Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Iran Irashinjwa Gufasha Hamas Gutegura Igitero Yagabye Kuri Israel
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Iran Irashinjwa Gufasha Hamas Gutegura Igitero Yagabye Kuri Israel

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 October 2023 1:25 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Umurwanyi wa Hamas yafashe umusirikare wa Israel
SHARE

Abasirikare bakuru muri Hezbollah batangaje ko abayobozi bakuru mu ngabo za Iran n’abategetsi basanzwe b’iki gihugu bari mu b’ingenzi bafashije Hamas gutegura ibitero iherutse kugaba kuri Israel.

Ku wa Gatandatu taliki 07, Ukwakira, 2023 nibwo abarwanyi ba Hamas binjiye ku ngufu muri Israel batangira barasa ibisasu bya roquettes byica benshi abandi bafatwa bunyago.

Byahise biba ngombwa ko ingabo za Israel zambarira urugamba, ubu intambara ikaba ikomeje mu Majyepfo ya Israel ihanganyeyo na Hamas no mu Mujyaruguru yayo aho ihanganye na Hezbollah.

N’ubwo bivugwa ko Iran yafashije Hamas gutegura kiriya gitero, ku rundi ruhande, Amerika ivuga ko nta bimenyetso simusiga irabona byerekana ko ‘koko’ Iran iri inyuma yabyo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ku rundi ruhande,  abayobozi ba Hamas bo bavuga ko biriya bitero ari bo babyiteguriye, ko nta wundi wabibagiriyemo inama.

Andi makuru avuga ko biriya bitero byatangiye gutegurwa muri Kanama, 2023, abarwanyi ba Hamas n’aba Hezbollah bagahura bakabipanga.

Bakoraga inama kabiri mu kwezi, bakayikorana n’abasirikare bakuru bo mu Mutwe udasanzwe urinda abayobozi bakuru ba Iran.

Abayobozi bavugwa ko bitabiraga ziriya nama ni Ismail Qaani uyobora IRGC, umuyobozi wa  Hezbollah witwa Hassan Nasrallah, umuyobozi w’umutwe w’abarwanyi Islamic Jihad witwa  Ziyad al-Nakhalah, na Saleh al-Arouri uyobora ishami rya gisikare rya Hamas.

Binavugwa kandi ko hari inshuro nyinshi Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Iran witwa Hossein Amir-Abdollahian yitabiriye izi nama.

- Advertisement -

Nyuma y’ibitero bya Hamas kuri Israel, Minisitiri w’Intebe w’iki gihugu yarahiriye guhindura umuyonga igice cyose cya Gaza gitegekwa na Hamas.

Lieutenant Colonel Jonathan Conricus uvugira ingabo za Israel yavuze ko iyo urebye uko abarwanyi ba Hamas binjiye muri Israel bihuta, bafite imbunda zikomeye n’ibyishimo bari bafite ubwo bicaga abaturage b’iki gihugu, ubona ko nta kabuza bari barabiteguwemo na Iran.

Ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru, taliki 08, Ukwakira, 2023 nibwo mu buryo bweruye, Guverinoma ya Israel yatangaje ko iki gihugu cyinjiye mu ntambara.

Hagati aho Israel yiyemeje ko igiye gusenya Gaza yose

Mu gihe kitageze ku minsi itatu, abantu barenga 1000 bamaze kugwa mu mirwano ku mpande zombi, ubateranyije.

Abenshi mu bapfuye ni abo muri Israel kuko babarirwa muri 700, mu gihe abo ku ruhande rwa Gaza barenga 300.

Icyakora birashoboka ko hari abandi bari bubarurwe ko bishwe na biriya bitero kubera ko imirimo yo gushakisha imibiri igikomeje.

TAGGED:AbarwanyiHamasImirwanoIsrael
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Musanze: Umuyobozi Bamusanganye Kanyanga Arabacika
Next Article Jeannette Kagame Yasuye Uburundi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?