Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Israel Yaguye Ibitero Byayo Mu Bice Bya Lebanon 
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Israel Yaguye Ibitero Byayo Mu Bice Bya Lebanon 

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 October 2024 10:38 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’ingabo za Israel butangaza ko guhera kuri uyu wa Kabiri taliki 08, Ukwakira zaguriye ibitero byazo mu Majyepfo ashyira Uburengerazuba bwa Lebanon.

Byari bimaze iminsi bigabwa mu Majyepfo aho Hezbollah yari yarashinze ibirindiro.

Ibice Israel yaguriyemo ibitero ni ibyegereye Inyanja itukura ikora kuri Misiri, Saudi Arabia, Yemen, Djibouti, Jordan, Sudan na Eritrea.

Taliki 30, Nzeri, 2024 nibwo ingabo z’iki gihugu zatangiye ibitero byo ku butaka muri Lebanon.

Aho Israel itera hose ivuga ko igamije gusenya ibirindiro bya Hezbollah kandi ngo izashirwa iyihangamuye.

Mu Majyaruguru ya Lebanon naho hari gusukwa ibisasu biraswa n’indege za Israel kandi umwe mu bayobozi bakuru b’ingabo za Israel yavuze ko hari umuyobozi wa Hezbollah wundi wishwe.

Ntibaratangaza amazina ye.

Kugeza ubu abantu 400,000 bamaze guhungira muri Syria bavuye muri Lebanon.

Muri bo harimo n’abaturage bayo baturiye Lebanon bahunga bigira imbere muri Syria  kuko intambara ibugarije.

Hagati aho Hezbollah nayo ikomeje kurasa za rockets muri Israel, BBC ikemeza ko uyu mutwe umaze kuharasa ibisasu 190.

Aho byibanze cyane ni mu Majyepfo ya Israel.

Ku ruhande rwa Israel, ubuyobozi bw’ingabo z’iki gihugu bukomeje gusaba abaturage bo mu midugudu 20 yo muri Lebanon b’ahitwa Tyre, Tayr Harfa na al-Mansouri kuyimukamo vuba cyane.

Imibare itangwa n’imiryango itabara imbabare ivuga ko abanya Lebanon miliyoni 1.2 bamaze guhunga kuva Israel yatangiza ibitero kuri Hezbollah mu kwezi gushize.

Muri abo bantu, abagera ku 179,500 bacumbikiwe mu nkambi 977.

Intambara Israel yatangije muri Lebanon imaze guhitana abantu 1,400, bakaba barapfuye mu byumweru bitatu bishize.

TAGGED:featuredHezbollahIbiteroIsraelLebanon
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article RURA Yatangaje Ibiciro Bishya By’Ibikomoka Kuri Petelori
Next Article Ethiopia Ifite Perezida Mushya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?