Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Israel Yibasiwe N’Ibitero By’Iterabwoba
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Israel Yibasiwe N’Ibitero By’Iterabwoba

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 November 2022 10:24 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, abaturage ba Yeruzalemu bakanguwe n’urusaku rw’ibisasu biremereye byaturikiye aho abagenzi bategera imodoka.

Umwangavu umwe niwe wahasize  ubuzima abandi 19 barakomereka cyane.

Polisi y’iki gihugu yakangaranye ndetse ubu ngo akazi kayo kiyongereye hirya no hino mu gihugu kubera ko hari ubwoba ko n’ibindi bisasu bishobora guturitswa.

Iperereza ry’ibanze rivuga ko biriya bisasu byaturikirijwe kure hakoreshejwe ikoranabuhanga bita remote sensing.

Abapolisi basanze aho byaturikiye hari imisumari n’inzembe.

Hamas yatangaje ko ari yo yakoze biriya bitero kandi ngo imbere hari ibindi bikomeye biri kuhategurwa.

Polisi ya Israel itangaza ko kimwe muri biriya bisasu cyari cyatezwe mu gikapu bashyize mu nsi ya bisi yari iparitse hafi ya gare y’i Ramot.

Ibi bibaye mu gihe Benyamini Netanyahu yari aherutse kongera gutorerwa kuyobora Israel.

Icyakora ntarashyiraho Guverinoma ihuriweho n’amashyaka yatsinze mu Nteko ishinga amategeko.

Itamar Ben Gvir uvugwaho kuzaba Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu muri Guverinoma ya Netanyahu yatangaje ko igihe kigeze ngo Israel yereke abayikoraho iby’iterabwoba ko bikozeho.

Itamar Ben Gvir

Yabwiye Times of Israel ko Politiki yo guhiga abantu bategura ibitero kuri Israel igomba kugaruka kandi igashyirwamo imbaraga.

Gvir avuga ko Hamas ikwiye guhabwa isomo rikomeye.

Ku rundi ruhande, abo muri Hamas nabo bavuga batazabura gukomeza kwereka Israel ko nabo atari agafu k’imvugwarimwe.

TAGGED:featuredGareIbiteroIsraelPolitiki
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Diamond Aranugwanugwa Kugaruka i Kigali Mu Gitaramo Kirangiza Umwaka
Next Article Intambara Ziri Kwiyongera Ku Isi: Turikiya Iri Gutegura Indi Kuri Syria…
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rulindo: Yari Amaze Igihe Acurururiza Urumogi Iwe

Gisagara: Haturikijwe Grenade Abaturage Bacikamo Igikuba 

Ubusuwisi: Abantu 40 Bahiriye Mu Kabari 

Karongi: Bwa Mbere Mu Mateka Harasiwe Umwaka

Ingwe: Inyamaswa Ibayeho Icunganwa N’Intare

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ndayishimiye Ati: “ Twe Turaterwa Ntidutera!”

Bunyoni Ararembye

Kigali: Yadukiriye Imodoka Ziparitse Mu Mujyi Azimena Ibirahure Atarobanura

Rwanda: Undi Mupolisi Yishwe N’Umuntu Wamugonze

Icyongereza Gike, Imiyoborere Idahwitse…Bimwe Mu Byatumye Abayobora Amashuri Birukanwa

You Might Also Like

Mu mahanga

Guinée: Bidasubirwaho Mamadi Doumbouya Yatsinze Amatora

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Asanga Hakwiye Kujyaho Itorero ‘Ryihariye’ Ry’Abagabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Muhanga: Umunyamategeko Yakatiwe Gufungwa Imyaka 15

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Rutaremara Agaya Ababyeyi Bahariye Abayaya Uburere Bw’Abana

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?