Umwuka mubi hagati ya Amerika na Iran watumye i Washington batangaza ko bagiye gucyura abakozi babo bakorera muri Ambasade ya Amarika muri Iraq mu rwego rwo kwirinda ingaruka zazabageraho bitewe n’iki kibazo.
Uwo mwuka mubi ushingiye ahanini ku biganiro bimaze iminsi biba hagati y’abadipolomate ba Washington n’aba Teheran bigamije gusana Iran guhagarika gutunganya ubutare bukoresha mu gukora ibisasu bya kirimbuzi ariko yo ntibyumve neza.
Iran ivuga ko ifite uburenganzira bwo gutunganya ubwo butare burimo ubwa Iranium, ikinyabutabire gikoreshwa mu gukora intwaro za kirimbuzi.
Ukumvikana kuri iyi ngingo kwateye bamwe gutekereza ko bizakurikirwa n’igitero kuri Iran gishobora gukorwa na Amerika cyangwa inshuti yayo Israel.
Iby’uko Israel ishobora gutera Iran byo biranashoboka cyane ushingiye ku biherutse gutangazwa na CBS, ikinyamakuru cyo muri Amerika kiri mu byizerwa.
Abakozi ba Ambasade ya Amerika bakorera i Bagdad muri Iraq babwiwe ko abadafite imirimo ikomeye cyane bakwiye gutangira kwitegura gutaha.
Amerika ifite impungenge ko intambara ya Iran na Israel iramutse irose, ingabo za Iran zarasa muri Iraq kuri Ambasade ya Amerika mu rwego rwo kuyihimuraho kuko isanzwe ari inshuti ya Israel kandi ikaba ari yo yigeze kwica General Qasem Soleimani wayoboraga ingabo zidasanzwe za Iran.
Yishwe muri 2019 arashwe igisasu cya missile ubwo yari ageze ku kibuga cy’indege cya Iran.
Icyo gihe nabwo Amerika yayooborwaga na Donald Trump wari muri Manda ye ya mbere yatangiye mu mwaka wa 2017.
Mu gihe hari uwo mwuka w’intambara, ku rundi ruhande ibiganiro hagati ya Washington na Teheran ku byerekeye ikibazo cy’intwaro za kirimbuzi birakomeje ndetse kuri iki Cyumweru hari indi nama izabiganirwamo.
Intumwa ya Trump mu Burasirazuba bwo Hagati Steve Witkoff azaganira na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Iran witwa Abbas Araghchi mu nama izabahuriza i Muscat, umurwa mukuru wa Oman.
Amerika, ku rundi ruhande, ivuga ko kugabanya abakozi bayo biri mu gahunda igomba gukorerwa muri za Ambasade zayo zose ku isi.
Trump nawe aherutse kubwira abanyamakuru ko Amerika yagiriye inama abaturage bayo bose bo mu Burasirazuba bwo Hagati gutangira kureba uko bahava kuko ‘ari ahantu hateje akaga’.
Yarongeyeho ati: “ Iby’aho tuzaba tubireba”.
Perezida wa Amerika avuga ko igihugu cye kitazemera na rimwe ko Iran itunga igisasu cya kirimbuzi.
Yaboneyeho gutangaza ko mu minsi ishize yagiranye ikiganiro k’iminota 40 na Benyamini Netanyahu, Minisitiri w’Intebe wa Israel uri mu bantu bashaka ko Iran iraswa.
Iran iti: ‘Nimuturasa tuzitabara’
Minisitiri w’ingabo wa Iran witwa Aziz Nasirzadeh avuga ko uzahirahira akarasa igihugu cye azaba akojeje agate mu ntozi kuko kizamwivuna.
Iran ivuga ko ubutare bwa Iranium itunganya butagamije ibya gisirikare ahubwo ari uburyo bwo kuzamura urwego rwayo rw’ingufu zikoreshwa mu nganda.
Muri Iraq hari abasirikare 2,500 ba Amerika.