Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Israel Yongeye Kugaba Ibitero Muri Gaza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Israel Yongeye Kugaba Ibitero Muri Gaza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 September 2021 11:10 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ibiro by’Umuvugizi w’Ingabo za Israel yatangaje ko ingabo za kiriya gihugu zirwanira mu kirere zazindutse zirasa muri Gaza ku birindiro by’abarwanyi ba Hamas.

Ibitero bya Israel kuri Gaza bikozwe nyuma y’uko kuri uyu wa Gatandatu hari ibisasu byaturutse yo bikagwa ku butaka bwa Israel mu gice cy’ayo cy’Amajyepfo.

Iyo Israel ikozwe mu jisho ihita irasa ndetse ikabikorana imbaraga nyinshi.

Nk’ubu mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru, ibitero yagabye muri Gaza byakoreshejwe indege nini z’intambara na za kajugujugu.

Ingabo za kiriya gihugu zivuga ko zarashe ku birindiro bya Hamas, aho ibika intwaro, aho abarwanyi bayo bitoreza ndetse n’umwobo abarwanyi bayo bari baracukuye bashaka kuzacengera muri Israel ntawe ubaciye iryera.

Israel ivuga ko ingabo zayo zagabye kiriya gitero nyuma y’uko ibisasu bya Rockets byavuye muri Gaza bikagwa ku butaka bwayo kandi ngo bazi neza ko byari biturutse muri Gaza ahayoborwa na Hamas.

Intambara isa niyongeye kubura

Ibi kuba hagati ya Israel na Gaza muri iki gihe bibaye nyuma y’uko mu minsi ishize hari bamwe mu barwanyi ba Hamas batorotse gereza ya Israel bari bamazemo iminsi bafungiwemo.

Ikindi ni uko hari umusirikare wa Israel witwa Barel Shmueli uherutse kwicwa n’umwe mu bo Israel ivuga ko bakorera iterabwoba ku butaka bwayo.

The Jerusalem Post ivuga ko kubera ko biriya byabereye mu Majyepfo ya Israel, abahatuye basabye Guverinoma iyobowe na Naftari Bennett guhagurukira Hamas ikayihaniza.

Hamas yo ivuga ko ‘Israel iri kuvuga itarabona.’

Ivuga ko kuba hari abantu bayo baherutse gutoroka gereza y’i Gilboa bagaca Israel mu rihumye ari ikintu cyo kwishimira kandi ko Israel yagombye kwitega ibizakurikiraho.

TAGGED:featuredHamasIbiteroIngaboIsrael
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Igice Cy’Umuhanda Masaka-Kabuga Kirafunzwe
Next Article Ibiro By’Ikinyamakuru IGIHE Byahiye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Grammy Awards: Kendrik Lamar Yahize Abandi Baraperi Mu Bihembo Byinshi Abitse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?