Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Israel Yatangiye Kwitegura Kurwana N’Ibitero Byava Muri Syria
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Israel Yatangiye Kwitegura Kurwana N’Ibitero Byava Muri Syria

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 December 2024 6:14 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Ingabo za Israel ziteguye kurwana indi ntambara yava muri Syria
SHARE

Ingabo za Israel zikorera mu bice byegereye Syria zatangiye kwitegura kuzarwana n’abashobora kuva yo bakayitera cyane cyane ko ingabo z’iki gihugu zamaze guhunga umupaka uri mu bitwa bya Golan( mu Cyongereza babyita Golan Heights) bigabanya ibihugu byombi.

Syria ihana imbibi na Israel ku gice cy’ahitwa Golan, iki kikaba igice cya Israel ariko cyahoze ari icya Syiria mbere y’Intambara y’iminsi itandatu yahujeIsrael n’ibihugu by’Abarabu mu myaka myinshi yatambutse.

Imirwano iri kubera muri Syria muri iyi minsi ihangayikishije Israel kuko ishobora kurenga imipaka ya Syria ikagera hanze yayo harimo no muri Israel.

Nyuma yo gusuzuma uko ibintu byifashe, abayobozi b’ingabo z’iki gihugu banzuye ko umutwe w’ingabo z’inkeragutabara zikorera muri kiriya gice ukwiye kwiryamira amajanja.

Kwitegura intambara kwa Israel kwabaye nyuma yo kubona ko abasirikare ba Syria batangiye kuva mu gace ka Quneitra gahanba imbibi na Israel.

Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza byabwiwe n’umwe mu basirikare ba Syria utavuzwe amazina ko byabaye ngombwa ko baba bigiye inyuma mu rwego rwo kwisuganya.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu hari n’abandi basirikare b’iki gihugu bahisemo guhunga bava mu bice bya Daraa na Suwayda biherereye mu Majyepfo ashyira Uburengerazuba bw’iki gihugu.

Si ingabo za Syria zonyine ziri guhunga ahubwo n’abarwanyi bari basanzwe bakorana nazo ariko bakaba bafashwa na Iran, Afghanistan na Pakistan nabo bari kuyabangira ingata bagana ahitwa Al-Qa’im haturanye na Iraq.

Ku wa Gatanu Israel yakoresheje imyitozo abasirikare bayo iri gutegurira intambara yayigabwaho iturutse muri Syria.

Ni imyitozo yakozwe ku bufatanye bw’ingabo zirwanira ku butaka n’ingabo zirwanira mu kirere.

Muri iki gihe Israel iri mu ntambara irwana na Hamas yo muri Palestine, Hezbollah yo muri Lebanon, ubu ikaba yatangiye kwitegura iyo ishobora kurwana n’abazayitera binjiriye muri Syria.

TAGGED:AbarwanyiIbiteroIngaboIntambaraIsrael
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kuba Ubushinwa Ari Igihangange Ni Ikintu Cyiza-Perezida Kagame
Next Article Gakenke: Imodoka Yaguye Mu Mugezi Abayirimo Barapfa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abasirikare N’Abapolisi B’u Rwanda Bari Muri UN 

Guverinoma Ya DRC Irashaka Kwisubiza Uvira Mu Buryo Bwuzuye

Hari Kwigwa Uko Amakipe Yajya Akinira Mu Amahoro Stadium ‘Ku Giciro Kimwe’

Putin Yasabwe Kujya Mu Nama Y’Amahoro Yashyizweho Na Trump

FERWAFA Yamaganye Abafana Ba APR FC 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

Kwamamaza Mushikiwabo, Uburundi, DRC… Uko Nduhungirehe Asobanura Ibyo Mu Karere

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

You Might Also Like

Mu mahanga

Gari Ya Moshi Zagonganye Hapfa Abantu 21

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Aba Wazalendo Bongeye Kuba Benshi Muri Uvira

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

I Goma Hageze Imiti Y’Ibibembe N’Igituntu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Uko RDF Yakiriwe Muri Jamaica

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?