Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Asanga Uburezi Butaragera Ku Iterambere Nyaryo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Kagame Asanga Uburezi Butaragera Ku Iterambere Nyaryo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 September 2024 9:01 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame avuga ko aho uburezi mu Rwanda bugeze ari heza ariko hakiri byinshi byo gukora ngo bugere ku rugero rwo hejuru, rwifuzwa.

Bikubiye mu ijambo yagejeje ku baje mu muhango wo kurahira kwa Minisitiri w’uburezi mushya witwa Joseph Nsengimana.

Kagame avuga ko uburezi bw’u Rwanda bugeze ahantu ho kwishimirwa mu kuzamura iterambere ry’abarutuye.

Avuga ko iyo uburezi butejwe imbere bugira uruhare rutaziguye mu kuzamura imibereho myiza, bigakorwa binyuze mu kuzamura ubumenyi buva hirya no hino ku isi.

Ati: “Ibiva mu burezi birafasha kandi ibijyanye n’uburezi ni ibintu tuvoma ari mu gihugu cyacu mu bushobozi bwacu ariko tuvoma no hanze. Hari ibijyanye n’u Rwanda rwacu ubwarwo hari n’ibijyanye no kumenya isi n’abandi bayituye n’imikoranire,  byose bitungana iyo uburezi bugenda neza mu gihugu,  bugategura abantu kugira ngo bahangane n’ibibazo bitandukanye by’isi ariko noneho banabishingireho biyubaka mu majyambere n’ibindi.”

Nubwo ubwo burezi bwazamutse nk’uko Perezida Kagame abivuga, ku rundi ruhande avuga ko bidahagije.

Yunzemo ati: “Uburezi bwacu bumaze gutera intambwe ariko ntabwo bwari bwagera aho twifuza cyangwa se hashimishije bitewe n’ibyo tubona hirya no hino”.

Yaboneyeho kugira inama Minisitiri mushya w’uburezi y’uko inshingano ze ari ngari kandi zikomeye, ariko amwizeza ko atazakora wenyine.

Ngo si inshingano zimureba wenyine ahubwo azazifatanya n’abandi bakorana muri Guverinoma.

Kagame asanga ubufatanye ari ngombwa kugira ngo uburezi butere imbere.

Ku wa 11, Nzeri, 2024 ni bwo Joseph Nsengimana yagizwe Minisitiri w’Uburezi asimbuye Gaspard Twagirayezu wagizwe Umuyobozi Mukuru w’Urwego Rushinzwe Isanzure.

Yari asanzwe ari Umuyobozi w’Ikigo cya Mastercard Foundation, ari umuyobozi ushinzwe guteza imbere uburezi kuri bose binyuze mu ikoranabuhanga.

Mu muhango wo kwakira indahiro ya Minisitiri w’uburezi Joseph Nsengimana

Mbere yo gukorana na Mastercard, Joseph Nsengimana yakoraga mu kigo cy’Abanyamerika cy’ikoranabuhanga, Intel Corporation.

Intel Corporation ni ikigo cy’Abanyamerika gikora gahunda za mudasobwa zikorana n’iby’uburezi n’ubucuruzi, kikagira icyicaro mu Mujyi wa Santa Clara muri Leta ya California.

TAGGED:featuredIkoranabuhangaKagameMinisitiriNsengimanaUburezi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Muhanga: Hubatswe Ibiro By’Umurenge Birusha Ubwiza Iby’Uturere Twinshi
Next Article Ibiganiro By’Ubwongereza Na Amerika K’Ukwemera Ukraine Kurasa Uburusiya Byageze Kuki?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?