Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Ari Muri Amerika Mu Kwifatanya Mu Gusengera Iki Gihugu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Muri Amerika Mu Kwifatanya Mu Gusengera Iki Gihugu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 February 2024 7:31 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Kagame na Madamu we baraye i Washington D.C aho bitabiriye igikorwa ngarukamwaka cyo gusengera iki gihugu.

Nyuma yo kwitabira iri sengesho ritegurwa n’Ibiro by’Umukuru w’Amerika, Perezida Kagame azitabira umunsi wahariwe Abanyarwanda baba mu mahanga, Rwanda Day, uzabera i Washington DC.

Uzaba kuri uyu wa Gatanu no ku wa Gatandatu ni ukuvuga hagati y’itarliki 02-03, Gashyantare, 2024.

Amasengesho yo gusengera Amerika ni ngarukamwaka. Yiswe National Prayer Breakfast akaba ari bube ku nshuro ya 71.

Aba ku wa Kane w’Icyumweru cya mbere cya Gashyantare buri mwaka guhera mu mwaka wa 1953.

Yitabirwa na Perezida w’Amerika, abanyapolitiki bakomeye n’abacuruzi, abo muri sosiyete sivile n’abandi banyacyubahiro bakomeye ku isi baba basanzwe ari incuti z’Amerika.

Ku byerekeye Rwanda Day, Perezida Kagame azahura n’Abanyarwanda baba muri Amerika n’ahandi haturanye naho kugira ngo baganire ku iterambere ry’igihugu cyabo n’uruhare rwa buri wese muri ryo.

Iyi Rwanda Day ibaye habura amezi make ngo Abanyarwanda n’inshuti zabo bibuke Jenoside yakorewe Abatutsi, babyibuke ku nshuro ya 30.

Mu mpeshyi y’uyu mwaka kandi Abanyarwanda bazatora Perezida wa Repubulika n’Abadepite ndetse bizihize n’isabukuru y’imyaka 30 u Rwanda rumaze rwibohoye.

Rwanda Day ni igikorwa kimaze guhuriza Abanyarwanda mu mijyi ya Brussels(Ububiligi), Chicago(Amerika), Paris( Ubufaransa), Boston( Amerika), London( Ubwongereza), Toronto( Canada), Atlanta( Amerika), Dallas( Amerika),  Amsterdam( Ubuholandi), San Francisco(Amerika), Ghent( Ububiligi|) na Bonn( Ubudage).

Igihugu ‘Rwanda Day’ yabereyemo kurusha ibindi ni Amerika kuko imaze kuhabera inshuro enye, ikaba igiye kuhabera ku nshuro ya gatanu mu nshuro 13 izaba ibaye.

Abanyarwanda baba muri Afurika baherutse gusaba ko Rwanda Day yazabera muri kimwe mu bihugu by’uyu mugabane ariko ntibirakorwa.

TAGGED:AbanyarwandaDayfeaturedKagameRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Huye: Imibiri 182 Imaze Kuboneka Mu Ngo Z’Abaturage
Next Article Perezida Wa Pologne Arateganya Gusura u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?