Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Inyungu y’Ikawa U Rwanda Rwohereje Mu Mahanga Yazamutseho 32%
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Inyungu y’Ikawa U Rwanda Rwohereje Mu Mahanga Yazamutseho 32%

admin
Last updated: 05 April 2021 1:34 pm
admin
Share
SHARE

Ikigo Gishinzwe Guteza Imbere Ibyoherezwa Mu Mahanga Bikomoka ku Buhinzi n’Ubworozi, NAEB, cyatangaje ko inyungu u Rwanda rwakuye mu ikawa mu cyumweru gishize yazamutseho 32.8%, ugereranyije n’iy’icyumweru cyabanje.

NAEB kuri uyu wa Mbere yavuze ko ikawa yoherejwe mu mahanga yageze ku bilo 366.780 byavuyemo $1,336,935, ni ukuvuga miliyari 1.3 Frw.

Yakomeje iti “Ugereranyije n’icyumweru cyabanje, ingano n’inyungu yabonetse byazamutse 17.8% na 32.8% nk’uko bikurikirana. Ibihugu yoherejwemo cyane birimo u Burusiya, u Bushinwa, u Budage na Canada.”

Mu cyumweru gishize imboga, imbuto n’indabo byoherejwe byo byari ibilo 176,413, byinjije $494,716.

Ugereranyije n’icyumweru cyabanje, ingano y’ibyoherejwe yagabanyutseho 39.9% kuko bwo hoherejwe 293.815 Kg, mu gihe inyungu yabonetse yagabanyutseho 27.1 % kuko hari habonetse $679.126.

Hoherejwe cyane avoka, imbuto, urusenda, imiteja n’indabo, mu bihugu birimo u Buholandi, Repubulika ya Demokarasi ya Congo, u Bwongereza n’u Budage.

Mu cyumweru cyabanje nabwo byari byagabanyutse mu ngano y’ibyoherejwe n’inyungu yavuyemo ho 16.5% na 34.1 % nk’uko bikurikirana, ugereranyije n’icyumweru cyari cyakibanjirije.

Icyayi cyoherejwe mu cyumweru gishize nacyo cyaragabanyutse kigera ku bilo 423,420 byinjije $1.099.797. Ugereranyije n’icyumweru cyanje, inyungu n’ingano y’ibyoherejwe byagabanyutseho 22%.

Byoherejwe cyane mu bihugu bya Pakistan, u Bwongereza na Afghanistan.

TAGGED:featuredIcyayi cy'u RwandaIkawa y'u RwandaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Netanyahu Yagejejwe Mu Rukiko Ashinjwa Gukoresha Nabi Ubutegetsi
Next Article Kigali: Polisi Imaze Gufunga Utubari 70 Mu Byumweru Bitatu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rulindo: Yafatanywe Ayo Kwishyura Abacukura Amabuye Mu Buryo Butemewe

Kirehe: Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Inshuti Ya Trump Yishwe 

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Ebola Yagarutse Muri DRC

Ab’i Musanze Bibukijwe Akamaro Ingagi Zibafitiye

Rwanda: Ibiciro By’Ibikomoka Kuri Petelori Byazamutse

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzima

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?