Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Iron Dome: Uburyo Israel Irimo Kwifashisha Mu Gusandaza Ibisasu Bya Hamas
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Iron Dome: Uburyo Israel Irimo Kwifashisha Mu Gusandaza Ibisasu Bya Hamas

admin
Last updated: 18 May 2021 9:22 am
admin
Share
SHARE

Kuva mu minsi mike ishize, ibisasu birimo gucicikana mu kirere cya Israel na Palestine, ariko ku ruhande rwa Israel, bike cyane nibyo bishobora kugera ku butaka.

Ibyo ni ukubera imbaraga za gisirikare Israel yubatse bujyanye no kwirinda ibitero byo mu kirere, by’umwihariko ibisasu birasirwa hafi. Ni ubwirinzi bwiswe Iron Dome.

Ni umushinga Israel yubatse guhera mu mwaka wa 2007, utangira gukoreshwa muri Mata 2011. Watangiye nyuma y’intambara yari ihanganishije ingabo za Israel na Hezbollah yo muri Liban, yayirasheho ibisasu byinshi cyane.

Ni uburyo bugizwe n’ibice bitatu: Igice cya mbere kigizwe n’indebakure cyangwa radar, ifasha mu gutahura ko hari igisasu kije kigana ku butaka bwa Israel.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Igice cya kabiri kigizwe n’uburyo busesengura ayo makuru nk’umuvuduko icyo gisasu kigenderaho, aho gishobora kugwa n’ingufu gifite. Igice cya gatatu gifite inshingano zo kohereza ikindi gisasu, kigashwanyuriza cya kindi mu kirere.

Ubu buryo bwa Israel ni bumwe mu bigezweho cyane Isi ifite muri iki gihe, ndetse bwakwirakwijwe mu bice botandukanye by’igihugu ku buryo bushobora kuzibira ibisasu byinshi byaraswa kuri Israel.

Ubu buryo ariko ntibwagenewe ibisasu bya rutura bizwi nka ‘ballistic missiles’ bishobora gukora intera ndende cyane kandi bikaba bifite uburemere bubarirwa mu matoni.

Mu mashusho yagaragaye y’uburyo Iron Dome irimo kwifashishwa mu gusandaza ibisasu bya Hamas bituruka muri Gaza, yerekana imirimo myinshi mu kirere, ku buryo utumvishe amajwi wagira ngo ni bya bishashi by’umuriro biraswa mu gihe cyo ‘kurasa umwaka’.

Abanya-Palestine barimo kugerageza kuyobya Iron Dome bifashishije uburyo bwo kohereza ibisasu byinshi, ku buryo nubwo ibisandaza, hatabura bikeya bigera ku butaka bigaturitsa aho byoherejwe.

- Advertisement -

Ingabo za Israel kuri uyu wa Mbere zatangaje ko zimaze kuraswaho ibisasu 3150 guhera ku wa 10 Gicurasi. Muri ibyo, Iron Dome yasandaje 90%, ibyageze ku butaka bihitana Abanya-Israel 10.

Ingabo za Israel zivuga ko zimaze kwica abahanganye nazo barenga 130.

Minisiteri y’Ingabo ya Israel ivuga ko kuva mu 2011 Iron Dome imaze gusandaza ibisasu bisaga 2400.

Zimwe mu ngaruka z’intambara ya Israel na Palestine

 

TAGGED:featuredHamasIron DomeIsraelPalestine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ikiganiro Cyose Perezida Kagame Yahaye France 24
Next Article Tanzania Yisubiyeho, Igiye Gukoresha Inkingo Za COVID-19
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?