Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Isi Iri Mu Kaga Gakomeye, Mwitege Ibizakurikira Ho- Antonio Guterres
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Isi Iri Mu Kaga Gakomeye, Mwitege Ibizakurikira Ho- Antonio Guterres

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 September 2022 3:47 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Abibumbye Antonio Guterres yabwiye abayobozi b’ibihugu bigize uriya muryango ko ibihe isi igezemo bikomeye kandi biteye ubwoba kurusha uko byahoze.

Ingero atanga ni iz’uko muri iki gihe isi yugarijwe n’ingaruka zikomeye z’imihindagurikire y’ikirere, ubusumbane bunini mu mibereho y’abayituye, intambara ziri ho n’izitutumba ndetse n’ibyorezo.

Hari hashize hafi imyaka itatu abakuru b’ibihugu bigize Umuryango w’Abibumbye badahura ngo baganire ku bibazo byugarije uyu mubumbe.

Mu ijambo rifungura iyi Nteko, Guterres yavuze ko umubumbe w’isi uri mu miterere Abanyarwanda bita ‘amanegeka’ kuko yugarijwe n’ibiza by’amoko yose.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image
Abayobozi bateraniye muri iyi nama

Ibyo birimo imvura zikomeye, imitingito, inkubi, inkongi, imyuzure, ibyorezo, inzara n’intambara.

Bimwe muri ibi biza bimaze igihe byaratangiye kugaragara hirya no hino ku isi kandi bikagira ubukana abahanga bavuga ko butigeze bugaragara mu bihe byashize.

Ikibabaje ni uko abenshi mu bagerwaho n’ingaruka z’ibi biza ari abo mu bihugu bikennye, bisanzwe bidafite uburyo buhagije bwo kwicyemurira ibibazo.

Icyakora ngo abantu nibakomeza gukorana bya hafi nibwo bazashobora guhangana n’ingaruka z’ibi bibazo.

Ikindi gicyenewe ni ibihugu bikennye ‘bihabwa’ amafaranga yo kubifasha kwikura mu ngaruka za COVID-19 kuko nayo yaje ari karahabutaka.

- Advertisement -

Inteko y’ibihugu bigize Umuryango w’Abibumbye iteranye ku nshuro ya 77.

Yitabiriwe n’abakuru b’ibihugu na za Guverinoma bagera ku 150.

Kimwe mu byihariye bizayiranga ni uko itazitabirwa n’u Bushinwa ndetse n’u Burusiya, ibihugu bibiri bisanganywe ijambo ridakuka mu Kanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe amahoro ku isi, iryo jambo baryita ‘Droit de Veto.’

Ikindi ni uko na Perezida wa Ukraine atariyitabira imbonankubone ahubwo azakoresha ikoranabuhanga kubera ko igihugu cye kiri mu ntambara ikomeye gihanganyemo n’u Burusiya.

TAGGED:Burusiya UkraineGuterresIntekoUmuryango
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuraperi Danny Nanone YAFUNGIWE Gukubita Umugore
Next Article Kicukiro: Uvugwaho Kurwanya Umupolisi YARASHWE
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?