Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Isezerano Rya Perezida Kagame Mu 1999 Ryasohoreye I Gatonde
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubuzima

Isezerano Rya Perezida Kagame Mu 1999 Ryasohoreye I Gatonde

admin
Last updated: 15 April 2021 11:31 am
admin
Share
SHARE

Abatuye Akarere ka Gakenke batangiye gukoresha ibitaro bya Gatonde bimaze igihe byubakwa nk’isezerano bahawe na Perezida Paul Kagame. Kuri uyu wa Gatatu byakiriye abarwayi ba mbere.

Ni ibitaro byubatswe ahantu hatigeze harangwa ibikorwa by’iterambere, aho abaturage bamanukaga imisozi ihanamye cyane bajya kwivuza i Shyira, ibintu byabasabaga gukora urugendo rurerure kandi rugoranye.

Muri 1999 ubwo Paul Kagame wari Visi Perezida yasuraga abaturage b’i Busengo mu cyari Komini Gatonde bakamuganyira ko nta vuriro bafite, yabemereye ibitaro.

Ubwo yasubiragayo mu 2016, Perezida Kagame yabijeje ko “ibibazo by’imihanda n’ibitaro bya Gatonde byadindiye kuva muri 1999 bigomba gukemuka vuba.”

Nirere Speciose wivurije bwa mbere muri ibyo bitaro, yatangaje ko bajyaga bagorwa no kugera aho bivuriza.

Ati “Nemba bajyayo ariko ni kure cyane ni ukwifashisha imodoka, nk’iyo umuntu yarembye cyane bamujyanaga kuri Shyira akaba yarembera no mu nzira akaba yahura n’ibibazo, ariko twashimye ko habaye hafi, hatwegereye cyane.”

Umuyobozi w’ibitaro bya Gatonde Dr Dukundane Dieudonné yavuze ko ibyo bitaro bifite ubushobozi bwo gutanga ubuvuzi bwose buboneka mu bitaro by’Akarere.

Ati: “Serivisi zo kubaga nk’abadamu bari kubyara tuzajya tuzikora, n’ibindi bikorwa byo kubaga byoroheje tuzajya tubikorera hano ku bitaro bya Gatonde. Icyo nabwira abaturage bo muri kano gace ni uko ibitaro Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yabahaye byafunguye imiryango, batugana tukabaha serivisi kuko turahari turabategereje.”

Abatuye ibyo bice basabwe kugana ibyo bitaro ntihazagire abongera kurembera mu ngo cyangwa ngo bajye kwivuza magendu.

Byuzuye mu mwaka ushize, bifite ubushobozi bwo kwakira abarwayi 60 bacumbikiwe.

Bizaba bikorana n’ibigo nderabuzima bitandatu.

Byuzuye bitwaye asaga miliyari 2.8 Frw.

Ni ibitaro bigezweho
Aba mbere bakiriwe mu bitaro bya Gatonde
TAGGED:featuredGakenkeGatondeIbitaroPaul Kagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Polisi Yafashe Abakekwaho Kurangura Urumogi Muri RDC Na Uganda
Next Article Ibitaro Bya Faysal ‘Mu Kindi Kirego’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?