Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Isi Iri Mu Kaga Gakomeye, Mwitege Ibizakurikira Ho- Antonio Guterres
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Isi Iri Mu Kaga Gakomeye, Mwitege Ibizakurikira Ho- Antonio Guterres

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 September 2022 3:47 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Abibumbye Antonio Guterres yabwiye abayobozi b’ibihugu bigize uriya muryango ko ibihe isi igezemo bikomeye kandi biteye ubwoba kurusha uko byahoze.

Ingero atanga ni iz’uko muri iki gihe isi yugarijwe n’ingaruka zikomeye z’imihindagurikire y’ikirere, ubusumbane bunini mu mibereho y’abayituye, intambara ziri ho n’izitutumba ndetse n’ibyorezo.

Hari hashize hafi imyaka itatu abakuru b’ibihugu bigize Umuryango w’Abibumbye badahura ngo baganire ku bibazo byugarije uyu mubumbe.

Mu ijambo rifungura iyi Nteko, Guterres yavuze ko umubumbe w’isi uri mu miterere Abanyarwanda bita ‘amanegeka’ kuko yugarijwe n’ibiza by’amoko yose.

Abayobozi bateraniye muri iyi nama

Ibyo birimo imvura zikomeye, imitingito, inkubi, inkongi, imyuzure, ibyorezo, inzara n’intambara.

Bimwe muri ibi biza bimaze igihe byaratangiye kugaragara hirya no hino ku isi kandi bikagira ubukana abahanga bavuga ko butigeze bugaragara mu bihe byashize.

Ikibabaje ni uko abenshi mu bagerwaho n’ingaruka z’ibi biza ari abo mu bihugu bikennye, bisanzwe bidafite uburyo buhagije bwo kwicyemurira ibibazo.

Icyakora ngo abantu nibakomeza gukorana bya hafi nibwo bazashobora guhangana n’ingaruka z’ibi bibazo.

Ikindi gicyenewe ni ibihugu bikennye ‘bihabwa’ amafaranga yo kubifasha kwikura mu ngaruka za COVID-19 kuko nayo yaje ari karahabutaka.

Inteko y’ibihugu bigize Umuryango w’Abibumbye iteranye ku nshuro ya 77.

Yitabiriwe n’abakuru b’ibihugu na za Guverinoma bagera ku 150.

Kimwe mu byihariye bizayiranga ni uko itazitabirwa n’u Bushinwa ndetse n’u Burusiya, ibihugu bibiri bisanganywe ijambo ridakuka mu Kanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe amahoro ku isi, iryo jambo baryita ‘Droit de Veto.’

Ikindi ni uko na Perezida wa Ukraine atariyitabira imbonankubone ahubwo azakoresha ikoranabuhanga kubera ko igihugu cye kiri mu ntambara ikomeye gihanganyemo n’u Burusiya.

TAGGED:Burusiya UkraineGuterresIntekoUmuryango
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuraperi Danny Nanone YAFUNGIWE Gukubita Umugore
Next Article Kicukiro: Uvugwaho Kurwanya Umupolisi YARASHWE
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

You Might Also Like

Mu mahangaUbuzima

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?