Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Asanga u Rwanda Rusangiye Na Jordanie Indangagaciro Y’Iterambere
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kagame Asanga u Rwanda Rusangiye Na Jordanie Indangagaciro Y’Iterambere

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 January 2024 5:06 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Kagame ubwo yasezeraga ku mwami wa Jordanie Abdallah II wari umaze iminsi mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda yamushimiye kuba yarasuye u Rwanda kandi amubwira ko igihugu cye gisangiye na Jordanie guharanira amajyambere ashingiye ku mahoro, ubutabera n’umutekano.

Umwami wa Jordanie yageze mu Rwanda ku Cyumweru taliki 07, Mutarama, 2024 mu masaha y’umugoroba.

Yahise abonana na Perezida Kagame ndetse itsinda yari ayoboye risinyana n’iry’u Rwanda amasezerano mu bufatanye muri byinshi birimo ubucuruzi, ubuvuzi, ubuhinzi n’ibindi.

Bukeye bw’aho yasuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ruri ku Gisozi yandika mu gitabo cy’abashyitsi ko isi ikwiye guharanira ko ibyabaye mu Rwanda bitongera kandi abantu aho bari ku isi baharanira ko isi ibaho izira inzangano.

Ku munsi we wa gatatu, Perezida Kagame yashimiye umwami Abdallah II wa Jordanie amubwira ko u Rwanda na Jordanie ari ibihugu bisangiye indangagaciro n’inyota yo kugera ku iterambere rishingiye ku mahoro, ubutabera n’umutekano.

Perezida Kagame yijeje umwami Abdallah II ko yiteguye kubakira ku biganiro bagiranye hagamijwe gukomeza kwagura umubano mwiza hagati ya Kigali na Amman.

Umwami Jordanie nawe yashimye uko Perezida Kagame yamwakiriye by’umwihariko n’uko Abanyarwanda muri rusange bamweretse urugwiro.

Yavuze ko yiboneye uko ubumwe bw’Abanyarwanda bwatumye bagera kuri byinshi kandi avuga ko agiye gukora k’uburyo Jordanie izakomeza gukorana n’u Rwanda muri byinshi.

TAGGED:AbdallahfeaturedKagameUmubanoUmwami
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubufaransa Bufite Minisitiri W’Intebe Mushya
Next Article Umuhanda Wahuzaga Abatuye Rusizi Na Nyamasheke Wangijwe N’Imvura
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Tekeniki Zifasha Inyoni Kuguruka Zigishije Abantu Gukora Indege

Intambara Ya Dipolomasi Hagati Ya Israel Na Afurika Y’Epfo Irafata Indi Ntera

DRC: Abantu 200 Bishwe N’Ikirombe

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

Umukinnyi Ukomeye Wa Kepler WBBC Yaguzwe Na REG WBBC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

U Rwanda Rurashaka Ko Ubwongereza Buruha Amafaranga Yarwo Yose

Kigali: Umusore Yishe Mugenzi We Amuziza Umukobwa

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuhuza Wa Afurika Yunze Ubumwe Mu Kibazo Cy’u Rwanda Na DRC Ari i Kigali

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mobicash Yabaye Ihagaritswe 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?