Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Inzu Ya Minisitiri W’Intebe Wa Libya Yahawe Inkongi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Inzu Ya Minisitiri W’Intebe Wa Libya Yahawe Inkongi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 August 2023 9:46 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abantu batishimiye ko Libya iri kuganira na Israel bazindutse baha inkongi inzu ya Minisitiri w’Intebe wa Guverinoma y’ubumwe bw’abanya Libya witwa Abdulhamid Dbeibeh.

N’ubwo batwitse iya Minisitiri w’Intebe, siwe mu by’ukuri byagombye kubaho kubera ko abayitwitse bavugaga ko bamuziza ko umwe mu bagize Guverinoma ye ari we Minisitiri w’ububanyi n’amahanga witwa Najla Mangoush aherutse kuganira na mugenzi we wo muri Israel.

Uyu ngo aherutse kuganira na mugenzi we ushinzwe ububanyi n’amahanga wa Israel witwa Eli Cohen none byarakaje bamwe mu baturage ba Libya.

Bikimara kumenyekana ko Mangoush yahuye na Eli Cohen, Minisitiri w’Intebe yahise amuhagarika mu nshingano.

Ku baturage, ngo ibi ntibyari bihagije.

Abdulhamid Dbeibeh

Bivugwa ko bariya bagabo baherutse guhurira mu Butaliyani, kandi uyu muhuro wateguwe na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’Ubutaliyani witwa Antonio Tajani.

Minisitiri Cohen avuga ko mu kiganiro yagiranye na mugenzi we wo muri Libya baganiriye uko amasinagogi yo muri Libya yakongera gusanwa kugira ngo umurage w’Abayahudi bo muri Libya utazasibangana.

Icyakora nta masezerano y’ubufatanye ashingiye ku bubanyi n’amahanga yigeze abaho hagati ya  Israel na Libya mu mateka yose y’ibihugu byombi!

Nk’uko bimeze mu bihugu byinshi byo muri Afurika y’Amajyaruguru, Libya ifite ahantu henshi hagaragaza umuco wa Kiyahudi.

Ku rundi ruhande ariko, ku ngoma ya Muammar Qaddafi hari Abayahudi 38,000 yirukanye ku butaka bwa Libya, bataha nta kintu bajyanye, amasinagogi babagamo asigara ari amatongo andi arasenywa burundu.

Qaddafi ntiyacanaga uwaka na Israel kuko yayishinjaga guhohotera Abanya Palestine.

Aho yiciwe mu mwaka wa 2011, igihugu cye cyahindutse amatongo kubera intambara n’ubu itararangira mu buryo bwuzuye.

TAGGED:AbaturageAbayahudiAmasinagogifeaturedLibyaMinisitiri
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Karongi: Yavuye Mu Bukwe Ariyahura
Next Article Gicumbi- Gakenke: Abaturage Barashinja Abayobozi Kubaka Ruswa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?