Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Isi Iri Mu Kaga Gakomeye, Mwitege Ibizakurikira Ho- Antonio Guterres
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Isi Iri Mu Kaga Gakomeye, Mwitege Ibizakurikira Ho- Antonio Guterres

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 September 2022 3:47 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Abibumbye Antonio Guterres yabwiye abayobozi b’ibihugu bigize uriya muryango ko ibihe isi igezemo bikomeye kandi biteye ubwoba kurusha uko byahoze.

Ingero atanga ni iz’uko muri iki gihe isi yugarijwe n’ingaruka zikomeye z’imihindagurikire y’ikirere, ubusumbane bunini mu mibereho y’abayituye, intambara ziri ho n’izitutumba ndetse n’ibyorezo.

Hari hashize hafi imyaka itatu abakuru b’ibihugu bigize Umuryango w’Abibumbye badahura ngo baganire ku bibazo byugarije uyu mubumbe.

Mu ijambo rifungura iyi Nteko, Guterres yavuze ko umubumbe w’isi uri mu miterere Abanyarwanda bita ‘amanegeka’ kuko yugarijwe n’ibiza by’amoko yose.

Abayobozi bateraniye muri iyi nama

Ibyo birimo imvura zikomeye, imitingito, inkubi, inkongi, imyuzure, ibyorezo, inzara n’intambara.

Bimwe muri ibi biza bimaze igihe byaratangiye kugaragara hirya no hino ku isi kandi bikagira ubukana abahanga bavuga ko butigeze bugaragara mu bihe byashize.

Ikibabaje ni uko abenshi mu bagerwaho n’ingaruka z’ibi biza ari abo mu bihugu bikennye, bisanzwe bidafite uburyo buhagije bwo kwicyemurira ibibazo.

Icyakora ngo abantu nibakomeza gukorana bya hafi nibwo bazashobora guhangana n’ingaruka z’ibi bibazo.

Ikindi gicyenewe ni ibihugu bikennye ‘bihabwa’ amafaranga yo kubifasha kwikura mu ngaruka za COVID-19 kuko nayo yaje ari karahabutaka.

Inteko y’ibihugu bigize Umuryango w’Abibumbye iteranye ku nshuro ya 77.

Yitabiriwe n’abakuru b’ibihugu na za Guverinoma bagera ku 150.

Kimwe mu byihariye bizayiranga ni uko itazitabirwa n’u Bushinwa ndetse n’u Burusiya, ibihugu bibiri bisanganywe ijambo ridakuka mu Kanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe amahoro ku isi, iryo jambo baryita ‘Droit de Veto.’

Ikindi ni uko na Perezida wa Ukraine atariyitabira imbonankubone ahubwo azakoresha ikoranabuhanga kubera ko igihugu cye kiri mu ntambara ikomeye gihanganyemo n’u Burusiya.

TAGGED:Burusiya UkraineGuterresIntekoUmuryango
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuraperi Danny Nanone YAFUNGIWE Gukubita Umugore
Next Article Kicukiro: Uvugwaho Kurwanya Umupolisi YARASHWE
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

Hatangijwe Ubufatanye Mu Kuzamura Ubwinshi N’Ubwiza Bw’Imbuto 

Abatanga Ubutabera Bajye Basura Amahanga Barebe Uko Bigenda-Sosiyete Sivile

Uko RDF Yakiriwe Muri Jamaica

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

Nyamasheke: Yakubise Gitifu Amuziza Kumwimisha Inkunga Y’Ibiribwa

Ese Robo Zitwara Imodoka Mu Buryo Butekanye Kurusha Abantu?

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

You Might Also Like

Mu Rwanda

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Uyobora Ikigo Mpuzamahanga Cy’Abagiraneza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Tchad: Hadutse Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Irani: Abamaze Kugwa Mu Myigaragambyo Bagera Kuri 500

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umwami Wa Maroc Yandikiwe Ikiruhuko Kubera Uburwayi 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?