Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Israel Yisobanuye Ku Kirego Cy’Uko Iri Gukora Jenoside Muri Gaza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Israel Yisobanuye Ku Kirego Cy’Uko Iri Gukora Jenoside Muri Gaza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 January 2024 3:02 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abanyamategeko ba Israel basobanuye imbere y’Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha ku kirego Guverinoma ya Afurika y’Epfo iherutse kurega Yeruzalemu ivuga ko iri gukorera Abanya Gaza Jenoside.

Kuri uyu wa Kane abashinja Israel kiriya cyaha gikomeye kurusha ibindi byakozwe n’inyokomuntu bavuze ko mu kwihorera ku bitero Hamas yayigabyeho taliki 07, Ukwakira, 2023, yakoresheje imbaraga zikomeye ku buryo yica abana, abagore n’abandi badafite aho bahuriye na Hamas, ikintu i Pretoria bavuze ko kigize Jenoside.

Abashinja Israel Jenoside kandi bavuga ko Afurika y’Epfo yahisemo kuyirega ibikoze mu izina rya Hamas kubera ko iyo idafite ubutenganzira bwo kurega Leta iyo ari yo yose.

Kuba idafite ubuzima gatozi buranga Leta nibyo bituma Hamas idashobora kurega Israel mu rukiko mpuzamahanga mpanabyaha nk’uko Afurika y’Epfo ibivuga.

Mu kwiregura, Israel yabwiye abacamanza baburanisha uru rubanza ko ibyo Afurika y’Epfo iyirega ntaho bihuriye n’ukuri kw’ibiranga ahakorerwa Jenoside n’abayikora.

Abayiburanira bavuga ko Afurika y’Epfo icurika ukuri kw’ibintu.

Umunyamategeko wa Israel witwa Me Tal Becker yagize ati: “ Africa y’Epfo yeretse urukiko ibintu bicuritse, bitavuga ukuri kw’ibintu.”

Mu gihe urubanza rukomeje imbere mu rukiko, hanze yarwo Polisi ihanganye n’abigaragambya bashyigikiye buri ruhande muziburana.

Afurika y’Epfo ivuga ko Israel yica nkana amasezerano yashyizeho umukono arwanya Jenoside.

Ni amasezerano yiswe 1949 Genocide Convention n’Afurika y’Epfo yashyizeho umukono.

Abacamanza 17 nibo bari gukurikirana uru rubanza.

Abarega Israel bavuga ko yamaze gushyiraho gahunda yo kurimbura Gaza yose ndetse ngo ibi bigaragarira mu kuba buri munsi hari abantu bapfa, abamugara n’abandi baburirwa irengero…byose bitewe n’ibikorwa bya Israel.

Hagati aho, Israel ishyigikiwe n’Ubwongereza na Amerika, ibi bihugu bikemeza ko ibivugwa na Pretoria ntaho bihuriye n’ukuri.

Umuvugizi wa Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza avuga ko iki gihugu kiri kumwe na Israel mu ntambara yo kwirwanaho iri kurwana.

Amerika nayo iherutse kuvuga ko ibyo Afurika y’epfo irega Israel nta shingiro bifite.

N’ubwo ari uko uru rubanza ruhagaze kugeza ubu, umwanzuro wose urukiko ruzafata kuri iki kibazo uzaba ari icyifuzo gishobora gushyirwa mu bikorwa n’ibihugu kireba cyangwa ntibikorwe.

Ikindi ni uko uru rubanza rushobora kuzamara igihe kirekire nk’uko BBC ibivuga.

TAGGED:AfurikafeaturedIsraelJenosideUrukiko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Yagize Uwo Babanaga Bahuje Ibitsina Minisitiri W’Ububanyi N’Amahanga
Next Article Abanyamerika Batuye Mu Rwanda Baraburirwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?