Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Israel Yagabweho Ikindi Gitero Gikomeye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Israel Yagabweho Ikindi Gitero Gikomeye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 July 2024 7:27 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubutasi bwa Israel buremeza ko igitero cyaraye gihitanye abana 12 kigakomeretsa abandi benshi, cyagabwe na Hezbollah. Uyu mutwe ukorera muri Lebanon wo wabihakanye, uvuga ko ntaho uhuriye nabyo.

Mu masaha ashyira umugoroba wo  kuri uyu wa Gatandatu nibwo igisasu cyaguye mu kibuga cy’umupira w’amaguru kiri mu bisi bya Golan bisanzwe bicungwa na Israel gihitana bariya bana.

Nyuma y’iki gitero Minisitiri w’Intebe Benyamini Netanyahu yahigiye kuzahorera abaturage be, avuga ko Hezbollah izishyura ikiguzi kinini.

Ibyaraye bibaye bishobora kurakaza Israel igatangiza intambara kuri Hezbollah, ikaba indi ntambara ikomeye iki gihugu kiri kurwana kuko hari iyo kimaze iminsi kirwana na Hamas.

BBC ivuga ko igitero cyaraye kigabwe kuri Israel ari cyo gikomeye igabweho nyuma y’icyo Hamas yayigabyeho taliki 07, Ukwakira, 2023.

Kubera uburemere bwacyo n’ubwoba cyateye ku rwego mpuzamahanga, Umuryango w’Abibumbye wasohoye itangazo risaba impande zose zivugwa muri iki kibazo kwifata ntihagire urutangiza intambara.

Uy muryango uvuga  ko iyo ntambara ishobora gutuma Akarere kose Israel na Lebanon biherereyemo gashya.

Twibukiranye ko n’igitero Hamas yagabye kuri Israel kuri iriya taliki yakigabye nabwo ari ku wa Gatandatu.

Umuvugizi wa Hezbollah we ahakana uruhare rwayo muri iki gitero ahubwo akemeza ko gishobora kuba cyaturutse imbere muri Israel.

Israel yatangaje ko abo cyahitanye ari abantu bafite hagati y’imyaka 10 n’imyaka 20 gusa hari n’andi makuru avuga ko harimo n’abafite imyaka iri munsi y’icumi.

Umudugudu kiriya kibuga bariya bana bakiniragamo cyubatswemo witwa Majdal Sham ukaba umwe mu midugudu ine igize ibisi bya Golan Israel yambuye Syria mu bihe byatambutse.

Aka gace gatuwe ahanini n’Abanya Israel bavuga Icyarabu bagera ku bantu 25,000.

Umuvugizi w’ingabo za Israel witwa Daniel Hagari yavuze ko yigereye aho ibi byabereye kandi ko amakuru y’ubutasi igihugu cye gifite adashidikanya ko ari Hezbollah yarashe kiriya gisasu.

Daniel Hagari avuga ko kiriya gisasu kiri mu bwoko bwa Falaq-1 kikaba cyarakorewe muri Iran, umwanzi gica wa Israel.

Ibi biravugwa mu gihe Minisitiri w’Intebe wa Israel Benyamini Netanyahu ari muri Amerika mu ruzinduko rw’akazi ariko ngo arahita ataha igitaraganya.

Yaba Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Israel witwa Israel Katz, yaba na Perezida w’iki gihugu Isaac Herzog bose bavuze ko ibyaraye bibaye ari ukurenga ‘umurongo utukura’.

Leta ya Lebanon yasohoye itangazo bivugwa ko ridasanzwe ryamagana ibyaraye bibaye, ivuga ko bidakwiye.

Leta zunze ubumwe z’Amerika n’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi nabyo byabyamaganye.

TAGGED:AbanaAmerikafeaturedHezbollahigisasuIntambaraIsraelLebanon
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yahuye Na Minisitiri Mushya W’Intebe W’Ubwongereza
Next Article Undi Munyarwandakazi Yatsinzwe Atarenze Umutaru Mu Mikino Olempiki
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hari Kwigwa Uko Amakipe Yajya Akinira Mu Amahoro Stadium ‘Ku Giciro Kimwe’

Putin Yasabwe Kujya Mu Nama Y’Amahoro Yashyizweho Na Trump

FERWAFA Yamaganye Abafana Ba APR FC 

Abasenateri Barashaka Kumenya Uko Ubworozi Bw’u Rwanda Bubungabunzwe

Gari Ya Moshi Zagonganye Hapfa Abantu 21

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

Kwamamaza Mushikiwabo, Uburundi, DRC… Uko Nduhungirehe Asobanura Ibyo Mu Karere

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Yajyanywe Kuri RIB Nyuma Yo Gushaka Kwiyahura Bikanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoUbubanyi n'Amahanga

Kagame yashimye ‘Senegal’ Yatwaye AFCON

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubumenyi Rusange

Imisemburo Y’Abagore Niyo Ibatera Kurwara Umutwe Kenshi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubumenyi N'Ubuhanga

Bigenda Gute Ngo Umubiri Wakomeretse Wisane?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?