Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Inzu Ya Minisitiri W’Intebe Wa Libya Yahawe Inkongi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Inzu Ya Minisitiri W’Intebe Wa Libya Yahawe Inkongi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 August 2023 9:46 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abantu batishimiye ko Libya iri kuganira na Israel bazindutse baha inkongi inzu ya Minisitiri w’Intebe wa Guverinoma y’ubumwe bw’abanya Libya witwa Abdulhamid Dbeibeh.

N’ubwo batwitse iya Minisitiri w’Intebe, siwe mu by’ukuri byagombye kubaho kubera ko abayitwitse bavugaga ko bamuziza ko umwe mu bagize Guverinoma ye ari we Minisitiri w’ububanyi n’amahanga witwa Najla Mangoush aherutse kuganira na mugenzi we wo muri Israel.

Uyu ngo aherutse kuganira na mugenzi we ushinzwe ububanyi n’amahanga wa Israel witwa Eli Cohen none byarakaje bamwe mu baturage ba Libya.

Bikimara kumenyekana ko Mangoush yahuye na Eli Cohen, Minisitiri w’Intebe yahise amuhagarika mu nshingano.

Ku baturage, ngo ibi ntibyari bihagije.

Abdulhamid Dbeibeh

Bivugwa ko bariya bagabo baherutse guhurira mu Butaliyani, kandi uyu muhuro wateguwe na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’Ubutaliyani witwa Antonio Tajani.

Minisitiri Cohen avuga ko mu kiganiro yagiranye na mugenzi we wo muri Libya baganiriye uko amasinagogi yo muri Libya yakongera gusanwa kugira ngo umurage w’Abayahudi bo muri Libya utazasibangana.

Icyakora nta masezerano y’ubufatanye ashingiye ku bubanyi n’amahanga yigeze abaho hagati ya  Israel na Libya mu mateka yose y’ibihugu byombi!

Nk’uko bimeze mu bihugu byinshi byo muri Afurika y’Amajyaruguru, Libya ifite ahantu henshi hagaragaza umuco wa Kiyahudi.

Ku rundi ruhande ariko, ku ngoma ya Muammar Qaddafi hari Abayahudi 38,000 yirukanye ku butaka bwa Libya, bataha nta kintu bajyanye, amasinagogi babagamo asigara ari amatongo andi arasenywa burundu.

Qaddafi ntiyacanaga uwaka na Israel kuko yayishinjaga guhohotera Abanya Palestine.

Aho yiciwe mu mwaka wa 2011, igihugu cye cyahindutse amatongo kubera intambara n’ubu itararangira mu buryo bwuzuye.

TAGGED:AbaturageAbayahudiAmasinagogifeaturedLibyaMinisitiri
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Karongi: Yavuye Mu Bukwe Ariyahura
Next Article Gicumbi- Gakenke: Abaturage Barashinja Abayobozi Kubaka Ruswa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Grammy Awards: Kendrik Lamar Yahize Abandi Baraperi Mu Bihembo Byinshi Abitse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abantu Babiri Bananirwa Bate Kubana?-Kagame Abaza Abashakanye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

‘Gusaranganya Shisha Kibondo’ Ni Ruswa Nini Mu Rwego Rw’Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?