Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Inyubako ‘Ziteye Nk’Ibigega’ Mu Mishinga Ikomeje Kuzamurwa Ku Kiyaga Cya Kivu (Amafoto)
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Inyubako ‘Ziteye Nk’Ibigega’ Mu Mishinga Ikomeje Kuzamurwa Ku Kiyaga Cya Kivu (Amafoto)

admin
Last updated: 05 April 2021 11:26 am
admin
Share
SHARE

Abakunda gusohoka cyangwa bakenera ahantu ho kuruhukira hafi y’amazi, mu minsi mike bagiye kubona inyubako igezweho mu Karere ka Karongi ku nkombe z’ikiyaga cya Kivu, irimo kubakwa na Croix Rouge y’u Rwanda.

Ni ahantu hagizwe n’inzu umunani zifite ishusho y’uruziga ku buryo benshi bazigereranya n’ibigega hambere Abanyarwanda bahunikagamo imyaka kuko zisa n’izifite inkingi zihagazeho. Zirimo enye zigeretse rimwe n’izindi enye zisanzwe, zo mu bwoko bwa ‘bungalow’.

Ni umushinga urimo kubakwa mu buryo Croix Rouge yiyemeje bwo kwishakamo amafaranga ikoresha mu gufasha abababaye, aho guhora iteze amaso abaterankunga.

Gakwandi Antoine ukurikirana uyu mushinga yavuze ko bashaka gutunganya ahantu hagezweho ba mukerarugendo bazajya baruhukira, bakagubwa neza ku nkombe z’ikiyaga cya Kivu.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ati “Inyubako zacu zifite isura y’uruziga nk’uko bamwe baza bakavuga bati ibi ni ibigega, ni iki, mu muco nyarwanda n’ubundi izi nyubako zahozeho, n’uwakoze igishushanyo cyazo twari twagerageje kurebera mu muco nyarwanda nk’uko twari dusanzwe dufite inzu za Kinyarwanda, gusa twe zikoze mu buryo bugezweho kuko ntabwo dusakaje ibyatsi.”

Ni umushinga watangiye muri Nzeri 2020, biteganywa ko icyiciro cya mbere kizarangira muri Gicurasi, abantu bagatangira kuhasura baharara, mbere y’uko hatunganywa kurushaho mu cyiciro cya kabiri.

Gakwandi yakomeje ati “Tuzakora na parikingi aho umuntu yaparika imodoka ye, tukazanatunganya inyuma, ubusitani, aha hepfo ku mazi, noneho mu cyiciro cya kabiri hazaza etaje nini n’izindi nyubako enye ziri haruguru.”

Visi Perezida wa Croix Rouge y’u Rwanda Mukandekezi Françoise yavuze ko ari umushinga barimo gukora kugira ngo uyu muryango ukomeze kubona amikoro ukeneye, kugira ngo ukomeze kugira uruhare mu gufasha abababaye kurusha abandi.

Igitekerezo ni uko muri buri karere bahagira igikorwa kibyara inyungu, kugira ngo buri komite ya Croix Rouge ijye ibona ubushobozi ikoresha aho gutegereza ubuturutse ku cyicaro gikuru cyangwa se guhanga amaso amahanga.

- Advertisement -

Yakomeje ati “Kubera ko politiki y’igihugu cyacu ni uko tugomba kwigira, ntabwo wakwigira rero uhora uhanze amaso hanze kandi ak’imuhana kaza imvura ihise.“

Muri aka karere ka Karongi Croix Rouge ihafite ibikorwa bitandukanye, birimo imishinga imaze iminsi ikorwa aho hubatswe imiyoboro y’amazi ya kilometero 16, ndetse hari ingo 368 zahawe amatungo magufi yatwaye miliyoni 28 Frw harimo no kubaka ibiraro.

Mukandekezi ati “Iriya hotel rero nimara kuzura izakora ubukerarugendo kuko turi no mu karere k’ubukerarugendo, amafaranga abonetsemo n’ubundi yongere agure ya matungo mwabonye, urugero rw’ibishoboka ni umugore woroye amatungo magufi yahawe na Croix Rouge, akaba ashobora kwikorera ka nshore nunguke, akagira imashini idoda, bityo akagira indi mirimo yunganira ubuhinzi.“

Mu cyiciro cya mbere cy’uyu mushinga hubatswe ibyumba 24, mu nzu zizubakwa nyuma harimo na resitora. Icyiciro cya mbere kizaba gifite agaciro ka miliyoni 230 Frw, umushinga wose nyuma y’icyiciro cya kabiri ukazagera muri miliyoni 800 Frw.

Harimo inzu enye zigeretse, zose ziteye nk’uruziga
Izi nzu zubatswe mu buryo bugezweho
Izi nzu zubatswe ku nkombe z’ikiyaga cya Kivu
Ni uku umushinga uzaba uteye umunsi warangiye
TAGGED:Croix Rouge y’u RwandafeaturedKarongi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibyo Wamenya Ku Mwarimu Wa Kaminuza Y’U Rwanda Basanze Yapfuye
Next Article Ingabo Za Tchad Muri G5 Zirashinjwa Guhohotera Abagore
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?