Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Izindi Hoteli Na Resitora Zashyizwe Mu Zakira Abipimishije COVID-19 Gusa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19Ubukungu

Izindi Hoteli Na Resitora Zashyizwe Mu Zakira Abipimishije COVID-19 Gusa

admin
Last updated: 24 June 2021 9:45 am
admin
Share
SHARE

Hoteli 13 na resitora 40 zimaze kujya ku rutonde rw’izigomba kwakira gusa abantu bipimishije COVID-19 bagasanga ari bazima, nk’uko bigaragazwa n’amabwiriza mashya ya Minisiteri y’Ubuzima n’Urwego rushinzwe Iterambere, RDB.

Ni amabwiriza mashya yo kwirinda Covid-19 ahakorerwa ubukerarugendo n’ahakirirwa abantu hakunze gusurwa cyane, azatangira kubahirizwa kuri uyu wa Gatanu tariki 25 Kamena 2021.

Biteganywa ko abakozi b’izo hoteli na resitora n’abakiliya bazigana, bazajya babanza kugaragaza icyemezo cy’uko bipimishije COVID-19 hakoreshejwe uburyo bwa PCR cyangwa Rapid Test, kandi uwipimisha akiyishyurira ikiguzi. Izo serivisi zishyurwa 50.000 Frw na 10.000 Frw nk’uko zikurikirana.

Ayo mabwiriza akomeza ati “Ibisubizo byo kwipimisha bizaba bifite agaciro k’iminsi 7 ku bakiliya n’iminsi 14 ku bakozi.”

Mu mabwiriza yo ku wa 18 Kamena 2021, ku rutonde hari hatangajweho hoteli enye gusa z’inyenyeri eshanu, arizo Kigali Marriott Hotel, Radisson Blu Hotel & Kigali Convention Centre, Kigali Serena Hotel na The Retreat Hotel. Zari kumwe na resitora 11 zo mu mu Mujyi wa Kigali.

Uru rutonde rwavuguruwe ku buryo hoteli ziyongereyeho Residence Prima 2000 Apartments, Phoenix Apartments, Lemigo Hotel, Mille Collines Hotel, Park Inn by Radisson, Ubumwe Grande Hotel, Gorilla Golf Hotel, High Ground Villa Apartments na Grand legacy Hotel.

Resitora zo zimaze kuba 40, ku rutonde ruriho nka Bourbon Coffee, Pili Pili Restaurant, Camellia, Inka Steak House, The Hut Restaurant, Sole Luna Restaurant,  Brioche n’izindi.

Muri ayo mabwiriza hateganyijwe ko amavuriro yemerewe gupima ashobora kumvikana na hoteli bakagena ko gupima bibera kuri hoteli.

Biteganywa ko mbere yo kwinjira, buri mukiliya agomba kwerekana ibisubizo bye ku marembo ya hoteli cyangwa resitora, aho umukozi wagenwe azajya asuzuma kode iri ku rupapuro rw’ibisubzo rw’umukiliya, mbere yo kumwemerera kwinjira.

Amabwiriza akomeza ati “Abakiliya bose bacumbika muri hoteli basabwa kugaragaza icyemezo cy’uko bapimwe COVID-19 kandi ko batayirwaye. Ibi biranareba abakiliya baza kuri hoteli cyangwa resitora batarara.”

Hoteli na resisitora zashyizwe ku rutonde zasabwe kuzajya zibitangira raporo buri cyumweru, zigaragaza ko abantu bapimwe. Zasabwe kandi kujya zishyira ahagaragara umubare w’abantu zishobora kwakira uhwanye na 30% by’ubushobozi bwazo bwo kwakira abantu.

Amabwiriza akomeza ati “Umukiliya uterekanye icyemezo nyacyo cy’uko yipimishije ntazemererwa kwinjira muri hoteli cyngwa resitora.”

Aho bishoboka, abantu bashishikarijwe guhurira cyangwa gufatira amafunguro hanze kuko ari byo bitanga amahirwe yisumbuye yo kudakwirakwiza icyorezo cya COVID-19.

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko mu zindi hoteli na resitora zitari ku rutonde, Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima, RBC, kizajya gikora ipima ritunguranye ku bakiliya cyangwa abakozi.

Ibi byemezo bifashwe mu gihe ubwandu bwa COVID-19 bukomeje kuzamuka mu gihugu, ku buryo abantu bategetswe kutarenga imbibi z’Akarere baherereyemo, ndetse bakaba bageze mu ngo zabo bitarenze saa moya z’ijoro.

Kuri uyu wa Gatatu handuye abantu 964, ari nawo mubare munini ubonetse mu munsi umwe kuva COVID-19 yagera mu Rwanda.

Abamaze kwandura bose hamwe ni 33,260, mu gihe abo imaze guhitana ari 397. Barimo batanu bapfuye kuri uyu wa Gatatu.

Hoteli 13 zimaze gushyirwa ku rutonde
Resitora zisaba icyemezo cya COVID-19 zimaze kuba 40

 

 

 

 

 

 

TAGGED:COVID-19featuredHoteliRBCRDBResitora
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Al Shabaab Iri Kwigarurira Uduce Twa Somalia Twinshi
Next Article U Burundi ‘Buri Hafi’ Kongera Kubona Inkunga Y’Abanyaburayi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

General Kabandana Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?