Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Jeannette Kagame Yasabye Abakobwa Kuba Imbarutso Y’Impinduka Bifuza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Jeannette Kagame Yasabye Abakobwa Kuba Imbarutso Y’Impinduka Bifuza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 March 2024 7:09 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu kiganiro yahaye abakobwa b’Inkubito z’Icyeza, Madamu Jeannette Kagame yababwiye ko badakwiye kurebera ibibi bikorerwa aho baba ahubwo bagaharanira kubirwanya no kuba imbarutso y’impinduka bifuza mu gihe kiri imbere.

Yabibwiye abanyeshuri 951 barangije mu myaka y’amashuri ibiri ishize ni ukuvuga wa 2021/2022 n’uwa  2022/2023.

By’umwihariko Madamu Jeannette Kgame yahembwe abanyenshuri 216, abandi 735 bakazahemberwa ku bigo bigaho.

Bamwe muri bo bavuga ko kuba bahembwe ari imbarutso yo kurushaho gukora neza no guharanira iterambere ry’igihugu.

Umwe muri bo ni umukobwa ufite ubumuga uvuga ko mu izina ry’abandi bana bafite ubumuga yishimiye ko Leta  ifasha abakobwa bafite ubumuga kwiga bakamenya ubwenge nk’abandi.

Avuga ko kuba Guverinoma yarahaye abana bafite ubumuga uburyo bwo kwiga byarekanye ko bari barabujijwe amahirwe yo kwerekana ibyo bashoboye.

Abo bakobwa bahawe ibikoresho by’isuku, iby’ishuri ndetse n’amafaranga yo gutangira kwizigamira kugira ngo bazakure barabigize umuco.

Abarangije amashuri yisumbuye bahawe mudasobwa igendanwa kuri buri wese kandi bahabwa Frw 50,000 yo gushyira muri konti muri Banki ya Kigali.

Ni amafaranga azabafasha kwizigamira bagategura ubuzima bwabo bwa Kaminuza n’ubw’ejo hazaza.

Ku rundi ruhande, Minisitiri w’uburinganire n’iterambere ry’Umuryango Dr. Valentine Uwamariya yavuze ko n’ubwo hari intambwe yatewe mu kuzamura imibereho n’imyigire y’abakobwa, ku rundi ruhande, hari ibitarabakundira.

Ati: “ Navuga nk’umubare w’amasaha menshi akora wenyine imirimo yo mu rugo adashobora gufatanya na musaza we, amakimbirane yo mu ngo, kuva mu mashuri kubera amikoro make no kubura gikurikirana, amakuru n’ubumenyi bidahagije ku buzima bw’imyororokere ndetse n’ihohotera rishingiye ku gitsina riviramo abangavu bamwe kuba ababyeyi bakiri bato kandi nabo bari bagikeneye kurerwa”.

Minisitiri Uwamariya avuga ko Minisiteri ayoboye iri gukorana n’izindi nzego kugira ngo haboneke ibisubizo “bidasanzwe kandi byihuse” bigamije kurengera umwana w’Umunyarwanda.

Madamu Jeannette Kagame yasabye abo bana b’abakobwa kuzirikana ko n’ubwo bakiri bato badakwiye kurebera ibibi bikorerwa aho baba, aho biga n’aho baca.

Ati: “ Uyu munsi mushobora guhitamo kuba imbarutso y’impinduka mwifuza kubona mu muryango nyarwanda w’ejo hazaza haba kuri mwe ubwanyu cyangwa abazabakomokaho”.

Yababwiye ko bakwiye gutangira kubikora binyuze mu kwanga kunywa inzoga kuko ‘inzoga atari iz’abato’.

Jeannette Kagame avuga kuba Leta yarashyizeho gahunda yo guha abakobwa amahirwe yo kwiga kimwe na musaza we ari kimwe mu byerekana umusaruro w’imiyoborere myiza u Rwanda rwimakaje.

Ngo ni umusaruro w’imyaka 30 u Rwanda rubohowe.

Muri uko kwibohora ngo harimo no kuba ababyeyi bareka abakobwa bakiga nka basaza babo.

TAGGED:AbakobwafeaturedJeannetteKagameKwigaUburezi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nkongwa Iravugwa Mu Bigori N’Amasaha By’i Nyamagabe
Next Article Uburusiya Bwagabweho Igitero
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Inshuti Ya Trump Yishwe 

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Israel Yoherereje Abatuye Gaza Inyandiko Zibasaba Guhunga Inzira Zikigendwa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Ebola Yagarutse Muri DRC

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?