Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Joe Biden Arembejwe Na Cancer Ifata Ubugabo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

Joe Biden Arembejwe Na Cancer Ifata Ubugabo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 May 2025 8:06 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Joe Biden. CNN Politics
SHARE

Abaganga baherutse gusuzuma uwahoze ari Perezida wa Amerika, Joe Biden, bamusangana cancer ifata ubugabo kandi iri ku kigero cyo hejuru cyane.

Abo mu Biro bye nibo baraye babitangarije ABC News, ndetse bavuga ko iyo ndwara yageze no mu magufwa.

Itangazo ryo mu Biro bya Biden rivuga ko nubwo iriya cancer ikomeye, idakwiye kugira abo ikura umutima kuko ifite uburyo bwo kugabanyirizwa ubukana, ntimuzonge.

Abanyapolitiki bo muri Amerika barimo na Kamala Harris wari umubereye Visi Perezida yafatanyije n’umugabo we Doug Emhoff gukomeza Biden, bombi bavuga ko bababajwe cyane n’ibyabaye kuri Joe.

Barack Obama hamwe n’umugore we Michelle Obama nawe yavuze ko yifatanyije n’abo mu muryango wa Biden kandi bakomeza kubana nawe ku mutima, bamusabira ngo azivane muri ibyo bibazo amahoro, yongere kugira imbaraga.

Perezida Donald Trump yanditse ku rubuga rwe, Truth Social, ko we na Melanie bababajwe n’iyo nkuru, kandi ko bifurije Joe kugarura agatege bidatinze.

Joe Biden ubu afite imyaka 82 y’amavuko, kuri uyu wa Gatanu ni bwo yagiye kwisuzumisha ngo muganga amubwire uko ubuzima bwe bwifashe, agasanga cancer imugeze habi.

Amakuru y’uburwayi bwa Joe Biden aje hashize hafi umwaka uyu mugabo asabwe kureka kwiyamamariza kongera kuyobora Amerika kubera intege nke z’umubiri.

Niwe muntu wa mbere wayoboye Amerika ashaje kurusha abandi mu mateka yayo.

Ubwo yashakaga kongera gutorerwa kuyobora Amerika, yaje kunengwa kwirengagiza nkana ko ubuzima bwe bugeze ahabi, ahubwo agahitamo icyubahiro cya politiki.

Abo mu ishyaka rye baje kumusaba kuzibukira kwiyamamaza, ahubwo agaharira uwari Visi Perezida we, Kamala Harris waje nawe gutsindwa.

Cancer ifata ubugabo ni iya kabiri mu zihitana abagabo benshi ku isi nyuma ya cancer y’uruhu.

Ikigo CDC cyo muri Amerika kivuga ko iyi ndwara iba izafata abagabo 13 ku bagabo 100 barengeje imyaka 69.

Gusaza nibyo ntandaro nini y’ubwo burwayi.

TAGGED:AmatoraCancerfeaturedJoe BidenObamaUbugaboUburwayi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amajyaruguru: Abana 22,000 Bataye Ishuri
Next Article Hari Kwigwa Uko Ibiganiro Bya EAC Byahuzwa N’Ibya SADC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUmutekano

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?