Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Iran Yarahiye Kuzahorera Hamas Ku Muyobozi Wayo Israel Yivuganye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Iran Yarahiye Kuzahorera Hamas Ku Muyobozi Wayo Israel Yivuganye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 31 July 2024 3:11 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubutegetsi bw’i Teheran muri Iran bwatangaje ko buzahorera Ismael Haniyeh wari umuyobozi mukuru wa Hamas waraye yishwe na Israel imurashe missile.

Yamwishe aryamye aguye agacuho kuko yari yiriwe mu munsi wo kurahira kwa Perezida mushya wa Iran witwa Masoud.

Haniyeh wari ufite imyaka 62 yatangiye kuyobora Hamas mu mwaka wa 2017 akaba yabaga muri Qatar aho yavuye ajya muri Iran muri uriya muhango.

Israel yari imaze iminsi imuhiga bukware imushinja kuba ari we wateguye igitero cyahitanye abaturage bayo 1200 bishwe mu Ukwakira, 2023 abandi barenga 200 ikabajyana bunyago.

Iran ivuga ko bitinde bitebuke izahorera Hamas ku rupfu rw’umuyobozi wayo warashwe na Israel.

Israel kandi imaze igihe gito yivuganye undi muyobozi wa Hezbollah wari umaze iminsi ayihisha hirya no hino muri Lebanon.

Umubano wa Israel na Iran wahoze ari mwiza kugeza mu mwaka wa 1979 ubwo muri Iran hajyagaho ubutegetsi bwafataga Israel nk’umwanzi.

Kuva icyo gihe kugeza ubu Teheran na Yeruzalemu ntibaracana uwaka.

Ahamad Nejad wigeze kuyobora Iran we yanarahiye ko bishobotse igihugu cye cyazahanagura Israel ku ikarita y’isi.

Ibi bisa n’ibidashoboka kuko Israel nayo atari agafu k’imvugwarimwe.

Ayatollah Ali Khamenei uyobora Iran nk’Umuyobozi wayo w’ikirenga yigeze kuvuga ko Israel ari kanseri iri mu isi, ko ibyiza ari uko yakurwaho kugira ngo itangiza abandi.

Israel nayo ivuga ko Iran ari ikibazo ku buzima bwayo kuko yashinze umutwe wa gisirikare uyirwanyiriza muri Lebanon w’Abasilamu b’Aba Shiite witwa Hezbollah.

Umwuka w’intambara weruye hagati ya Israel na Iran ndetse na Turikiya iri mu biteye abantu impungenge mu isi y’ubu.

TAGGED:featuredHamasigisasuIntambaraIranIsrael
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abanyarwanda Borora Ingurube Bagiye Kwigira Ku Banyaburayi
Next Article Abanyarwanda Batumiwe Kuzaza Kwakira Indahiro Ya Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?