Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Inyamaswa ‘Zizi ‘Kwigira Ku Zindi Imyitwarire, Nibyo Bita ‘Umuco’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubumenyi Rusange

Inyamaswa ‘Zizi ‘Kwigira Ku Zindi Imyitwarire, Nibyo Bita ‘Umuco’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 April 2021 10:50 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ni ikintu abahanga mu binyabuzima bamaze igihe basuzuma neza. Abitaye ku kwiga kuri iyi ngingo ni abahanga mu binyabuzima bamaze igihe kinini bareba uko inyamaswa z’amoko arimo n’ingagi zisabana, uko ibyana byitwara iyo bihuye n’ibindi byo mu yindi miryango.

 Mu buhanga bwabo basanze hari ubwoko bw’ibisabantu( primates) byitwara nk’abantu mu mimerere runaka, bakabihuza no kugira umuco.

Umuco usobanurwa nk’imyitwarire y’ibisekuru bito bigira ishingiye ku yo byarazwe n’ibyabyibarutse.

Abahanga bo muri Kaminuza ya St Andrews bamaze imyaka 70 biga imitwarire y’inyamaswa mu ndiri zazo( natural reserves).

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Baje gusanga inyamaswa nkuru zisigira intoya imwe mu myitwarire yazo haba mu nyoni, inyamabere, amafi n’inigwahabiri( insects)

Icyana cy’intare giteta kuri Nyina

Prof Andrew Whiten wayoboye buriya bushakashatsi avuga ko ibyo bavumbuye byerekana ko ‘umuntu atari we wenyine ugira umuco.’

Ubusanzwe abahanga mu mitekerereze bitwa psychologists bameraga ko igitandukanya umuntu n’inyamaswa ari uko we afite umuco, akabasha kwigira imyitwarire[mibi cyangwa myiza] ku bamubyaye n’aho yarerewe.

Byari byarabaye ihame ko inyamaswa zikora ibintu mu buryo buzitunguye, ko zidashobora gucishiriza ngo zishyire mu gaciro kandi  ko zidashobora kwibuka ibyaranze abasekuru bazo ngo zibigireho.

Prof Whiten yagize ati: “ Nasanze inyamaswa nazo zigira ku zindi kandi birumvikana kuko zimwe zimarana igihe na za Nyina bityo zikazigiraho.”

- Advertisement -
Prof Andrew Whiten areba uko inguge ikora akazi

Inkende cyane cyane nizo zigaragaramo ubushobozi bwo kwigira kuri za Nyina.

Abahanga bavuga ko icyerekena ko inyamaswa zigana imyitwarire y’izo zikomokaho ari uko inkende cyangwa inguge zo muri iyi minsi zirinda gusenzanya hagati yazo kuko mu myaka myinshi yashize hari izabikoze bikaziviramo gupfa zenda gushira.

Ikindi babonye mu nguge zo muri Zambia ni uko hari imwe muri zo ‘yadukanye umudeli’ wo kwambara akantu ku gutwi bidatinze izindi zirayigana.

Inzuki nazo ni abaturanyi beza kandi bubahana

Mu itsinda ry’inguge 12, izigera ku icyenda ziganye  iriya nguge y’ingore abahanga babatije Julie.

Ubu buvumbuzi buvuze iki ku bahanga?

Prof Whiten avuga ko ibyo baherutse kuvumbura bizatuma hari byinshi abahanga mu binyabuzima bicara bagasuzuma ibyo bari basanzwe bazi ku nyamaswa.

Ikindi bizatuma gihinduka ni uburyo abantu bazifataga, haba mu  byanya bikomye cyangwa mu byanya byakozwe n’abantu, bizwi nka Zoo(zoological garden).

Abahanga kandi bari gutekereza ko hagomba kubaho indi science yiga ku nyamaswa yitwa ‘cultural evolution’.

Ni science ngari izaha akazi k’ubucumbuzi abahanga benshi, bakamenya uko inyamaswa ziteye haba ku mubiri no mu bitekerezo.

Inyandiko ikubiyemo ubu bushakashatsi yiswe ‘The burgeoning reach of animal culture’, yatangajwe mu kinyamakuru kitwa  Science.

TAGGED:featuredIbinyabuzimaIngugeKwigaUmuco
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kuba Minisitiri W’Intebe Ni Ukugorwa…Ubuhamya Bwa Tony Blair
Next Article Mu Mibare: Ingengabitekerezo Ya Jenoside Yari Yifashe Ite Mu Myaka 3 Ishize
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?