Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ishuri Ry’Ikoranabuhanga Rwanda Coding Academy Rigiye Kwagurwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ishuri Ry’Ikoranabuhanga Rwanda Coding Academy Rigiye Kwagurwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 May 2024 12:04 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ishuri ryigisha ikoranabuhanga mu Rwanda ryo mu Murenge wa Mukamira mu Karere ka Nyabihu rigiye kwagurwa, ryongererwe inyubako n’ibikoresho. Ni umushinga uzakorwa ku bufatanye n’Ikigo cy’Abanya Koreya y’Epfo gishinzwe iterambere mpuzamahanga, KOICA.

Intego ni ukugira ngo gishobore gukomeza kwakira abanyeshuri benshi mu gihe kizaza.

Cyari gisanzwe gishobora kwakira abantu 180 ariko ngo ubushobozi bw’iri shuri bwo kwakira abarigana buzikuba kabiri nk’uko umuyobozi waryo witwa Papias Niyigena yabitangarije Kigali Today.

Niyigena ati: “ Tugiye kubaka indi nyubako (campus) iziyongera kuyo dusanganwe yari ifite ubushobozi bwo kwakira abanyeshuri 180, hanyuma twakire abanyeshuri 360 hagendewe ku bushobozi dufite”.

Kuva iri shuri ryatangira gukora rimaze gusohora abanyeshuri 100 bari mu bahanga mu ikoranabuhanga u Rwanda rufite kugeza ubu.

Intego abarishinze bihaye ngo iri kugerwaho hagendewe ku ruhare abaryize bagira mu gutanga ibisubizo ku bibazo by’ikoranabuhanga mu Rwanda.

Ubwo kandi ni ko hari n’ababona uburenganzira bwo kwiga bishyurirwa za Kaminuza zo hanze y’u Rwanda urugero rukaba Kaminuza zo muri Amerika.

Papias Niyigena ati: “Kugeza ubu hamaze kurangiza abana 118, dufite 13 babonye buruse muri Amerika mu mwaka ushize[2023], n’ubu tumaze kubona abandi 15 bazajya kwiga muri Amerika muri Nzeri. Iyo bamaze kubona iyo myanya berekana ibyo bakoze bakabishyira muri Komite zo mu ma Kaminuza yo muri Amerika bagasuzuma iyo mishinga n’ubuhanga bwabo. N’ubu dufite umwana ejo yansabaga uruhushya kuko baramutumiye muri Kaminuza muri Amerika gukorerayo ikiganiro”.

Hari kandi n’abanyeshuri bize muri iki kigo babonye akazi muri Kaminuza yitwa African Leadership University aho bahembwa hagati ya $600 na $2,000 ku kwezi.

Abiga muri Rwanda Coding Academy  baherutse kwiharira  imyanya itatu ya mbere mu marushanwa Nyafurika ku ikoranabuhanga.

Bavuga ko kugira ngo bagenzi babo bazashobore kwiga muri Rwanda Coding Academy, ari ngombwa ko bagira umuhati wo kumenya byinshi no gukunda mudasobwa.

Ibyiza kuri bo ni uko mu kwiga kwa muntu, akwiye buri gihe akwiye guharanira kugera kuri byinshi kurushaho, ubumenyi Abanyarwanda bafite bukaguka ku rwego mpuzamahanga.

Gushyira ibuye ry’ifatizo ku nyubako nshya za RCA byitabiriwe kandi n’itsinda ry’abayobozi bahagarariye Koreya y’Epfo bakorera mu kigo cyayo cya KOICA, bakaba bari bayobowe na Ambasaderi wa Koreya yEpfo mu Rwanda witwa  Jeong Woojin.

Niyuzura, iyo nyubako izaba igizwe n’amashuri, amacumbi y’abanyeshuri, Workshops, Laboratoire, ikazatwara miliyoni 8$ (Miliyari 10 FRW) ku nkunga ya Leta ya KOREA, inyubako zikaziharira miliyoni zisaga 6$, andi akazashorwa mu bikoresho, guhugura abarimu no guteza imbere ikoranabuhanga.

TAGGED:featuredIkigoIkoranabuhangaKaminuzaNyabihu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yatanze Kandidatire Yo Gutorerwa Kuyobora u Rwanda
Next Article Nyanza: Amaze Imyaka 23 Aba Mu Mwobo Kubera Jenoside Yakoze
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?