Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Isezerano Rya Perezida Kagame Mu 1999 Ryasohoreye I Gatonde
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubuzima

Isezerano Rya Perezida Kagame Mu 1999 Ryasohoreye I Gatonde

admin
Last updated: 15 April 2021 11:31 am
admin
Share
SHARE

Abatuye Akarere ka Gakenke batangiye gukoresha ibitaro bya Gatonde bimaze igihe byubakwa nk’isezerano bahawe na Perezida Paul Kagame. Kuri uyu wa Gatatu byakiriye abarwayi ba mbere.

Ni ibitaro byubatswe ahantu hatigeze harangwa ibikorwa by’iterambere, aho abaturage bamanukaga imisozi ihanamye cyane bajya kwivuza i Shyira, ibintu byabasabaga gukora urugendo rurerure kandi rugoranye.

Muri 1999 ubwo Paul Kagame wari Visi Perezida yasuraga abaturage b’i Busengo mu cyari Komini Gatonde bakamuganyira ko nta vuriro bafite, yabemereye ibitaro.

Ubwo yasubiragayo mu 2016, Perezida Kagame yabijeje ko “ibibazo by’imihanda n’ibitaro bya Gatonde byadindiye kuva muri 1999 bigomba gukemuka vuba.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Nirere Speciose wivurije bwa mbere muri ibyo bitaro, yatangaje ko bajyaga bagorwa no kugera aho bivuriza.

Ati “Nemba bajyayo ariko ni kure cyane ni ukwifashisha imodoka, nk’iyo umuntu yarembye cyane bamujyanaga kuri Shyira akaba yarembera no mu nzira akaba yahura n’ibibazo, ariko twashimye ko habaye hafi, hatwegereye cyane.”

Umuyobozi w’ibitaro bya Gatonde Dr Dukundane Dieudonné yavuze ko ibyo bitaro bifite ubushobozi bwo gutanga ubuvuzi bwose buboneka mu bitaro by’Akarere.

Ati: “Serivisi zo kubaga nk’abadamu bari kubyara tuzajya tuzikora, n’ibindi bikorwa byo kubaga byoroheje tuzajya tubikorera hano ku bitaro bya Gatonde. Icyo nabwira abaturage bo muri kano gace ni uko ibitaro Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yabahaye byafunguye imiryango, batugana tukabaha serivisi kuko turahari turabategereje.”

Abatuye ibyo bice basabwe kugana ibyo bitaro ntihazagire abongera kurembera mu ngo cyangwa ngo bajye kwivuza magendu.

- Advertisement -

Byuzuye mu mwaka ushize, bifite ubushobozi bwo kwakira abarwayi 60 bacumbikiwe.

Bizaba bikorana n’ibigo nderabuzima bitandatu.

Byuzuye bitwaye asaga miliyari 2.8 Frw.

Ni ibitaro bigezweho
Aba mbere bakiriwe mu bitaro bya Gatonde
TAGGED:featuredGakenkeGatondeIbitaroPaul Kagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Polisi Yafashe Abakekwaho Kurangura Urumogi Muri RDC Na Uganda
Next Article Ibitaro Bya Faysal ‘Mu Kindi Kirego’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?