Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Iyi Ntambara Ntizahagarara Tutarimbuye Hamas- Netanyahu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Iyi Ntambara Ntizahagarara Tutarimbuye Hamas- Netanyahu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 December 2023 10:37 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’Intebe wa Israel Benyamini Netanyahu yavuze ko uko bizagenda kose n’icyo bizasaba cyose Israel izagitanga cyangwa ikagikora kugeza ubwo iciye intege burundu Hamas.

Avuga ko icyo Israel igamije ari uko Gaza itazongera kuba indiri y’abantu bahoza Israel ku nkeke.

Abivuze mu gihe Amerika iri gukora uko ishoboye ngo habeho akandi gahenge kandi karambye hagati ya Israel na Hamas.

Uko bigaragara, Israel yamaramaje ko izaruhuka ari uko Hamas irimbutse burundu.

Ikinyamakuru The Jerusalem Post ku ruhande rwacyo cyanditse ko hari ibisasu ingabo za Israel zarashe mu ndake za Hamas zirazitwika cyane.

Icyakora ntawavuga ko izo ndake zose zasenyutse burundu.

Minisitiri w’Intebe wa Israel avuga ko intego yatumye bajya mu ntambara na Hamas irakomeye kandi igomba kugerwaho uko byagenda kose.

Muri video yaraye atangaje kuri X iri mu Giheburayo, Netanyahu yagize ati: ..[Twabishyize mu Kinyarwanda]…Turarwana dushaka intsinzi. Ntituzahagarika iyi ntambara tutageze ku ntego zacu zose. Izo ni ugukuraho burundu Hamas kandi tukabohoza abantu bacu bose yashimuse.”

Avuga ko Hamas ifite amahitamo abiri: Urupfu cyangwa kwishyira mu maboko y’ingabo za Israel.

Netanyahu avuga ko Hamas nta yandi mahitamo ifite muri iki gihe kandi ntayo izagira mu gihe cyose kiri imbere.

Kuri we, Hamas igomba kubanza ikavaho nyuma hagakurikiraho gutuma Gaza iba ahantu hatuma Israel itekana.

Agahenge kaherukaga hagati ya Israel na Hamas karangiye harekuwe abantu( ku mpande zombi) 105 mu bantu 250 bashimuswe nyuma y’igitero Hamas yagabye kuri Israel taliki 07, Ukwakira, 2023.

Hari kagizwemo uruhare na Qatar.

Uwo mundi Israel yatakaje abaturage 1,200 bishwe.

Ese Amerika ibibona ite?

Birazwi ko Amerika ari inshuti magara ya Israel. Ubwo intambara yatangiraga hagati ya Israel na Hamas, Perezida Joe Biden yasuye Israel baganira ku cyo bizasaba ngo Israel itsinde iyo ntambara.

Nyuma yabwiye Netanyahu ko n’ubwo intambara igiye gutangira, ariko akwiye kwirinda guhubuka abitewe n’umujinya.

Yamuhaye urugero rw’ibyo igihugu cye cyaboneye muri Afghanistan ubwo cyajyagayo kuhirukana Abatalibani ariko bikarangira bongeye bisubije igihugu, Amerika igataha.

Mu minsi yakurikiyeho, Amerika yeretse Israel ko idashyigikiye ibyo kurasa aho ibonye hose, ariko nanone yirinda kuyamagana ku mugaragaro.

N’ubwo habayeho agahenge gakuruwe na Qatar, ku rundi ruhande,  Amerika yo yavugaga ko hari abantu ba Israel bafunzwe kandi bagombye kurekurwa.

Nta gihe kinini gishize Ambasaderi wa Israel muri UN atangaje ko niba isi ishaka ko intambara ihagarara, ikwiye kubwira Sinwar uyobora Hamas akamanika amaboko kandi akanabisaba abarwanyi be.

Amerika yamaramarije gufasha Israel uko byagenda kose, icyakora abashinzwe ububanyi n’amahanga mu Biro bya Antony Blinken bakoresha imvugo  yo kugenda hejuru ya’amagi, ntibiteranye na Israel ariko nanone isi, cyane cyane ibihugu by’Abarabu, ntirakarire Washington.

TAGGED:HamasIntambaraIsraelNetanyahu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ububiligi: Pierre Basabose Na Twahirwa Séraphin Bakatiwe
Next Article Amafoto Y’Abakomando Ba RDF Biyereka Umugaba W’Ingabo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

Bafatanywe lbilo 30 By’urumogi Babitwaye Kuri Moto

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?