Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Israel Yagabye Ibitero 200 By’Indege Muri Lebanon Mu Masaha 24
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Israel Yagabye Ibitero 200 By’Indege Muri Lebanon Mu Masaha 24

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 October 2024 2:52 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Indege za Israel zo mu bwoko bwa F 35 nibwo bwashegeshe Hezbollah
SHARE

Ingabo za Israel zatangaje ko mu masaha 24 ashize zagabye ibitero 200 by’indege mu bice bya Lebanon byiganjemo abarwanyi ba Hezbollah.

Hagati aho kandi hari diviziyo enye z’ingabo z’iki gihugu ziri kurwanira ku butaka.

Inshingano izo ngabo zose zahawe n’ubuyobozi bwazo ni ukurimbura ibirindiro by’abarwanyi ba Hezbollah.

Kuba ari uko bimeze ntibikuraho ko ibisasu bya Hezbollah bikomeje koherezwa muri Israel bikitura ku baturage bo mu Majyaruguru yayo.

Ibi biri gukorwa mu gihe mu mpera z’iki cyumweru, muri Israel bizihije umunsi w’idini rya Kiyahudi bita  Yom Kippur.

Hezbollah yageregeje kuburizamo ibyawo, irasa muri Israel rockers 150 ariko zimwe zirahanurwa.

Ingabo za Israel zaburiye abaturage ko bakwiye kujya guhungira mu ngo zabo no mu bice byateguwe ngo bibabundikire ntibagwirwe naza bombe.

Ni ibyumba bita bomb shelters.

Ibisasu bya Hezbollah ntawe byahitanye ariko byakomerekeje batatu.

Ingabo za Israel zivuga ko kuva zatangira ibitero muri Lebanon zimaze gusenya intwaro za Hezbollah ku kigero kiri hagati 50-70%.

Mbere y’iyi ntambara, bivugwa ko Hezbollah yari ifite ibisasu bya rockets byose hamwe 150,000, bivuze ko ifite  kuba ifite ubushobozi bwo kurasa rockets ziri hagati ya 50 na 200 ku munsi nta gitangaza kirimo kuko ifite nyinshi mu bubiko.

Ni ibyemezwa n’ingabo za Israel ariko ntacyo Hezbollah ubwayo irabitangazaho.

Ikinyamakuru ya Leta ya Israel kitwa The Jerusalem Post kivuga ko mu minsi ishize cyabwiwe n’abayobozi bakuru b’ingabo z’iki gihugu ko intego yabo atari ugusenya ibisasu bya Hezbollah ahubwo ari uguca intege abarwanyi bayo barwanira ku butaka ngo batazatera Israel binjiriye mu Majyaruguru yayo.

Intego ni uguca intege abarwanyi bagize ishami ryayo rirwanira ku butaka bita Radwan.

Ku ruhande rwa Hamas, Israel yigamba ko hari abandi barwanyi b’uyu mutwe yaraye yishe mu masaha 24 yatambutse.

Ingabo za Israel zirwanira ku butaka zivuga ko zimaze kwangiza byinshi mu byahoze ari umutungo wa Hezbollah

Diviziyo ya 162 y’ingabo z’iki gihugu niyo ihanganye n’abarwanyi ba Hamas muri Gaza muri iki gihe.

Hari umusirikare mukuru mu ngabo za Israel witwa Brig Gen Giora Eiland uherutse gutanga inama y’uko abasivili basigaye muri Gaza bakwimurirwa mu Majyepfo yayo no hagati kugira ngo Amajyaruguru asigare ari aya Hamas gusa.

Bisa n’aho ari yo ‘plan’ Israel iri gukoresha nubwo itabyemera ku mugaragaro.

Ntawamenya icyo iteganya kuzakora nirangiza gukura abasivili bose mu Majyaruguru ya Gaza.

Mu cyumweru gishize, Abanyapalestine bari mu Majyaruguru ya Gaza bari hagati ya 150,000 na 250,000 nk’uko The Jerusalem Post ibyemeza.

TAGGED:featuredHamasHezbollahIbisasuIntambaraIsrael
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Na N’Ubu u Rwanda Ntiruramenya Aho Marburg Yateye Ituruka!
Next Article Ni Iki Cyavuye Mu Biganiro Byahuje Nduhungirehe Na Mugenzi We Wa DRC?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?