Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Itegeko Nshinga Ry’u Rwanda Rigiye Kuvugururwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Itegeko Nshinga Ry’u Rwanda Rigiye Kuvugururwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 May 2023 8:20 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Visi Perezida w’Inteko ishinga amategeko, Umutwe w’Abadepite, Hon Edda Mukabagwiza yaraye agejeje ku Badepite bagize Inteko rusange raporo ikubiyemo isuzuma ryakozwe ku mushinga ugamije ko Amatora y’Abadepite yahuzwa n’ay’Umukuru w’Igihugu.

Aya matora yombi ateganyijwe mu mwaka wa 2024.

Mu ijambo rye, Hon Mukabagwiza yabanje kwibutsa bagenzi be impamvu z’ivururwa ry’Itegeko nshinga rya Repubulika y’u Rwanda riri muri uriya mushinga.

Avuga ko iryo vugururwa ryatangiye kubera ko byatangijwe na Perezida wa Repubulika ashingiye ku bubasha ahabwa n’Itegeko nshinga rya Repubulika y’u Rwanda mu ngingo yaryo ya 175.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yabikoze kugira ngo amatora y’Abadepite ahuzwe n’aya Perezida wa Repubulika.

Hon Edda Mukabagwiza yavuze ko guhuza ariya matora yombi bizatuma ingengo y’imari yagendaga kuri buri tora rikozwe ukwaryo igabanuka.

Ati: “…Bityo amafaranga yakoreshwaga mu bikorwa bigendanye n’amatora agabanuke. Bizatuma ayo matora ategurirwa icyarimwe bigabanye igihe cyakoreshwaga mu gihe haba hateguwe buri tora ukwaryo”.

Ingingo ya 75 n’ingingo ya 79 zijyanye na manda y’Abadepite cyangwa guseswa kw’Inteko, hari izindi ngingo zavuguruwe mu Itegeko nshinga zifitanye isano n’imyandikire yihariye ziri mu zizavugururwa harimo ingingo ya 66  ivuga ku itangira ry’imirimo y’abagize Inteko ishinga amategeko ivuga ko iminsi iba 30 ivuye kuri 15 yari isanzwe.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubutabera ushinzwe Itegeko nshinga n’andi mategeko Amb. Solina Nyirahabimana yabwiye RBA ko kuvugurura Itegeko nshinga rya Repubulika y’u Rwanda bikorwa mu nyungu z’Abanyarwanda.

- Advertisement -

Ati: “ Iyo hanogejwe imikoranire y’inzego ubu unanogeje umusaruro wazo…”

Itegeko nshinga u Rwanda rugenderaho, ryaherukaga kuvugururwa mu mwaka wa 2015 ubwo abaturage basabaga Inteko ishinga amategeko ko ingingo yaryo ya 101 ivanwamo bityo bagakomeza kuyoborwa na Perezida Paul Kagame.

Umushinga wo kuvugurura Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda kuri iyi nshuro uzohererezwa Sena y’u Rwanda uwusuzumwe hanyuma hakurikireho izindi nzira ziteganywa n’amategeko.

TAGGED:AmatorafeaturedIntekoItegekoMukabagwizaPerezida
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bugesera: Yasize Miliyoni Frw 1.5 Mu Cyumba Ajya Guhinga Agarutse Arayibura
Next Article Kigali Intl Peace Marathon 2023: Uwa Mbere Azahembwa $20,000
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?