Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Isi irugarijwe, DRC hadutse indwara y’amayobera isa na Ebola
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Utuntu n'Utundi

Isi irugarijwe, DRC hadutse indwara y’amayobera isa na Ebola

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 December 2020 8:01 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Muri Repubulika ya Demukarasi ya Kongo, abaganga bari gusuzuma umugore utatangajwe amazina ufite indwara ifite ibimenyetso bijya gusa n’ibya Ebola ariko byihariye. Ari kwitabwaho mu bitaro by’ahitwa Ingende, uyu ukaba ari umujyi uri mu cyaro cya kure muri kiriya gihugu.

Abaganga birinze gutangaza amazina ye kugira ngo abaturanyi be batikanga Ebola bagahunga cyangwa bakibasira abo mu muryango we.

Abana be bapimwe ariko basanze nta kimenyetso cy’uburwayi bafite.

N’ubwo abaganga babanje kubona ko uriya mugore afite ibimenyetso bisa n’ibya Ebola, bapimye basanga siyo!

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ibi  byatumye batekereza ko ashobora kuba arwaye indwara yihariye ishobora kuba icyorezo bataraha izina kuko itaramenyekana neza.

Bafite  impungenge ko izaba icyorezo gikomeye gishobora kuyogoza isi nk’uko byigeze kugenda kuri Ebola.

Babaye bayise ‘Disease X’

Umuganga witwa Dr Dadin Bonkole uri kwita kuri uriya murwayi ati: “Tugomba kugirira ubwoba iyi ndwara. COVID-19 yaje tutayizi, Ebola iza tutayizi, none n’iyi ndwara ntituramenya iyo ariyo. Kugira ubwoba bifite ishingiro.”

Umuganga  Professor Jean-Jacques Muyembe Tamfum avuga ko inyoko muntu yugarijwe n’indwara ziterwa na virusi zikunze gutangirira mu bihugu by’Afurika yo hagati cyane cyane mu mashyamba akunzwe kugwamo imvura nyinshi.

- Advertisement -

Professor Jean-Jacques Muyembe Tamfum ari mu itsinda ry’abahanga bashoboye kuvumbura Ebola ubwo yadukaga muri Zaire muri 1976.

Kuva icyo gihe ari mu bahanga cyane za virus, cyane cyane izishobora guterwa n’inyamaswa ziba mu mashyamba y’Afurika yo hagati ahiganje amashyamba y’inzitane agwamo imvura nyinshi.

Abashakashatsi bo mu Bubiligi na USA nibo basuzumye babona virus yari yarabaye amayobera kuko yicaga abarenga 80% y’abo yafashe, bahutamo kuyitirira umugezi Ebola uri mu cyahoze ari Zaïre, ubu ni Repubulika ya Demukarasi ya Kongo hafi y’aho iriya virusi yatangiriye.

Mu rwego rw’ubushakashatsi mu buvuzi, abahanga bavuga ko igihe kigeze ngo bose bahange amaso muri Afurika bakurikiranire hafi iby’indwara zihavukira kandi inyinshi zitewe na virusi.

Ibizami by’umurwayi twavuze haruguru biri gusuzumirwa mu kigo cy’ubushakashatsi cya Leta ya DRC kitwa National Institute of Biomedical Research (INRB) i Kinshasa.

Kugeza ubu abaganga ntibaramenya indwara y’uriya murwayi kandi na COVID-19 ni uko yatangiye.

Professor Jean-Jacques Muyembe Tamfum

Ivomo: CNN

TAGGED:COVID-19DiseaseDRCEbolafeaturedMuyembe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Centrafrique: Abarwanyi ‘bafashe’ umujyi witwa Bambara
Next Article Munyangaju yahaye Uganda igikombe cya CECAFA , u Rwanda rwatsinzwe kare
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?