Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Inyamaswa ‘Zizi ‘Kwigira Ku Zindi Imyitwarire, Nibyo Bita ‘Umuco’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubumenyi Rusange

Inyamaswa ‘Zizi ‘Kwigira Ku Zindi Imyitwarire, Nibyo Bita ‘Umuco’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 April 2021 10:50 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ni ikintu abahanga mu binyabuzima bamaze igihe basuzuma neza. Abitaye ku kwiga kuri iyi ngingo ni abahanga mu binyabuzima bamaze igihe kinini bareba uko inyamaswa z’amoko arimo n’ingagi zisabana, uko ibyana byitwara iyo bihuye n’ibindi byo mu yindi miryango.

 Mu buhanga bwabo basanze hari ubwoko bw’ibisabantu( primates) byitwara nk’abantu mu mimerere runaka, bakabihuza no kugira umuco.

Umuco usobanurwa nk’imyitwarire y’ibisekuru bito bigira ishingiye ku yo byarazwe n’ibyabyibarutse.

Abahanga bo muri Kaminuza ya St Andrews bamaze imyaka 70 biga imitwarire y’inyamaswa mu ndiri zazo( natural reserves).

Baje gusanga inyamaswa nkuru zisigira intoya imwe mu myitwarire yazo haba mu nyoni, inyamabere, amafi n’inigwahabiri( insects)

Icyana cy’intare giteta kuri Nyina

Prof Andrew Whiten wayoboye buriya bushakashatsi avuga ko ibyo bavumbuye byerekana ko ‘umuntu atari we wenyine ugira umuco.’

Ubusanzwe abahanga mu mitekerereze bitwa psychologists bameraga ko igitandukanya umuntu n’inyamaswa ari uko we afite umuco, akabasha kwigira imyitwarire[mibi cyangwa myiza] ku bamubyaye n’aho yarerewe.

Byari byarabaye ihame ko inyamaswa zikora ibintu mu buryo buzitunguye, ko zidashobora gucishiriza ngo zishyire mu gaciro kandi  ko zidashobora kwibuka ibyaranze abasekuru bazo ngo zibigireho.

Prof Whiten yagize ati: “ Nasanze inyamaswa nazo zigira ku zindi kandi birumvikana kuko zimwe zimarana igihe na za Nyina bityo zikazigiraho.”

Prof Andrew Whiten areba uko inguge ikora akazi

Inkende cyane cyane nizo zigaragaramo ubushobozi bwo kwigira kuri za Nyina.

Abahanga bavuga ko icyerekena ko inyamaswa zigana imyitwarire y’izo zikomokaho ari uko inkende cyangwa inguge zo muri iyi minsi zirinda gusenzanya hagati yazo kuko mu myaka myinshi yashize hari izabikoze bikaziviramo gupfa zenda gushira.

Ikindi babonye mu nguge zo muri Zambia ni uko hari imwe muri zo ‘yadukanye umudeli’ wo kwambara akantu ku gutwi bidatinze izindi zirayigana.

Inzuki nazo ni abaturanyi beza kandi bubahana

Mu itsinda ry’inguge 12, izigera ku icyenda ziganye  iriya nguge y’ingore abahanga babatije Julie.

Ubu buvumbuzi buvuze iki ku bahanga?

Prof Whiten avuga ko ibyo baherutse kuvumbura bizatuma hari byinshi abahanga mu binyabuzima bicara bagasuzuma ibyo bari basanzwe bazi ku nyamaswa.

Ikindi bizatuma gihinduka ni uburyo abantu bazifataga, haba mu  byanya bikomye cyangwa mu byanya byakozwe n’abantu, bizwi nka Zoo(zoological garden).

Abahanga kandi bari gutekereza ko hagomba kubaho indi science yiga ku nyamaswa yitwa ‘cultural evolution’.

Ni science ngari izaha akazi k’ubucumbuzi abahanga benshi, bakamenya uko inyamaswa ziteye haba ku mubiri no mu bitekerezo.

Inyandiko ikubiyemo ubu bushakashatsi yiswe ‘The burgeoning reach of animal culture’, yatangajwe mu kinyamakuru kitwa  Science.

TAGGED:featuredIbinyabuzimaIngugeKwigaUmuco
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kuba Minisitiri W’Intebe Ni Ukugorwa…Ubuhamya Bwa Tony Blair
Next Article Mu Mibare: Ingengabitekerezo Ya Jenoside Yari Yifashe Ite Mu Myaka 3 Ishize
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?