungukira ku bwenge bwawe.”

Yarangije ubutumwa amwizeza ko bazakomeza gukorana.

Thank you ⁦@mkainerugaba⁩ for warmly receiving me and was privileged to tap into your wisdom. Aluta continua. pic.twitter.com/ntslPhuUWf

— Adonia Ayebare (@adoniaayebare) January 28, 2022

Ubwo Ayabare yasuraga u Rwanda, Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’u Rwanda yatangaje uguhura kwabo ntiyigeze ivuga ingingo zari zikubiye muri ubwo butumwa, ariko ku mbuga nkoranyambaga bwakiriwe neza na benshi.

Ku ruhande rumwe, iyi ntumwa yafashwe nk’ikimenyetso gikomeye cyo gutsura umubano hagati y’ibihugu byombi wari umaze igihe kinini umeze nabi.

Kubera uyu mubano utari umeze neza, u Rwanda rwasabye abaturage barwo kutajya muri Uganda.

Nyuma ariko mu buryo busa n’ubutari bwitezwe na benshi, Uganda n’u Rwanda byatangiye guhembera umubano mwiza kandi biri gutanga umusaruro.

Bidatinze Lt Gen Muhoozi Kainerugaba akaba umuhungu wa Perezida Yoweli Museveni ndetse akamubera n’umujyanama mu bya gisirikare nawe yasuye u Rwanda.

Nyuma y’urugendo rwe yahuriyemo na Perezida Kagame, ntibyatinze Leta y’u Rwanda ibinyujije muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga yatangaje ko ku wa Mbere taliki 31, Mutarama, 2022 umupaka wa Gatuna uzafungurwa.

Ni inkuru nziza ku baturage b’u Rwanda n’aba Uganda kuko buri ruhande rwari rukumbuye guhahirana no gusura abavandimwe baba ku rundi ruhande.

Ubuyobozi bwa Uganda bwakiriye neza iki cyemezo ndetse n’Umunyamabanga w’Umuryango w’Afurika y’i Burasirazuba Dr Peter Mathuki nawe yatangaje ko ubuyobozi bw’uyu muryango bwishimiye ko u Rwanda rwafunguye uriya mupaka.

TAGGED:AyebarefeaturedKagameMuseveniRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umugaba W’Ingabo Z’u Rwanda Avuga Ko Uburyo Bugezweho Bwo Gutwara Abasirikare N’Ibikoresho Ari Ngombwa
Next Article Umuyobozi w’Ishyaka Rya Perezida Tshisekedi Yirukanwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

Nigeria: Umuhanzi Ifunanya Yishwe N’Inzoka

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Grammy Awards: Kendrik Lamar Yahize Abandi Baraperi Mu Bihembo Byinshi Abitse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abantu Babiri Bananirwa Bate Kubana?-Kagame Abaza Abashakanye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

‘Gusaranganya Shisha Kibondo’ Ni Ruswa Nini Mu Rwego Rw’Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?