Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Iperereza Ryanzuye Ko AstraZeneca Ntaho Ihuriye No Kwipfundika Kw’Amaraso
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubuzima

Iperereza Ryanzuye Ko AstraZeneca Ntaho Ihuriye No Kwipfundika Kw’Amaraso

admin
Last updated: 19 March 2021 1:21 pm
admin
Share
SHARE

Iperereza ryakorwaga ku rukingo rwa COVID-19 rwa AstraZeneca ryanzuye ko ibyiza byarwo biruta ingaruka zishobora kurukomokaho, ku buryo rukwiye gukomeza guhabwa abaturage kuko rwizewe.

Ibihugu 13 by’i Burayi byari byasubitse gukoresha uru rukingo rwa AstraZeneca nyuma y’ibibazo by’abantu bapfuye bamaze kuruhabwa, isuzuma rikerekana ko bagize ibibazo byo kuvura kw’amaraso yagiye yipfundika mu mitsi.

Muri raporo yasohotse kuri uyu wa Kane, akanama gashinzwe ubugenzuzi (Pharmacovigilance Risk Assessment Committee, PRAC) mu Kigo cy’u Burayi gishinzwe iby’imiti (EMA), kanzuye ko akamaro k’urwo rukingo mu kurwanya COVID-19, karuta cyane utubazo dushobora gushingira ku rukingo ubwarwo.

Yakomeje iti “Urukingo ntaho ruhuriye n’ukwiyongera kw’ibyago byo kwipfundika kw’amaraso mu baruhawe, ndetse nta n’ikibazo gifitanye isano n’ibyiciro runaka by’inkingo cyangwa aho zaba zarakorewe.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ubwo inkubiri yo guhagarika urukingo rwa AstraZeneca yatangiraga, ku ikubitiro ikibazo cyari cyaketswe ku cyiciro cy’inkingo cyahawe nimero ABV5300, cyari kigizwe n’inkingo miliyoni imwe zagabanyijwe ibihugu 17 mu Burayi.

Abahanga basesenguye inshuro nke cyane habayeho ibibazo byo kuvura kw’amaraso igihe ava mu bwonko (clots in the vessels draining blood from the brain, CVST) cyangwa igihe agenda mu mitsi (disseminated intravascular coagulation, DIC).

Basanze bishobora kuba gake cyane kuko mu bantu bagera muri miliyoni 20 bari bamaze guterwa urukingo rwa AstraZeneca mu bihugu bigize Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi kugeza ku wa 16 Werurwe, hagaragaye ibibazo 7 bya DIC na 18 bya CVST.

Raporo ikomeza iti “Igituma ibyo bintu bibaho gishingiye ku rukingo ntabwo cyahise kigaragara, ariko bishobora kubaho kandi bikeneye isesengura ryisumbuyeho.”

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima, WHO, riheruka kuvuga ko ibyo bibazo biterwa n’impamvu nyinshi, ku buryo biza ku mwanya wa gatatu ku isi mu ndwara z’umutima zifata abantu benshi.

- Advertisement -

Mu isesengura, PRAC yifashishije impuguke mu bibazo by’amaraso inakorana n’ibigo by’ubuzima birimo MHRA yo mu Bwongereza, ikigo kimaze gutanga urukingo rwa AstraZeneca ku bantu miliyoni 11.

Raporo yanzuye ko ibibazo byo kuvura kw’amaraso byagaragaye mu bahawe inkingo byari hasi y’ibikwiye kuba bigaragara mu baturage muri rusange.

Yakomeje iti “Ibyo bituma PRAC yemeza ko nta kwiyongera kw’ibyago byo kuvura kw’amaraso kwabayeho.”

Impuguke ngo zarebye mu buryo bwimbitse ku bibazo byo kuvura kw’amaraso byabayeho byahitanye abantu icyenda. Byinshi ngo byabaye ku bafite munsi y’imyaka 55, benshi muri bo ni abagore.

Raporo ikomeza iti “Kubera ko ibyo bibazo ari bike cyane kandi COVID-19 ubwayo kenshi itera ukwipfundika kw’amaraso mu barwayi, biragoye kugereranya igipimo cy’ibyo bibazo mu bantu batahawe urukingo.”

Hanzuwe ko uburyo urukingo rurinda abantu kuremba cyangwa kwicwa na COVID-19 biruta cyane ibyago bito bishobora kubaho byo kuvura kw’amaraso.

Gusa EMA yatangaje ko amakuru atangwa kuri uru rukingo agiye kuvugururwa, ku buryo ibyo byago bito bishobora kuba abantu bazajya babimenyeshwa.

Nyuma y’iki cyemezo, ibihugu byinshi byari byasubitse gutanga uru rukingo byahise bibisubukura. Birimo u Budage, u Bufaransa, u Butaliyani na Espagne.

Hakomeje igenzura ryimbitse ku bibazo byo kuvura kw’amaraso n’ubushakashatsi kugira ngo hagaragazwe amakuru ashingiye ku bipimo byo muri ya laboratwari yasobanura impamvu zabyo, hanasesengurwe n’ibipimo bireba isi yose.

TAGGED:AstraZenecafeaturedWHO
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umugabo Afunzwe Ashinjwa Gukorera Iyicarubozo Umwana We w’Imyaka Itatu
Next Article Kagame Yaburiye Abayobozi Bashyira Imbere Inyungu N’Imyumvire Yabo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?