Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Iyo Umuyobozi W’Ikigo Cy’Ubucuruzi Arwaye Biba Bibi Kuri Benshi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Iyo Umuyobozi W’Ikigo Cy’Ubucuruzi Arwaye Biba Bibi Kuri Benshi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 December 2022 11:21 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Impamvu ni uko uyu muntu aba afite akamaro kanini ku muryango we, ku bakozi be, ko banyamigabane mu kigo ayobora no ku gihugu muri rusange.

Uko bimeze kose ariko, CEO( Chief Executive Officer) ni umuntu nk’abandi. Ashobora kurwara ndetse kenshi bararwara.

Ariko se iyo arwaye ingaruka mu by’ukuri ziba izihe?

Hashize igihe gito umugabo witwa C.S. Venkatakrishnan usanzwe uyobora Banki iri mu zikomeye muri Amerika arwaye.

Bayita Barclays Bank, CEO wayo akaba yari arwaye indwara bita Non-Hodgkin Lymphoma.

Muri ubwo burwayi bwe bwatumye ahabwa ikiruhuko kiri hagati y’ibyumweru 12 na 16.

Bwana  Venkatakrishnan yavuze ko azakomeza gukurikiranira hafi imikorere ya Banki n’ubwo bwose azajya acishamo agakorera mu rugo .

Iyo umuyobozi nk’uyu arwaye, abantu benshi barimo abo akoresha, abanyamigabane, abanyamabanki, abanyapolitiki, abanyamakuru, intiti… bose ntibabura kugerwaho n’ingaruka( mu rugero runaka) z’ubwo burwayi.

Inyungu z’abanyamigabane mu kigo cya CEO urwaye zitangira kugabanuka kubera ko abo banyamigabane batangira kwibaza ukuntu bazungukira mu kigo gifite umuyobozi urwaye.

Mu bigo binini byo muri Leta zunze ubumwe z’Amerika, iyo boss w’ikigo runaka arwaye bigitangazwa gihita gitangira guhomba.

Hari n’aho bigera kuri 2%.

Kaminuza ya Georgia itangaza ko ubushakashatsi bwayo bwerekana ko iriya 2% iba ingana na Miliyoni $133.

Iyo umuyobozi w’ikigo ahawe ikiruhuko cyo kwa muganga kingana n’iminsi 10, ikigo cye gitangira guhomba 0.5%, kandi imibare igakomeza kwiyongera iyo akomeje gutinda yitabwaho n’abaganga.

Ibi byasohotse mu kinyamakuru cyandika ku bukungu n’imari kitwa Journal of Finance.

Icyakora mu bushakashatsi bwabo, bariya bahanga basanze iyo umuyobozi w’ikigo cy’ubucuruzi atamaze iminsi irenga itanu kwa muganga, nta ngaruka bigira ku mibare y’ikigo cye kuko igihe kiba kitaraba kirekire.

Igihombo kirushaho kugaragara iyo CEO akiri muto, akaba yarize amashuri menshi kandi akaba ari bwo agitangira kuyobora icyo kigo.

Icyo gihe ibintu biba bibi kubera ko abanyamigabane baba bakimwizera, baramushoyemo menshi, ubuhanga bwe buba butangiye gukomwa mu nkokora ataratera kabiri.

Iyo arwaye, bituma basuherwa, bagatangira kumva ko ayabo agiye gushya.

Ibi nibyo byabaye kuri Bwana Venkatakrishnan kuko afite imyaka 56 y’amavuko, akaba amaze ibyumweru bitandatu ayobora Barclays kandi akaba afite impamyabumenyi y’ikirenga yavanye muri Massachusetts Institute of Technology, MIT.

Iyo bakirutse indwara batanga umusaruro kurushaho..

Abashakashatsi bo muri Denmark bavuga ko iyo CEO wari urwaye agaruye agatege, akagaruka mu kazi, bituma abakozi bishima bakumva ko ‘umuntu wabo’ agarutse bityo bagakora batikoresheje.

Aha ariko birumvikana ko biterwa n’uburyo asanzwe abanye nabo.

Abakozi benshi bishimira gukorana n’umukoresha biyumvamo, akababera umukoresha n’umufasha icyarimwe.

Abakiliya nabo hari ubwo bagaruka ku bwinshi ndetse bakagura bagamije ‘kondora’ uwo muntu wari umaze igihe arwaye.

Hari n’abahanga bavuga ko iyo boss akize indwara yendaga kumuhitana, atangira kwibaza icyo yatanze ngo ntimuhitane.

Aho niho ahera ashyiraho gahunda yo gufasha abakene n’abandi bari mu bibazo kuko aba yaramaze kubona ko ‘amagara aseseka ntayorwe’ kandi ko ‘utazi umwanzi asiga umubiri.’

Gusa hari bamwe badahinduka ahubwo bumva ko kuba barakize ari imbaraga z’amafaranga yabo.

Muri rusange, iyo umuyobozi w’ikigo cy’ubucuruzi arwaye, bigira ingaruka ku bantu benshi.

TAGGED:BankiBossCEOImariUbukungu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article IVUGURUYE: Umunyarwanda Yaguye Mu Mpanuka Ya Volcano Yabereye Muri Uganda
Next Article Abanyarwanda Baguye Mu Mpanuka Yabereye Muri Uganda Bamenyekanye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?