Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Itegeko Nshinga Ry’u Rwanda Rigiye Kuvugururwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Itegeko Nshinga Ry’u Rwanda Rigiye Kuvugururwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 May 2023 8:20 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Visi Perezida w’Inteko ishinga amategeko, Umutwe w’Abadepite, Hon Edda Mukabagwiza yaraye agejeje ku Badepite bagize Inteko rusange raporo ikubiyemo isuzuma ryakozwe ku mushinga ugamije ko Amatora y’Abadepite yahuzwa n’ay’Umukuru w’Igihugu.

Aya matora yombi ateganyijwe mu mwaka wa 2024.

Mu ijambo rye, Hon Mukabagwiza yabanje kwibutsa bagenzi be impamvu z’ivururwa ry’Itegeko nshinga rya Repubulika y’u Rwanda riri muri uriya mushinga.

Avuga ko iryo vugururwa ryatangiye kubera ko byatangijwe na Perezida wa Repubulika ashingiye ku bubasha ahabwa n’Itegeko nshinga rya Repubulika y’u Rwanda mu ngingo yaryo ya 175.

Yabikoze kugira ngo amatora y’Abadepite ahuzwe n’aya Perezida wa Repubulika.

Hon Edda Mukabagwiza yavuze ko guhuza ariya matora yombi bizatuma ingengo y’imari yagendaga kuri buri tora rikozwe ukwaryo igabanuka.

Ati: “…Bityo amafaranga yakoreshwaga mu bikorwa bigendanye n’amatora agabanuke. Bizatuma ayo matora ategurirwa icyarimwe bigabanye igihe cyakoreshwaga mu gihe haba hateguwe buri tora ukwaryo”.

Ingingo ya 75 n’ingingo ya 79 zijyanye na manda y’Abadepite cyangwa guseswa kw’Inteko, hari izindi ngingo zavuguruwe mu Itegeko nshinga zifitanye isano n’imyandikire yihariye ziri mu zizavugururwa harimo ingingo ya 66  ivuga ku itangira ry’imirimo y’abagize Inteko ishinga amategeko ivuga ko iminsi iba 30 ivuye kuri 15 yari isanzwe.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubutabera ushinzwe Itegeko nshinga n’andi mategeko Amb. Solina Nyirahabimana yabwiye RBA ko kuvugurura Itegeko nshinga rya Repubulika y’u Rwanda bikorwa mu nyungu z’Abanyarwanda.

Ati: “ Iyo hanogejwe imikoranire y’inzego ubu unanogeje umusaruro wazo…”

Itegeko nshinga u Rwanda rugenderaho, ryaherukaga kuvugururwa mu mwaka wa 2015 ubwo abaturage basabaga Inteko ishinga amategeko ko ingingo yaryo ya 101 ivanwamo bityo bagakomeza kuyoborwa na Perezida Paul Kagame.

Umushinga wo kuvugurura Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda kuri iyi nshuro uzohererezwa Sena y’u Rwanda uwusuzumwe hanyuma hakurikireho izindi nzira ziteganywa n’amategeko.

TAGGED:AmatorafeaturedIntekoItegekoMukabagwizaPerezida
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bugesera: Yasize Miliyoni Frw 1.5 Mu Cyumba Ajya Guhinga Agarutse Arayibura
Next Article Kigali Intl Peace Marathon 2023: Uwa Mbere Azahembwa $20,000
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abanywera Urumogi Muri Gereza Baburiwe

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rubavu: Minisitiri W’Intebe Yasuye Inganda Zikora Ku Kiyaga Cya Kivu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbuzima

Ebola Yagarutse Muri DRC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Musanze: Polisi Yafunze Ahengerwaga Inzoga Yitwa Karigazoke

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?