Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Israel Yaguye Umubano N’Abarabu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Israel Yaguye Umubano N’Abarabu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 June 2021 3:21 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Israel Yair Lapid yafunguye Ambasade y’igihugu cye muri Leta ziyunze z’Abarabu, yubatswe Abu Dhabi. Ni indi ntambwe nziza Israel iteye mu gutsura umubano wayo n’ibihugu by’Abarabu.

Israel yemera kubana n’igihugu icyo aricyo cyose kiyemera nk’igihugu cyigenga kigomba kubaho.

Ibihugu byose bitemera ko Israel  yigenga kandi ari igihugu kigomba kubaho mu mahoro nayo ntibana neza nacyo.

Urugero ruzwi hafi na buri wese ni umbano wayo na Iran.

Minisitiri Yapid ari mu bihugu byiyunze by’Abarabu mu ruzinduko rw’iminsi ibiri.

Mu ijambo yagejeje ku bantu bari aho yafunguriye iriya Ambasade, Yair Lapid yashimye uruhare uwahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Israel Benyamini Netanyahu yagize mu gutsura umubano Israel ifitanye na Leta zunze z’Abarabu.

Israel kandi isanzwe ibanye neza na Bahrain, Sudani na Maroc.

Lapid yagize ati: “ Israel ishaka amahoro kandi cyane cyane n’abaturanyi bayo. Israel izahoraho kandi Uburasirazuba bwo Hagati ni iwacu.”

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu wa Leta zunze ubumwe z’Abarabu Bwana  Ahmed Al Sayegh niwe wamwakiriye.

Min Yair Lapid ubwo yagezaga ijambo ku bandi banyacyubahiro

YnetNews.com yanditse ko nta muyobozi wa Israel waherukaga gusura Leta zunze ubumwe z’Abarabu kuva hasinywa amasezerano yiswe Abraham Accords.

Amasezerano yitiriwe aya Abraham Accords yavugaga ko Israel igomba kubana n’ibindi bihugu by’Abarabu haba ibiri mu gace ituyemo n’ibindi kandi buri ruhande rukubaha urundi.

N’ubwo ari uko  bimeze ariko, kugeza ubu Israel ntiremeranya n’Amerika uko byombi byakwitwara ku kibazo cya Iran ihora ivuga ko idashaka ko Israel ibaho.

Amerika ishaka ko ikibazo Israel ifitanye na Iran cyakemurwa mu buryo budashingiye cyane ku ntambara, ahubwo agashingira ku biganiro.

TAGGED:AbarabufeaturedIsraelLapidSudaniUbubanyi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Inyeshyamba Zigaruriye Umurwa Mukuru W’Agace Ka Tigray Muri Ethiopia
Next Article Amashuri, Ibiro Bya Leta n’Iby’Abikorera Byafunzwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?