Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Inyungu ya Cimerwa Plc Yazamutseho 179%
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Inyungu ya Cimerwa Plc Yazamutseho 179%

admin
Last updated: 09 December 2021 10:07 pm
admin
Share
SHARE

Uruganda rukora sima nyarwanda, CIMERWA Plc, rwatangaje ko mu mezi icyenda ashize mbere yo kwishyura imisoro yungutse miliyari 5.4 Frw, bingana n’izamuka rya 179% ugereranyije n’igihe nk’icyo mu mwaka ushize.

Inyungu ya nyuma yo kwishyura imisoro kugeza ku wa 30 Nzeri 2021 yari miliyari 4.1 Frw, bingana n’izamuka rya 111% ugereranyije n’uko byari bimeze kugeza icyo gihe mu mwaka ushize.

Umuyobozi Ushinzwe imari muri Cimerwa, John Bugunya, yavuze ko babonye inyungu ifatika nubwo ari mu bihe bikomeye by’icyorezo cya COVID-19, byagiye bizamo na gahunda ya guma mu rugo.

Yakomeje ati “Uku kwitwara neza kwashingiye ahanini ku mafaranga yinjiye bijyanye na gahunda yo kwegereza abaguzi ibicuruzwa byacu ku buryo dukomeza kuba ikigo gihagaze neza ku isoko.”

Ibyo ngo byanashingiwe kuri gahunda zashyizweho zo gucunga amafaranga ikigo gisohora muri ibi bihe.

Umuyobozi Mukuru wa Cimerwa, Albert Sigei, yavuze ko amezi ashize atari yoroshye, ariko bishimishije kuba ikigo cyarakomeje kubona inyungu, ari nako gitanga umusanzu mu rwego rw’ubwubatsi mu Rwanda.

Yakomeje ati “Twiteguye kubyaza umusaruro izamuka ry’ubukungu bw’u Rwanda ryitezwe kimwe n’amasoko yo mu baturanyi binyuze mu bubiko buhagije bw’ibicuruzwa n’ubushobozi buhari bwo guhaza ubwo bucuruzi imishinga minini y’ibikorwa remezo.”

Yavuze ko biteguye gukomeza guhaza isoko ryo mu gihugu no kurushaho kongera ingano ya sima yherezwa mu mahanga.

Ibyo byose ngo ni imbuto z’umusingi ukomeye wubatswe n’ubuyobozi bw’uruganda, inama y’ubutegetsi n’abakozi batuma byose bigerwaho.

Cimerwa yashinzwe mu 1984, ikaba imaze imyaka myinshiitanga sima yifashishwa mu bwubatsi mu gihugu.

Muri rusange kugeza muri Nzeri 2021 Cimerwa yinjije miliyari 67.3 Frw nk’amafaranga yacurujwe, angana n’izamuka rya 7% ugereranyije n’umwaka ushize.

Inyungu iki kigo cyabonye yatumye n’amafaranga abarwa ku mugabane umwe azamukaho 111% agera ku 5.86 Frw ku mugabane.

Mu mwaka ushize nibwo iki kigo cyemerewe gushyira imigabane ku Isoko ry’imari n’imigabane ry’u Rwanda, kiba icya cumi kigiye kuri iryo soko mu gihugu.

TAGGED:Albert SegeiCIMERWAIsoko ry'Imari n'Imigabane
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article BNR Igiye Gukomorera Ibigo Bishya By’Ubwishingizi Ku Isoko Ry’u Rwanda
Next Article Suède Yahaye u Rwanda Inkingo Miliyoni Imwe za COVID-19
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abaturage 354 Bagiye Guhabwa Amazi Meza

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

You Might Also Like

IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?