Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Iran Yahagaritse Imikoranire N’Ikigo Mpuzamahanga Cy’Ingufu Nikileyeri
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Iran Yahagaritse Imikoranire N’Ikigo Mpuzamahanga Cy’Ingufu Nikileyeri

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 July 2025 10:43 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Iran yitandukanyije n'iki kigo.
SHARE

Perezida wa Iran Masoud Pezeshkian yatangaje ko igihugu cye gihagaritse imikoranire n’Ikigo mpuzamahanga cy’ingufu nikileyeri gifite icyicaro i Vienne muri Autriche.

Byatangarijwe mu itangazo mu Cyongereza bise ‘Suspension of the Islamic Republic’s Cooperation with the International Atomic Energy Agency with a Two-Urgency Requirement,’ rikaba rikomoka ku byari bimaze iminsi biganirirwa mu Nteko ishinga amategeko y’iki gihugu.

Rivuga ko iki cyemezo gifashwe nyuma y’ibitero Israel ifatanyije na Amerika iherutse kugaba muri Iran bigasenya ibigo iki gihugu kivuga ko byashyiriweho gutunganya ubutare bwa Iranium bwo gukoresha mu bikorwa ‘by’amahoro’.

Iyo ngingo ariko Yeruzalemu na Washington ntibiyemera  ahubwo bavuga ko Teheran igambiriye gukora ibisasu bya kirimbuzi byo kuzasiba Israel ku ikarita y’isi.

Itangazo rya Iran rigira riti: “ Dushingiye ku bitero biherutse kuvogera ubusugire bw’igihugu cyacu bikozwe na Amerika ifatanyije na Israel, bakabikorwa barenze ku ngingo ya 60 niya 80 z’Amasezerano y’i Vienna agenga ubusugire bwa buri gihugu, kandi iki kigo ntikibyamagane, twanzuye kuva mu banyamuryango. Ni icyemezo dufashe kuzageza igihe ikigo International Atomic Energy Agency kizahindura imyitwarire kuri iki kibazo kikadufasha kurinda ibigo byacu bitunganya buriya butare n’abahanga bacu babikora”.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Iran witwa Esmaeil Baghaei kuri uyu wa Mbere yatangaje ko igihugu cye kitakomeza gukorana n’ikigo kidashobora kuyifasha kurinda ibikorwaremezo byayo.

Kuri X yanditse ko ibyo ari icyemezo kizakomeza kugeza ubwo ibyo Iran ishaka bizaba byamaze gukorwa.

Ikindi ni uko Iran yavuze ko itazemera ko hari abagenzuzi ba kiriya kigo bajya gusura aho ibisasu biherutse kugwa ngo bisenye ziriya nganda zitunganya Iranium.

Perezida wa Iran Masoud Pezeshkian.

Hagiye gushira ibyumweru bitatu Iran irashweho ibisasu by’urwunge na Israel na Amerika yabyinjiyemo nyuma ije gusenya uruganda rwa Fordow.

Nyuma hakurikiyeho icyo Amerika yise ‘isubukura’ ry’ibiganiro ku bisasu bikorwa na Iran, bigakorwa hagati ya Teheran na Washington, icyakora Iran yo ntibishira amakenga.

Ivuga ko bishobora kuba ubundi buryo bwo kurangaza Iran kugira ngo Israel yongere iyiraseho ibe yahitana abo itahitanye mbere barimo na Ayatollah.

TAGGED:AmasezeranoAmerikafeaturedIkigoIranIsraelKirimbuzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umunyamerika Ukinira APR BBC Yabaye Umunyarwanda
Next Article Kuki Guverinoma Itangaza Ibiciro Bya Petelori Buri Mezi Abiri?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ubwongereza: Abantu Biciwe Mu Rusengero Rw’Abayahudi

Tombola Inzozi Lotto Yahagaritswe Gukorera Mu Rwanda

Hafi Kimwe Cya Kabiri Cy’Ibyo u Rwanda Rwohereza Mu Muhanga Gikomoka Ku Buhinzi- PM Nsengiyumva

Amerika Ntishaka Umusirikare Wayo Ubyibushye

Nyuma Y’Imyaka Babana, Sonia Rolland Yakoze Ubukwe Ashagawe N’Abakobwa Be

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ambasaderi Nyamvumba Yahaye Rayon Sports Umukoro

Kagame Yabwiye Abateguye UCI Ko Bahawe Ikaze Mu Rwanda Igihe Cyose Bazashakira

Abangavu B’Abanyarwakazi Batsinzwe Bahabwa Amadolari

Amasezerano Y’u Rwanda N’Ibirwa Bya Trinidad And Tobago Mu Bwikorezi

Rwanda: Umunya Slovenia Atwaye Isiganwa Ry’Isi Mu Bagabo Batwara Igare

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Drone Y’Ingabo Za DRC Yagabye Igitero Ku Birindiro Bya AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu Rwanda

U Rwanda Rugiye Gushinga Ikigo Gitoza Gukumira Ibitero By’Ikoranabuhanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu mahangaUbumenyi N'Ubuhanga

Umuhanga Wabwiye Isi Imibereho Y’Impundu Jane Goodall Yapfuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUbukungu

Hatangijwe Ihuriro Ry’Abashoramari Bo Mu Bwongereza Bakorera Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?