Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Jenoside Si ‘Byenda Gusetsa’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubutabera

Jenoside Si ‘Byenda Gusetsa’

admin
Last updated: 08 March 2021 8:16 am
admin
Share
SHARE

Umugabo witwa Raphael Lemkin(  24, Kamena, 1900 – 28 Kanama 1959)  niwe warebye ubwicanyi bwakorewe Abayahudi[nawe yari we] asanga nta rindi zina yabuha uretse Jenoside. Niwe kandi washyizeho anasobanura ibyiciro umunani birimo ibibanziriza Jenoside, Jenoside nyirizina n’ibiyikurikira.

Yanditse ko iyo Jenoside irangije gukorwa, abayikoze basigarana ipfunwe bagatangira gushaka uko bayita mu rwego rwo kuyigabanyiriza uburemere cyangwa bakanahakana ko ntayigeze ikorwa.

Ikiciro cya nyuma muri bya bindi umunani Lemkin yasobanuye ni icyo kuyihakana.

Akenshi abayihakana baba ari abayikoze, benewabo cyangwa abacumbikiye abayikoze kuko iyo abayikoze bayirangije bakabona ko batarimbuye burundu abo bishe, bahitamo guhungira kure kuko baba bazi ko bazabibazwa nibaguma aho bayikoreye cyangwa bagahungira mu batabashyigikiye.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mu gihe hasigaye iminsi mike ngo Abanyarwanda bibuke Jenoside yakorewe Abatutsi, muri uku kwezi(Werurwe, 2021) humvikanye abantu bavuga kuri Jenoside mu buryo busa n’aho ari ikintu abantu baganiraho nka ‘byenda gusetsa’ cyangwa ‘kera habayeho’.

Mu isomo biga mu mateka ku rwego rwa Kaminuza ryitwa ‘Sensitive Issues’, bavuga ko Jenoside ari ingingo igomba kuganirwaho mu buryo busaba kwigengesera.

Kwigengesera bivugwa aha bishatse kuvuga ko Jenoside ihora mu mitima y’abayirokotse, ababakomokaho ndetse n’abayigizemo uruhare, kuyivugaho rero bigasaba kwigengesera.

Hari Umufilozofe w’Umunyarwanda witwa  Prof Isaïe Nzeyimana uherutse kwandika ati: “Ubanza Jenoside itari mu bihe byashize, ahubwo ihora ari iy’ubu!”

Ni igikomere kidakira, gisaba ko buri wese yigengesera mu byo avuga n’ibyo akora kugira ngo atagira uwo atoneka.

- Advertisement -

Nk’uko twabivuze haruguru, haherutse kumvikana amagambo yanyujijwe kuri YouTube asa n’afata Jenoside yakorewe Abatutsi nk’aho ari ikintu abantu bateramo urwenya nk’ibindi.

Umwe mu bavugiye kuri YouTube, ubu akaba ari imbere y’ubutabera, yigeze kuvuga ko ‘imibiri y’Abatutsi bazize  Jenoside ari uburyo Leta y’u Rwanda ikoresha ngo ibone amadovize.’

Icyo gihe yagize ati: “ Corona yasimbuye iturufu ya Jenoside…Ugusanga mu Rwanda Jenoside yabaye iturufu, Jenoside, Jenoside… Inzibutso bakazisura amadovize agatambuka, imibiri y’abacu igacuruzwa, iyo turufu mukayirisha…”

Ntabwo kuba Leta yarubatse inzibutso zo gushyinguramo no kurinda imibiri y’Abatutsi bazize Jenoside ari ubucuruzi.

Imwe mu ngingo zituma Jenoside ibaho ni uko iba ishyigikiwe na Leta, ikayikora ndetse iyo Leta(cyangwa abayigize batakiyirimo) bagashaka uko bayihakana cyangwa bayipfobya.

Guhakana Jenoside ni ikintu kimwe ariko kuyipfobya nacyo ni ikindi kandi cyo gififitse.

Gupfobya Jenoside bigaragarira mu nzira nyinshi zirimo guha uburemere buke umubare  w’abo yahitanye, kuvuga ko abavuga ko yabaye bayikabiriza no kuvuga ko uruhande rwahigwaga narwo rwakoreye urwaruhigaga indi Jenoside.

Raphael Lemkin

Mu rwego rwo kwirinda ko ibyabaye byazibagirana, Leta iba ifite inshingano zo gushyiraho uburyo bwo kuzereka urubyiruko ko Jenoside yabaye, ubukana yakoranywe, uburyo yahagaritswe n’ibyakurikiyeho.

Uwavuze  ko imibiri y’abazize Jenoside iri mu nzibutso mu rwego rwo kuyicuruza kugira ngo Leta ibone amadovize, yigizaga nkana.

Urugero ni urw’Urwibutso rwo ku Gisozi mu Mujyi wa Kigali.

Ruruhukiyemo imibiri irenga 240 000 y’Abatutsi biciwe muzahoze ari Komini za Perefegitura y’Umujyi wa Kigali.

Abarusuye bazi neza akazi kahakorerwa karimo no kurwitaho kugira ngo rutazangirika.

Amikoro ni  ngombwa kugira ngo rukomeze rwitabweho mu rwego rwo guhesha agaciro Abatutsi barushyinguyemo.

Kuri ruriya rwibutso hari agasanduku k’ikirahure kagenewe ‘impano zitanzwe ku bushake.’

Abarusura[ku bushake bwabo] basiga amafaranga runaka muri ako gasanduku agenewe imirimo yo kurwitaho.

Ni rwo rwibutso runini mu Rwanda, rushyinguwemo imibiri y’Abatutsi benshi kandi rusurwa cyane.

Ubishatse warugereranya n’urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abayahudi rwitwa Yad Vashem  ruri i Yeruzalemu muri Israel.

Icyo twatangiriyeho cy’uko Jenoside atari Byenda Gusetsa kigomba kumvikana kuri buri wese.

Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abayahudi rwa Yad Vashem i Yeruzalemu

Iyo abantu barokotse kabutindi yashakaga kubarimbura, si byiza kongera kubibutsa ibyababayeho mu buryo bubatoneka.

Bibutse ugamije kububakamo ubutwari bwo kudaheranwa n’ibyabayeho ahubwo bagatera intambwe yo komorana ibikomere, ubuzima bugakomeza.

Kuba abakoze Jenoside, ababakomokaho[si bose] cyangwa ababashyigikiye bahakana cyangwa bagapfobya Jenoside nta gitangaza kirimo.

Igitangaje ahubwo ni uko hari abandi babatera inkunga mu bitekerezo cyangwa mu mafaranga kugira ngo bakomereze muri uwo mujyo.

Abazasoma iyi nyandiko bazumve ko kugira ngo u Rwanda ruzatere imbere mu buryo burambye bizasaba ko Abanyarwanda babaho bubahana, buri wese akirinda icyatuma mugenzi we agira intimba kubera agashinyaguro, ahubwo bakubaka Ndi Umunyarwanda.

Ikindi ni uko Leta igomba guhora irinda ubumwe bwabo, ikibwigisha abaturage bayo ariko abanze kumva akamaro kabwo haba kuri bo, kuri bagenzi babo no ku gihugu muri rusange bakabibazwa n’amategeko.

Gasasira, Umusomyi wa Taarifa.

TAGGED:AbanyarwandaAbatutsifeaturedIsraelJenosideRaphaelRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abagiye Kurushinga Bagiye Kujya Bahugurwa Mu Mezi Atandatu
Next Article Ku Munsi Wahariwe Abagore, Biden Yahaye Umugore ‘Ipeti rya General’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?