Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Inyungu ya Cimerwa Plc Yazamutseho 179%
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Inyungu ya Cimerwa Plc Yazamutseho 179%

admin
Last updated: 09 December 2021 10:07 pm
admin
Share
SHARE

Uruganda rukora sima nyarwanda, CIMERWA Plc, rwatangaje ko mu mezi icyenda ashize mbere yo kwishyura imisoro yungutse miliyari 5.4 Frw, bingana n’izamuka rya 179% ugereranyije n’igihe nk’icyo mu mwaka ushize.

Inyungu ya nyuma yo kwishyura imisoro kugeza ku wa 30 Nzeri 2021 yari miliyari 4.1 Frw, bingana n’izamuka rya 111% ugereranyije n’uko byari bimeze kugeza icyo gihe mu mwaka ushize.

Umuyobozi Ushinzwe imari muri Cimerwa, John Bugunya, yavuze ko babonye inyungu ifatika nubwo ari mu bihe bikomeye by’icyorezo cya COVID-19, byagiye bizamo na gahunda ya guma mu rugo.

Yakomeje ati “Uku kwitwara neza kwashingiye ahanini ku mafaranga yinjiye bijyanye na gahunda yo kwegereza abaguzi ibicuruzwa byacu ku buryo dukomeza kuba ikigo gihagaze neza ku isoko.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ibyo ngo byanashingiwe kuri gahunda zashyizweho zo gucunga amafaranga ikigo gisohora muri ibi bihe.

Umuyobozi Mukuru wa Cimerwa, Albert Sigei, yavuze ko amezi ashize atari yoroshye, ariko bishimishije kuba ikigo cyarakomeje kubona inyungu, ari nako gitanga umusanzu mu rwego rw’ubwubatsi mu Rwanda.

Yakomeje ati “Twiteguye kubyaza umusaruro izamuka ry’ubukungu bw’u Rwanda ryitezwe kimwe n’amasoko yo mu baturanyi binyuze mu bubiko buhagije bw’ibicuruzwa n’ubushobozi buhari bwo guhaza ubwo bucuruzi imishinga minini y’ibikorwa remezo.”

Yavuze ko biteguye gukomeza guhaza isoko ryo mu gihugu no kurushaho kongera ingano ya sima yherezwa mu mahanga.

Ibyo byose ngo ni imbuto z’umusingi ukomeye wubatswe n’ubuyobozi bw’uruganda, inama y’ubutegetsi n’abakozi batuma byose bigerwaho.

- Advertisement -

Cimerwa yashinzwe mu 1984, ikaba imaze imyaka myinshiitanga sima yifashishwa mu bwubatsi mu gihugu.

Muri rusange kugeza muri Nzeri 2021 Cimerwa yinjije miliyari 67.3 Frw nk’amafaranga yacurujwe, angana n’izamuka rya 7% ugereranyije n’umwaka ushize.

Inyungu iki kigo cyabonye yatumye n’amafaranga abarwa ku mugabane umwe azamukaho 111% agera ku 5.86 Frw ku mugabane.

Mu mwaka ushize nibwo iki kigo cyemerewe gushyira imigabane ku Isoko ry’imari n’imigabane ry’u Rwanda, kiba icya cumi kigiye kuri iryo soko mu gihugu.

TAGGED:Albert SegeiCIMERWAIsoko ry'Imari n'Imigabane
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article BNR Igiye Gukomorera Ibigo Bishya By’Ubwishingizi Ku Isoko Ry’u Rwanda
Next Article Suède Yahaye u Rwanda Inkingo Miliyoni Imwe za COVID-19
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

You Might Also Like

Ubukungu

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?