Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Inzozi za AS Kigali Zo Kujya Mu Mikino Nyafurika Zarangiye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Inzozi za AS Kigali Zo Kujya Mu Mikino Nyafurika Zarangiye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 October 2022 10:23 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

AS Kigali yari ihagarariye u Rwanda mu mikino nyafurika ya CAF Confederations Cup yasezerewe muri iri rushanwa , nyuma yo gutsindwa igitego kimwe ku busa.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa 16 Ukwakira, 2022 nibwo kuri Stade ya Benina i Benghazi habereye umukino wo kwishyura mu ijonjora rya kabiri ry’imikino ya CAF Confederations Cup 2022-23, aho Al Nasr yari ku kibuga cyayo yakiriye AS Kigali.

Ni umukino wari utegerejweho gukiranura amakipe yombi hakaboneka ijya mu ijonjora rya nyuma ribanziriza imikino y’amatsinda.

Mu mukino ubanza wahuje aya makipe wabereye i Huye kuwa 9 Ukwakira 2022 byarangiye ari ubusa k’ubusa.

Mu mukino waraye urangiye,  igice cya mbere cy’umukino cyagaragayemo  gusatira cyane ku ruhande rwa AS Kiagali.

Stade umukino wabereyemo yari yuzuye abafaana.

Al Nasr yihagaze ho  iminota 45 y’igice cya mbere irangira nta gitego itsinzwe.

Iminota  68 yari ihagije kugira nggo Al Nasr  yandike amateka kuko k’umunota wa 69 yabonye  igitego rukumbi cyatsinzwe na Abdelsalam Alaquob nyuma ya ’contre-attaque’ ikomeye ye na bagenzi be.

Uyu mukinnyi yarushije umuvuduko ba myugariro ba AS Kigali ndetse atsinda  umunyezamu wabo Ntwari Fiacre.

AS Kigali yakoresheje imbaraga zishoboka ndetse inagerageza uburyo bwinshi ngo yishyure ariko byose biba iby’ubusa.

Niyo kipe yari iya nyuma mu zari zihagarariye u Rwanda, kuko APR FC yaserutse muri CAF Champions League yasezerewe rugikubita mu ijonjora rya mbere yahuriyemo na US Monastir yo muri Tunisia.

TAGGED:ASIrushanwaKigaliUmupira
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abarusiya Bararasa Ukraine Bakoresheje ‘Drones’ Zitwa ‘KAMIKAZE’
Next Article Kurandura Ubukene Mu Bantu Ni Imvugo Y’Urwiyerurutso
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Ushaka Kuyobora FERWAFA Afitiye Abasifuzi Gahunda Yo Kubahemba

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imikino

Ibanga Kepler Yakoresheje Ngo Ihagarare Neza Muri Basket Y’Abagore

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?