Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Itariki Y’Ibiganiro Hagati Ya M23 Na DRC Yatangajwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

Itariki Y’Ibiganiro Hagati Ya M23 Na DRC Yatangajwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 March 2025 12:16 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Guverinoma ya Angola yatangaje ko tariki 18, Werurwe, 2025 ari bwo, ku mugaragaro, hazatangira ibiganiro hagati y’intumwa za Guverinoma ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo n’iza M23.

Bizabera mu Murwa mukuru wa Angola, Luanda.

Abateguye ibi biganiro bavuga ko bizaba mu rwego rwo guhagarika intambara imaze iminsi ica ibintu mu Burasirazuba bwa DRC.

Iyo ntambara ubu igiye kumara imyaka itatu, ikaba imaze kugwamo abantu benshi, abantu baba impehe kubera kubura aho barambika umusaya.

Kuri uyu wa Mbere nibwo inyandiko ikubiyemo itariki iriya nama izabera yatangarijwe  Radio Okapi isanzwe ikorera muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Hari nyuma gato y’uko Perezida Félix Tshisekedi ahuye na mugenzi we uyobora Angola, Joao Lorenco.

Muri iryo tangazo haranditse hati: “Nyuma y’uruzinduko ruto rwakozwe na Nyakubahwa Tshisekedi arukorera i Luanda muri Angola nk’igihugu cy’Umuhuza mu ntambara iri mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo, hagiye kubaho guhura na M23 mu minsi mike iri imbere bikazabera i Luanda”.

Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo witwa Tina Salama yemeza ko koko uwo muhuro uzateganyijwe.

Tina Salama

Avuga ko igihugu cye cyabyemeye no mu rwego rwo gukurikiza ibikubiye mu mwanzuro wafatiwe mu biganiro by’Umuhuza wabanje byaberaga i Nairobi muri Kenya mu myaka yatambutse.

Hagati aho  abasomyi bacu bamenye ko kuri uyu wa Kane tariki 13, Werurwe, 2025 haterana Inama y’Abakuru b’ibihugu bya SADC ngo bigire hamwe ibiri kubera muri DRC, igihugu kinyamuryango.

Mu kubisuzuma, baranareba icyakorwa ngo abasirikare ba SAMIDRC bamaze igihe i Goma barananiwe gutaha, batahe.

Abo basikare bamaze igihe bari ahantu bacungiwe umutekano n’abarwanyi ba M23 bafashe Umujyi wa Goma mu mpera za Mutarama, 2025.

Abayobozi b’ibihugu bya SADC bari buterane mu buryo bw’ikoranabuhanga.

Muri iki gihe Perezida wa Zimbabwe Emmerson Mnangagwa niwe uyoboye SADC.

TAGGED:featuredIbiganiroImishyikiranoIntumwaM23SADC
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article I&M Bank Plc Irishimira Inyungu Yagize Mu Mwaka Wa 2024
Next Article Depite Mukabalisa Yibaza Impamvu Izindi Nzego Zitera Imbere Itangazamakuru Rikadindira
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?