Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Israël Ikomeje Gutegura Ibitero Kuri Iran, ‘Igiye Kugura’ Indege Nshya Z’Intambara
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Israël Ikomeje Gutegura Ibitero Kuri Iran, ‘Igiye Kugura’ Indege Nshya Z’Intambara

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 January 2022 11:57 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Bisa n’ibitakiri disikuru z’Abanyapolitiki b’i Yeruzalemu gusa, ahubwo byatangiye gutegurirwa uburyo bwo gushyirwa mu bikorwa. Ibyo tuvuga ni ibitero bya gisirikare Israel iri gutegura kuzarasa ku nganda za Iran zikora ibisasu bya kirimbuzi. Igiye kugura kajugujugu za rutura n’indege zishinzwe guha iziri ku rugamba amavuta azifasha mu rugendo.

Ibi bikoresho bya gisirikare, Israel irateganya kubyishyura miliyari 3.1 $.

Israël isanzwe ifite umugambi wo kuzarasa Iran ariko ikaba yari ifite ikibazo cyo kugira indege itwara amavuta kugira ngo izafashe indege zayo gukomeza urugamba bitabaye ngombwa ko igwa ku bibuga by’indege biri kure y’aho urugamba ruhinanye.

Ku wa Kane Tariki 30, Ukuboza, 2021 nibwo ubuyobozi bw’ingabo za Israel bwasinyanye amasezerano y’ubuguzi bwa kajugujugu za rutura zigezweho 12 ndetse n’indege ebyiri z’intambara zishinzwe guha izindi amavuta ku rugamba.

Minisiteri y’ingabo ya Israel ivuga ko mu masezerano y’ubuguzi hagati y’ibihugu byombi harimo n’ingingo z’uko Amerika izaha Israel andi mato y’intambara, uburyo bwo gusama ibisasu bya missile birashwe n’umwanzi hamwe n’ibyuma by’ikoranabuhanga bifasha mu gukoresha intwaro ku rugamba.

Kajugujugu Israel igiye kugura ni izo mu bwoko bwa CH-53K Sikorsky CH-53K King Stallion zizaza kunganira izitwa CH-53 Sea Stallion Israel yari isanganywe.

Hari amakuru avuga ko kajugujugu za mbere zo muri ubu bwoko zizagera muri Israel mu mwaka wa 2026 ariko birashoboka ko zishobora kuhagera mbere cyane y’uyu mwaka.

Boeing KC-46 indege iha izindi amavuta

Indege zishyira izindi amavuta mu kirere Israel igomba kugura zitwa Boeing KC-46.

Ni indege zizafasha izindi Israel isanganywe zo mu bwoko bwa F35 zigezweh mu kurasa kure ariko zigakenera amavuta kenshi.

Kugira ngo indege za Israel zo mu bwoko bwa F 35 zishobore kurasa muri Iran bizisaba gukora urugendo ruri hagati ya kilometero 1000 na kilometero  2000.

Iyo Israel iguze intwaro akenshi iba yitegura intambara za vuba cyangwa za kera. Abasirikare bakuru ba kiriya gihugu bazi neza ko kidashobora kubaho kidafite abanzi.

Umwanzi wa mbere wa Israel ni Iran.

Mu mvugo ya gisirikare ya kiriya gihugu, hari ibice bitatu by’abanzi bacyo.

Igice cya mbere kigizwe n’abandi ba hafi ni ukuvuga abakora ku mipaka yayo n’ibihugu bituranye nayo ni ukuvuga nka Syria, Lebanon, Palestine, nyuma hakaza igice cya kabiri kigizwe n’ibihugu by’abanzi byigiye yo gato nka Iraq na Yemen, hanyuma hakaza igice cya gatatu bite le troisieme cercle ni ukuvuga igihugu kimwe rutoki bita Iran.

Israel yamaramarije kuzarasa Iran…

Minisitiri w’Intebe wa Israel Naftali Bennett aherutse kubwira radio y’ingabo za Israel ko igihugu cye cyamaze gushyira ku murongo ibisabwa byose ngo kizagabe igitero ku nganda za Iran zikora intwaro za kirimbuzi.

Avuga ko ibiganiro biri kuba hagati ya Iran n’ibihugu bikomeye ku isi ngo amasezerano yo mu mwaka wa 2015 asubizweho nibigira icyo bigeraho, Israel izashoza intambara kuri Iran.

Kimwe mu byerekana ko Israel yiyemeje kuzarasa kuri Iran ni uko n’uwo Naftali yasimbuye ariwe Benyamini Netanyahu nawe yatangaje ko ashyigikiye ko igihugu cye cyarasa kuri Iran.

Naftali Bennett yavuze ko muri iki gihe icyo Israel icyeneye ari ibikorwa atari amagambo.

Nta gihe kinini gishize, umusirikare mukuru uzaba ushinzwe ingabo zirwanira mu kirere za Israel witwa Major General Tomer Bar avuga ko nawe yiteguye rwose kuzarasa Iran.

Uyu musirikare yavuze ko nagera mu nshingano, ibitero kuri Iran ari byo bizashyirwa ku mwanya wa mbere mu byo agomba kwigaho akanabishyira mu bikorwa.

Ibiganiro biri kubera i Vienna biyobowe n’Abanyaburayi bahagarariwe na Enrique Mora.

Iran ivuga ko nikurirwaho ibihano mu by’ubukungu yafatiwe, nayo izakuraho gahunda yayo yo gushongesha ubutare bwa Uranium bukoreshwa mu ngufu za kirimbuzi hagamijwe inyungu za gisirikare.

Iran ivuga ko, ahubwo, izakomeza gukora ingufu zikoreshwa mu bikorwa bya gisivili.

Ibi ariko ab’i Yeruzalemu ntibabikozwa!

Bavuga ko butakwizera ko ibizava muri biriya biganiro bizaba bigamije inyungu za Israel.

Israel ivuga ko kuganira na Iran bidafututse kuko ngo nta ngingo ifite yagombye guheraho iganira n’amahanga ngo ayitege amatwi.

TAGGED:featuredIndegeIntambaraIranIsrael
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article CANAL+ RWANDA Yifurije Abakiliya Bayo Umwaka Mushya MUHIRE
Next Article Ijoro Ry’Ubunani: Abantu 7000 Barimo Na Samusure Bafashwe Batirinze COVID
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Abanyarwanda Bitabiriye UCI

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Tigers BBC Yatwaye Bwa Mbere Igikombe Cya Rwanda Cup

Ababyeyi Baraburirwa Ko Tik Tok Ibangiriza Abana

Trump Yahaye Hamas Igihe ‘Ntarengwa’ Ngo Yemere Umugambi W’Amahoro Yateguye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Yabwiye Abateguye UCI Ko Bahawe Ikaze Mu Rwanda Igihe Cyose Bazashakira

Abangavu B’Abanyarwakazi Batsinzwe Bahabwa Amadolari

Amasezerano Y’u Rwanda N’Ibirwa Bya Trinidad And Tobago Mu Bwikorezi

Rwanda: Umunya Slovenia Atwaye Isiganwa Ry’Isi Mu Bagabo Batwara Igare

Ubushinwa: Huzuye Ikiraro Cya Mbere Kiri Ku Butumburuke Buruta Ubundi Ku Isi

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Arashinja Polisi Kumubuza Kwiyamamaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bagera Ahandi Bakisanga Mu Buretwa-Amb Kimonyo 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUmutekano

Kagame Yibukije Ingabo Z’u Rwanda Kuzibukira Ubusinzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Hamas Irashaka Igihe Cyo Gusesengura Gahunda Y’Amahoro Yateguwe Na Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?