Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Jeannette Kagame Yifatanyije N’Abarokokeye Muri Bisesero Kwibuka Ibyahabereye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Jeannette Kagame Yifatanyije N’Abarokokeye Muri Bisesero Kwibuka Ibyahabereye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 June 2024 9:23 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Madamu Jeannette Kagame yaraye yifatanyije n’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi babaga muri Bisesero.

Mu ijambo rye, Madamu Jeannette Kagame yavuze ko Bisesero ishushanya neza umutima w’u Rwanda watotejwe, wababajwe bitavugwa ariko ntiwemere gupfa.

Ashima ubutwari bw’Abasesero, akavuga ko kwiyemeza kumanuka umusozi ukarwana n’umwanzi ugira ngo urinde abawe kandi ubizi neza ko ushyira ubuzima bwawe mu kaga bigaragaza ko Abanyarwanda bari bariyemeje kurera abanga kugwabira.

Ati: “Ni abantu barwanyije ikibi banga gutsindwa kugeza no ku rupfu”.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Avuga ko ubutwari bwaranze abo mu Bisesero biha abandi umukoro wo kurerera u Rwanda ba ‘ntagwabira’.

Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwihatira kumenya amateka y’u Rwanda no kugira ishyaka n’ubutwari nk’ibyaranze abanya Bisesero, ibyaranze Inkotanyi zahagaritse Jenoside  n’abandi Banyarwanda bose bimanye u Rwanda mu mateka yarwo kuva na kera.

Avuga ko kubaho kw’Abanyarwanda ari urugero rwerekana ko n’ubwo basigara nta wundi ubumva, ariko bazaharanira kuba igihugu cyunze ubumwe kandi giharanira ko ibibi byakibayemo bitazongera ukundi.

Bisesero ni Akagari ko mu Murenge wa Rwankuba mu Karere ka Karongi.

Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Bisesero rwubatswe mu Murenge wa Twumba muri Karongi.

- Advertisement -
Abarokokeye muri Bisesero baje kwibuka abahaguye

Umwe mu barokokeye muri Bisesero uri mu bayobozi bazwi mu Rwanda ni Dr. Rose Mukankomeje uyobora Inama nkuru y’amashuri makuru na za Kaminuza.

Mukankomeje ni mubyara w’umwe mu Batutsi bazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Bisesero akaba afatwa nk’imwe mu ntwari z’Abasesero zarwanyije Interahamwe ubwo zazaga kubamara.

Uwo ni Aminadab Birara.

Taliki 19, Ugushyingo, 2021 izina rye ryitiriwe umwe mu mihanda yo mu Murwa mukuru w’Ubufaransa, Paris.

Muri uyu mujyi hari agace kiswe “Place Aminadabu Birara” kari ahitwa  “18è Arrondissement – Place Aminadabu Birara, 1925-1994. Héro de la Résistance à Bisesero durant le Génocide des Tutsi au Rwanda.”

Birara yishwe Taliki 26, Kamena, 1994, ingabo z’u Bufaransa zavugaga ko zije gutabara Abatutsi zigera mu Bisesero taliki 27, Kamena, 1994.

Ubwo yicwaga taliki 26, Kamena, 1994, Birara yicanywe n’umuhungu we witwaga Nzigira.

Kugeza ubu nta foto ya Aminadab Birara irajya ahagaragara.

Umuhungu W’Intwari Y’i Bisesero Aminadab Birara Hari Icyo Asaba u Bufaransa

TAGGED:BiraraBiseserofeaturedKagameKwibukaMadamu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Araganira N’Abaturage
Next Article Kera Abacuruzi Nibo Batungaga Imbunda Cyane- ACP Rutikanga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?