Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Iyo Ushyigikira Uwihunza Inshingano Uba Uri Kumuhemukira-Perezida Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Iyo Ushyigikira Uwihunza Inshingano Uba Uri Kumuhemukira-Perezida Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 February 2023 7:16 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yaraye abwiye abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda ko iyo ibihugu byabo bihora bishinja u Rwanda guhungabanya DRC kandi atari byo, biba biri kuyihemukira kubera ko bituma idafata ingamba zituma iva mu bibazo biyireba.

Hari mu gikorwa ngarukamwaka yakiririramo abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda akabaganiriza ku ngingo zireba umubano w’u Rwanda n’amahanga ndetse n’imibereho y’Abanyarwanda mu magambo avunaguye.

Kagame yabanje kubwira abari bamuteze amatwi ko ajya asanga Politiki na Dipolomasi bisa nk’ibitagira aho bihurira.

Yababwiye ko bitangaje kuba ibintu biri kubera muri DRC bimaze imyaka irenga 25 ariko ibisubizo abaha iyo bamubajije aho u Rwanda ruhagaze kuri biriya bibazo ntibibanyure, ahubwo bagahora ari byo bamubaza.

Ngo abo ahuye nabo bose bamubaza ibibazo bimwe, akaba ibisubizo bimwe ariko ntibanyurwe, ejo bakabisubira.

Icyakora Perezida Kagame yavuze ko bishobora kuba biterwa n’uko amakuru baba bafite aba abusanye, avugwa i Kigali akaba atandukanye n’avugwa i Kinshasa.

Avuga ko n’ubwo ari uko bimeze, batagombye guhora bumva ko ibibera muri DRC biterwa n’u Rwanda hanyuma ngo bahore bashyigikira DRC kuko bituma itagira umutima n’ubushake bwo kwicyemurira ibibazo biyireba.

Ati: “ N’ujya i Kinshasa ukabwira ab’aho ko rwose ibibazo bafite ari u Rwanda rubibatera, mu yandi magambo uzaba ubabwira ko nta cyo bakwiye gukora kuko atari nabo biteje ibyo bibazo.”

Umukuru w’u Rwanda yabwiye abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda ko iyo ubwiye DRC utyo uba uyibwiye ko uzayibaha hafi, ariko nanone ukaba uyibujije uburyo bwo kwicara ngo yisuzume irebe uko yakwishakamo ibisubizo.

Ku byerekeye umutwe wa FDLR, Perezida Kagame yavuze ko azakora ibishoboka byose ntukomeze kugaba ibitero ku Rwanda, kandi ko na Jenoside itazongera kubaho mu Rwanda.

Yavuze ko hari abashaka ko ikibazo cya FDLR kidakemuka, uyu mutwe ukagumaho, icyakora ngo abo ni akazi kabo gusa ngo bari gukina n’ibyo batazi.

Ati “Uri gukina niba wumva ko bamwe muri twe, Abanyarwanda, bazi ibyayo [FDLR] bazigera bemeranya nawe. Uwo ariwe wese utekereza atyo, ari kwibeshya. Bireba twe, ubuzima bwacu, amateka yacu, abo turi bo, nta muntu n’umwe kuri iyi Si, ufite inshingano kuri twe.”

Perezida Kagame yabwiye abari aho ko uburenganzira bw’Abanyawanda bwo kubaho ari ikintu kidakuka kandi ko bazabiharanira ibihe byose.

TAGGED:AbanyarwandaCongoDRCFDLRfeaturedIbihuguKagameRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Davis D Yagonze Umumotari
Next Article Musanze: Umurenge Wategetse Abahinzi Kurandura Imigozi Y’Ibijumba
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?