Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Israel Yaguye Ibitero Byayo Mu Bice Bya Lebanon 
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Israel Yaguye Ibitero Byayo Mu Bice Bya Lebanon 

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 October 2024 10:38 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’ingabo za Israel butangaza ko guhera kuri uyu wa Kabiri taliki 08, Ukwakira zaguriye ibitero byazo mu Majyepfo ashyira Uburengerazuba bwa Lebanon.

Byari bimaze iminsi bigabwa mu Majyepfo aho Hezbollah yari yarashinze ibirindiro.

Ibice Israel yaguriyemo ibitero ni ibyegereye Inyanja itukura ikora kuri Misiri, Saudi Arabia, Yemen, Djibouti, Jordan, Sudan na Eritrea.

Taliki 30, Nzeri, 2024 nibwo ingabo z’iki gihugu zatangiye ibitero byo ku butaka muri Lebanon.

Aho Israel itera hose ivuga ko igamije gusenya ibirindiro bya Hezbollah kandi ngo izashirwa iyihangamuye.

Mu Majyaruguru ya Lebanon naho hari gusukwa ibisasu biraswa n’indege za Israel kandi umwe mu bayobozi bakuru b’ingabo za Israel yavuze ko hari umuyobozi wa Hezbollah wundi wishwe.

Ntibaratangaza amazina ye.

Kugeza ubu abantu 400,000 bamaze guhungira muri Syria bavuye muri Lebanon.

Muri bo harimo n’abaturage bayo baturiye Lebanon bahunga bigira imbere muri Syria  kuko intambara ibugarije.

Hagati aho Hezbollah nayo ikomeje kurasa za rockets muri Israel, BBC ikemeza ko uyu mutwe umaze kuharasa ibisasu 190.

Aho byibanze cyane ni mu Majyepfo ya Israel.

Ku ruhande rwa Israel, ubuyobozi bw’ingabo z’iki gihugu bukomeje gusaba abaturage bo mu midugudu 20 yo muri Lebanon b’ahitwa Tyre, Tayr Harfa na al-Mansouri kuyimukamo vuba cyane.

Imibare itangwa n’imiryango itabara imbabare ivuga ko abanya Lebanon miliyoni 1.2 bamaze guhunga kuva Israel yatangiza ibitero kuri Hezbollah mu kwezi gushize.

Muri abo bantu, abagera ku 179,500 bacumbikiwe mu nkambi 977.

Intambara Israel yatangije muri Lebanon imaze guhitana abantu 1,400, bakaba barapfuye mu byumweru bitatu bishize.

TAGGED:featuredHezbollahIbiteroIsraelLebanon
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article RURA Yatangaje Ibiciro Bishya By’Ibikomoka Kuri Petelori
Next Article Ethiopia Ifite Perezida Mushya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?