Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Irondaruhu Ryavuzwe na Meghan Markle n’Igikomangoma Harry Ryazamuye Urwikekwe Ibwami
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Irondaruhu Ryavuzwe na Meghan Markle n’Igikomangoma Harry Ryazamuye Urwikekwe Ibwami

admin
Last updated: 10 March 2021 9:45 am
admin
Share
SHARE

Ingoro y’Ubwami bw’u Bwongereza Buckingham Palace yavuze ko amagambo aheruka gutangazwa n’Igikomangoma Harry n’umugore we Meghan Markle bashinja ivanguraruhu abantu bakomeye b’i bwami yabahangayikishije, ndetse ko ari ikibazo kigomba gukemurirwa imbere mu muryango.

Ku kiganiro Markle w’imyaka 39 ukomoka ku Birabura, n’umugabo we Harry bagiranye na Oprah Winfrey ku Cyumweru bahishuye ibintu byinshi birimo bibiri bikomeye.

Birimo ko umwana wabo i bwami bakomeje kwibaza ku buryo uruhu rwe ruzaba rwirabura na mbere y’uko avuka kugeza n’ubwo bamwimye izina rya cyami nk’igikomangoma, ndetse ko Meghan yimwe ubufasha ubwo yari aremerewe n’ibibazo kugeza ubwo yari atangiye gutekereza kwiyahura.

Ni amagambo yatumye Buckingham Palace isohora itangazo ry’interuro enye, igaragaza ko ibintu byatangajwe bikomeye.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Rigira riti “Umuryango wose wababajwe no kumva uburyo imyaka mike ishize yagoye cyane Harry na Meghan. Ibibazo bagaragaje by’umwihariko ikijyanye n’ibara ry’uruhu, biteye inkeke. N’ubwo ibyibukwa bishobora kuba bitandukanye, byafashwe nk’ibintu bikomeye cyane kandi bigomba gukemurirwa imbere mu muryango.”

I Bwami igikuba cyacitse

“Harry, Meghan na Archie bazakomeza kuba abanyamuryango dukunda.”

Ibibazo by’irondaruhu ku muryango wa Harry na Meghan si bishya, kuko uwo mugabo yakomeje kuvuga ko urukundo rwabo rwaharabitswe kenshi mu bitangazamakuru byo mu Bwongereza guhera igihe batangiriye gukundana.

Mu kiganiro na CBS, Harry yabajijwe na Oprah uwaba yarakoresheje amagambo y’ivanguraruhu ku mwana wabo, ariko yanga kumutangaza.

Gusa mu mvugo ze yaje kumwikanisha ko atari Umwamikazi Elisabeth cyangwa Prince Philip uzamusimbura bavuze ayo magambo, ku buryo hakomeje kwibazwa niba yaravuzwe n’abandi bakomeye ibwami nk’Igikomangoma Charles cyangwa Igikomangoma William, mukuru wa Harry.

- Advertisement -

Hari amakuru ko nyuma y’ibyatangajwe na Harry na Meghan, ibwami mu Bwongereza hahise hatumizwa inama y’igitaraganya yahuje abakuru mu muryango.

Ibibazo byashyizwe hanze n’uyu muryango byakiriwe kwinshi mu Bwongereza, kugeza ubwo umunyamakuru ukomeye muri icyo gihugu Piers Morgan yanenze bikomeye Meghan, avuga ko imvugo ze zidashobora kwizerwa.

Byamukozeho kuko kuri uyu wa Kabiri byageze aho asohoka mu kiganiro ‘Good Morning Britain’ kuri ITV kitanarangiye, ubwo Alex Beresford bagikoranaga yamucyahaga kubera uburyo yakomeje kwibasira umuryango wa Harry na Meghan.

Alex Beresford ati “Mbona wowe [Morgan] udakunda Meghan Markle, wabigaragaje inshuro nyinshi muri iki kiganiro, kandi numvise ko wagiranye umubano wihariye na Meghan Markle cyangwa ko mwigeze kuwugirana akaza kuwuhagarika.”

“Hari ikintu yigeze akuvugaho kuva yahagarika uwo mubano washakaga? Sintekereza ko yigeze abikora, ariko nyamara wowe wakomeje kumuharabika.”

Morgan yahise ahaguruka, mu gihe yavaga mu ntebe ye agenda avuga ati “Ok, birahagije ibi, mumbabarire, oya, mumbabarire… tubonane hanyuma, ntabwo nakora ibi bintu.’

ITV yahise itangaza ko nyuma y’ibiganiro byahuje impande zombi, Morgan atazasubira muri icyo kiganiro cyubatse izina mu Bwongereza.

Ikigo kigenzura itangazamakuru mu Bwongereza Ofcom cyatangaje ko kuri uyu wa Kabiri nimugoroba cyari kimaze kwakira ibirego 41,000 by’abatarashimishijwe n’ikiganiro cya Morgan.

TAGGED:Umwamikazi Elizabeth II
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Na Israel Byongereye Inzego Z’Ubufatanye
Next Article Umuturage Ku Isonga! Hamwe Ba Gitifu Barakubita, Ahandi Bagakubitwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbumenyi N'Ubuhanga

Inzoka Yitwa Cobra Ni Inyamaswa Iteye Ite?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Impunzi Zo Muri Sudani Y’Epfo Zirahungira Muri DRC Ku Bwinshi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?