Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Asanga u Rwanda Rusangiye Na Jordanie Indangagaciro Y’Iterambere
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kagame Asanga u Rwanda Rusangiye Na Jordanie Indangagaciro Y’Iterambere

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 January 2024 5:06 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Kagame ubwo yasezeraga ku mwami wa Jordanie Abdallah II wari umaze iminsi mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda yamushimiye kuba yarasuye u Rwanda kandi amubwira ko igihugu cye gisangiye na Jordanie guharanira amajyambere ashingiye ku mahoro, ubutabera n’umutekano.

Umwami wa Jordanie yageze mu Rwanda ku Cyumweru taliki 07, Mutarama, 2024 mu masaha y’umugoroba.

Yahise abonana na Perezida Kagame ndetse itsinda yari ayoboye risinyana n’iry’u Rwanda amasezerano mu bufatanye muri byinshi birimo ubucuruzi, ubuvuzi, ubuhinzi n’ibindi.

Bukeye bw’aho yasuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ruri ku Gisozi yandika mu gitabo cy’abashyitsi ko isi ikwiye guharanira ko ibyabaye mu Rwanda bitongera kandi abantu aho bari ku isi baharanira ko isi ibaho izira inzangano.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ku munsi we wa gatatu, Perezida Kagame yashimiye umwami Abdallah II wa Jordanie amubwira ko u Rwanda na Jordanie ari ibihugu bisangiye indangagaciro n’inyota yo kugera ku iterambere rishingiye ku mahoro, ubutabera n’umutekano.

Perezida Kagame yijeje umwami Abdallah II ko yiteguye kubakira ku biganiro bagiranye hagamijwe gukomeza kwagura umubano mwiza hagati ya Kigali na Amman.

Umwami Jordanie nawe yashimye uko Perezida Kagame yamwakiriye by’umwihariko n’uko Abanyarwanda muri rusange bamweretse urugwiro.

Yavuze ko yiboneye uko ubumwe bw’Abanyarwanda bwatumye bagera kuri byinshi kandi avuga ko agiye gukora k’uburyo Jordanie izakomeza gukorana n’u Rwanda muri byinshi.

TAGGED:AbdallahfeaturedKagameUmubanoUmwami
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubufaransa Bufite Minisitiri W’Intebe Mushya
Next Article Umuhanda Wahuzaga Abatuye Rusizi Na Nyamasheke Wangijwe N’Imvura
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?