Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Isezerano Rya Perezida Kagame Mu 1999 Ryasohoreye I Gatonde
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubuzima

Isezerano Rya Perezida Kagame Mu 1999 Ryasohoreye I Gatonde

Last updated: 15 April 2021 11:31 am
Share
SHARE

Abatuye Akarere ka Gakenke batangiye gukoresha ibitaro bya Gatonde bimaze igihe byubakwa nk’isezerano bahawe na Perezida Paul Kagame. Kuri uyu wa Gatatu byakiriye abarwayi ba mbere.

Ni ibitaro byubatswe ahantu hatigeze harangwa ibikorwa by’iterambere, aho abaturage bamanukaga imisozi ihanamye cyane bajya kwivuza i Shyira, ibintu byabasabaga gukora urugendo rurerure kandi rugoranye.

Muri 1999 ubwo Paul Kagame wari Visi Perezida yasuraga abaturage b’i Busengo mu cyari Komini Gatonde bakamuganyira ko nta vuriro bafite, yabemereye ibitaro.

Ubwo yasubiragayo mu 2016, Perezida Kagame yabijeje ko “ibibazo by’imihanda n’ibitaro bya Gatonde byadindiye kuva muri 1999 bigomba gukemuka vuba.”

Nirere Speciose wivurije bwa mbere muri ibyo bitaro, yatangaje ko bajyaga bagorwa no kugera aho bivuriza.

Ati “Nemba bajyayo ariko ni kure cyane ni ukwifashisha imodoka, nk’iyo umuntu yarembye cyane bamujyanaga kuri Shyira akaba yarembera no mu nzira akaba yahura n’ibibazo, ariko twashimye ko habaye hafi, hatwegereye cyane.”

Umuyobozi w’ibitaro bya Gatonde Dr Dukundane Dieudonné yavuze ko ibyo bitaro bifite ubushobozi bwo gutanga ubuvuzi bwose buboneka mu bitaro by’Akarere.

Ati: “Serivisi zo kubaga nk’abadamu bari kubyara tuzajya tuzikora, n’ibindi bikorwa byo kubaga byoroheje tuzajya tubikorera hano ku bitaro bya Gatonde. Icyo nabwira abaturage bo muri kano gace ni uko ibitaro Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yabahaye byafunguye imiryango, batugana tukabaha serivisi kuko turahari turabategereje.”

Abatuye ibyo bice basabwe kugana ibyo bitaro ntihazagire abongera kurembera mu ngo cyangwa ngo bajye kwivuza magendu.

Byuzuye mu mwaka ushize, bifite ubushobozi bwo kwakira abarwayi 60 bacumbikiwe.

Bizaba bikorana n’ibigo nderabuzima bitandatu.

Byuzuye bitwaye asaga miliyari 2.8 Frw.

Ni ibitaro bigezweho
Aba mbere bakiriwe mu bitaro bya Gatonde
TAGGED:featuredGakenkeGatondeIbitaroPaul Kagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Polisi Yafashe Abakekwaho Kurangura Urumogi Muri RDC Na Uganda
Next Article Ibitaro Bya Faysal ‘Mu Kindi Kirego’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?