Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Iron Dome: Uburyo Israel Irimo Kwifashisha Mu Gusandaza Ibisasu Bya Hamas
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Iron Dome: Uburyo Israel Irimo Kwifashisha Mu Gusandaza Ibisasu Bya Hamas

admin
Last updated: 18 May 2021 9:22 am
admin
Share
SHARE

Kuva mu minsi mike ishize, ibisasu birimo gucicikana mu kirere cya Israel na Palestine, ariko ku ruhande rwa Israel, bike cyane nibyo bishobora kugera ku butaka.

Ibyo ni ukubera imbaraga za gisirikare Israel yubatse bujyanye no kwirinda ibitero byo mu kirere, by’umwihariko ibisasu birasirwa hafi. Ni ubwirinzi bwiswe Iron Dome.

Ni umushinga Israel yubatse guhera mu mwaka wa 2007, utangira gukoreshwa muri Mata 2011. Watangiye nyuma y’intambara yari ihanganishije ingabo za Israel na Hezbollah yo muri Liban, yayirasheho ibisasu byinshi cyane.

Ni uburyo bugizwe n’ibice bitatu: Igice cya mbere kigizwe n’indebakure cyangwa radar, ifasha mu gutahura ko hari igisasu kije kigana ku butaka bwa Israel.

Igice cya kabiri kigizwe n’uburyo busesengura ayo makuru nk’umuvuduko icyo gisasu kigenderaho, aho gishobora kugwa n’ingufu gifite. Igice cya gatatu gifite inshingano zo kohereza ikindi gisasu, kigashwanyuriza cya kindi mu kirere.

Ubu buryo bwa Israel ni bumwe mu bigezweho cyane Isi ifite muri iki gihe, ndetse bwakwirakwijwe mu bice botandukanye by’igihugu ku buryo bushobora kuzibira ibisasu byinshi byaraswa kuri Israel.

Ubu buryo ariko ntibwagenewe ibisasu bya rutura bizwi nka ‘ballistic missiles’ bishobora gukora intera ndende cyane kandi bikaba bifite uburemere bubarirwa mu matoni.

Mu mashusho yagaragaye y’uburyo Iron Dome irimo kwifashishwa mu gusandaza ibisasu bya Hamas bituruka muri Gaza, yerekana imirimo myinshi mu kirere, ku buryo utumvishe amajwi wagira ngo ni bya bishashi by’umuriro biraswa mu gihe cyo ‘kurasa umwaka’.

Abanya-Palestine barimo kugerageza kuyobya Iron Dome bifashishije uburyo bwo kohereza ibisasu byinshi, ku buryo nubwo ibisandaza, hatabura bikeya bigera ku butaka bigaturitsa aho byoherejwe.

Ingabo za Israel kuri uyu wa Mbere zatangaje ko zimaze kuraswaho ibisasu 3150 guhera ku wa 10 Gicurasi. Muri ibyo, Iron Dome yasandaje 90%, ibyageze ku butaka bihitana Abanya-Israel 10.

Ingabo za Israel zivuga ko zimaze kwica abahanganye nazo barenga 130.

Minisiteri y’Ingabo ya Israel ivuga ko kuva mu 2011 Iron Dome imaze gusandaza ibisasu bisaga 2400.

Zimwe mu ngaruka z’intambara ya Israel na Palestine

 

TAGGED:featuredHamasIron DomeIsraelPalestine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ikiganiro Cyose Perezida Kagame Yahaye France 24
Next Article Tanzania Yisubiyeho, Igiye Gukoresha Inkingo Za COVID-19
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?