Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Intumwa Za Uganda Zageze Muri Amerika Mbere Y’Inama Y’Amerika N’Afurika
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Intumwa Za Uganda Zageze Muri Amerika Mbere Y’Inama Y’Amerika N’Afurika

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 December 2022 9:33 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ku cyicaro cya Ambasade ya Uganda muri Amerika kiri  i Washington habereye inama yakozwe n’itsinda ryoherejwe na  Guverinoma ya Uganda ngo rizayihagararire mu nama Amerika izagirana  n’Afurika kuri uyu wa Kabiri Taliki 13, Ukuboza, 2022.

Abagize iri tsinda babanje gukorana inama kugira ngo bumvikane kandi bahe umurongo mu buryo budasubirwaho ibikubiye mu byo bazageza kuri Guverinoma y’Amerika.

Guverinoma ya Uganda, ibicishije kuri Twitter, yanditse ko iriya nama yabereye  ku cyicaro cya Ambasade ya Uganda muri Amerika, ikaba yahuriwemo n’abakozi bakuru muri Ambasade y’iki gihugu muri Amerika ndetse n’intumwa zavuye i Kampala.

Nta makuru arambuye ku bikubiye mubyo baganiriye ariko hashize igihe ubutegetsi bw’i Kampala butabanye neza n’ubw’i Washington kubera ko Amerika ishinga Uganda kutubahiriza uburenganzira bwa muntu.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

The Uganda delegation to the #USAfricaLeadersSummit22 is already in the United States and it has had a number of engagements at our Embassy in Washington D.C in preparation for the summit happening this week starting tomorrow 13th,November,2022. pic.twitter.com/54UfPsrBBn

— Government of Uganda (@GovUganda) December 12, 2022

Ibi birego byarushijeho kugira imbaraga mu gihe cyabanjirije amatora y’Umukuru w’igihugu aheruka muri Uganda ndetse no mu matora nyirizina.

Umwe mu bari bahanganye na Perezida Museveni wari ukomeye ni  Kjyagulanyi uzwi ku izina rya Bobi Wine.

Ambasade y’Amerika muri Uganda yavuze ko ibyo Robert Kyagulanyi Ssentamu yakorewe muri biriya bihe bitari bikwiye mu gihugu kivuga ko kigendera kuri Demukarasi.

Bivugwa kandi ko ubutegetsi bw’i Kampala bushyize imbere imikoranire hagati yabwo n’u Bushinwa kurusha uko bimeze hagati yabwo na Washington ndetse na Brussels .

- Advertisement -

Brussels niho haba icyicaro gikuru cy’’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi.

Muri Gashyantare, 2022, uhagarariye Leta zunze ubumwe z’Amerika muri Uganda Natalie E Brown  yikomye inzego z’umutekano z’iki gihugu kubera icyo yise ‘kubangamira uburenganzira bwa muntu’ byakorwaga  n’inzego z’umutekano za Uganda.

Ubu butumwa Amerika yabuhaye Uganda nyuma y’uko inzego zayo z’umutekano  zifashe umwanditsi witwa Kakwenza Rukirabasaija zikamufunga ndetse zikamukorera iyicarubozo.

Ngo yaziraga kwandika inyandiko ubutegetsi bwa Kampala bwafashe nk’iyasuzuguzaga  Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, akaba ari umuhungu wa Perezida Museveni..

Hari undi munyapolitiki witwa Sam Masereka ushinzwe ubukangurambaga mu ishyaka National Unity Platform ( NUP) nawe icyo gihe wavugaga ko inzego z’umutekano zamukoreye ibya mfura mbi.

Ishyaka National Unity Platform riyobowe na Robert Kyagulanyi twavuze haruguru.

Iby’iyicarubozo kandi byigeze  kugarukwaho n’Umukuru w’igihugu Yoweli Museveni ubwo yagezaga ijambo ku baturage rivuga uko igihugu gihagaze.

Yasabye abashinzwe umutekano kugabanya iyicarubozo bakorera abakekwaho ibyaha.

Akomoza ku bagizi ba nabi bari baherutse gufatwa bakekwaho kurasa Gen Katumba Wamala ariko akarokoka n’ubwo umukobwa we yahasize ubuzima, Museveni yavuze ko iyo ufashe umuntu ukekaho icyaha ukamukorera iyicarubozo, iyo yumvise arembejwe n’ingoyi, ‘akubwira ibyo ushaka ko avuga’ ariko ‘ntakubwire uko ibintu bimeze mu by’ukuri.’

Ni iriyarubozo byavugwaga ko rikorwa n’abakozi ba CMI icyo gihe bayoborwaga na Major General Abel Kandiho.

Uyu aherutse gukurwa muri izi nshingano, ubu akaba ari mu buyobozi bukuru bwa Polisi ya Uganda.

Assistant Commissioner of Police( ACP) Abel Kandiho yahoze ashinzwe ubutasi bwa gisirikare mu ngabo za Uganda

K’ubuyobozi bwa CMI Kandiho yasimbuwe na Major General  James Birungi.

Birashoboka ko Uganda ishobora kuzaganira n’Amerika ku bibazo byari bimeze iminsi byarashyize igitotsi hagati y’ibihugu byombi, hakarebwa niba ibintu bitasubizwa mu buryo.

TAGGED:AmerikaBirungiBobiBushinwafeaturedKandihoMuseveni
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Sophia Yahesheje Polisi Igihembo
Next Article Parti Libéral Yongeye Gutora Donatille Mukabalisa Ngo Ayiyobore
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?