Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Ashimira Abagirira u Rwanda Icyizere
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ashimira Abagirira u Rwanda Icyizere

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 December 2024 9:53 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Perezida Kagame ashima abagirira u Rwanda icyizere.
SHARE

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 12, Ukuboza, 2024 Perezida Kagame yashimiye abayobozi mu ishyirahamwe mpuzamahanga ry’umukino wo gutwara imodoka kubera icyizere bagiriye u Rwanda bakaza mu nama mpuzamahanga yabo iri kuhabera.

Hari mu musangiro waraye ubereye muri Kigali Convention Center witabiriwe ndetse n’umunyarwenya wamamaye ku isi hose witwa Steve Harvey, uyu n’umuherwe kuko kugeza ubu atunze arenga Miliyoni $200.

Abitabiriye Inteko Rusange y’Ishyirahamwe ry’Umukino wo Gutwara Imodoka (FIA) baritabira itangwa ry’ibihembo mu bahize abandi muri uwo mukino mu gikorwa kiri bubere mu Rwanda  kuri uyu wa Gatanu tariki ya 13, Ukuboza, 2024.

Perezida Kagame yagize ati: “Ndashaka gushimira mbikuye ku mutima wanjye, FIA na Mohammed Ben Sulayem n’ikipe ye kuba baregeranyije ibi byose hamwe, no kugirira icyizere u Rwanda rukabasha kubakira. Turabishima kandi ndizera ko igihe cyose muzamara hano muzishimira ko muhari.”

Yongeye kuvuga ko Afurika ari ahantu hafite ejo hazaza ariko ko ikwiye kubiharanira.

Asanga icyo Afurika isabwa ari kugira icyerekezo gihamye ku buryo cyaba intandaro yo kubengukwa n’amahanga akaza kuyishoramo.

Ati:“Afurika itanga impano nyinshi muri siporo. Hari umubare munini ariko utabona ayo mahirwe kandi rero kuba muri hano, nzi ko ari intangiriro y’uburyo ayo mahirwe yazaza ku mugabane wacu.”

Perezida Kagame na Perezida w’Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry’Umukino wo gusiganwa mu modoka ku Isi (FIA), Mohammed Ben Sulayem, bamuritse kandi imodoka y’amasiganwa ya “Cross Car” yakorewe mu Rwanda ikozwe n’abanyeshuri bo muri IPRC Kigali.

Umukuru w’igihugu yagize ati: “Mbere y’uko twinjira, njye na Mohammed twasuye imodoka yakorewe hano mu Rwanda n’abanyempano bakiri bato, abanyeshuri bo mu mashuri ya tekinike [Rwanda Polytechnic]. FIA yari ibiri inyuma, binyuze mu gutanga ubumenyi no gushishikariza abantu kugaragaza impano n’ubumenyi mu bintu bitandukanye bashobora gukora cyangwa guhanga.”

Kubera iyo mpamvu, Kagame yashimiye abayobozi bo muri Fedération Internationale de l’Automobile( FIA) kubera uruhare bagize mu gutuma abo bana bamenya gukora imodoka nziza nk’iyo.

Abo banyeshuri bayikoze mu gihe cy’ukwezi babikora bafatanyije n’umwe mu batekinisiye bo muri FIA.

Biteganyijwe ko Umuholandi Max Verstappen wegukanye Formula One uyu mwaka, azagerageza imikorere y’iyi modoka nka kimwe mu bigize ibihagano yahawe na FIA.

Inteko Rusange ya FIA izasozwa n’itangwa ry’ibihembo byayo ku bakinnyi babaye indashyikirwa mu masiganwa itegura, bizatangirwa muri BK Arena ku mugoroba wo ku wa Gatanu.

Umunyarwanda witwa Ishimwe Gad niwe wakoze igihangano cyahize ibyakozwe n’abandi Banyarwanda, hari mu marushanwa yo kwizihiza isabukuru y’imyaka 120 FIA imaze ishinzwe.

Biteganyijwe ko iki gihangano kizanashyirwa ahakorere imurika ku Cyicaro cya FIA kiri ahitwa Place de la Concorde i Paris mu Bufaransa nk’amateka ko inama ya mbere ya FIA muri Africa yabereye mu Rwanda.

This evening at the Kigali Convention Centre, President Kagame hosted Mohammed @Ben_Sulayem, @fia President, FIA World Motor Sport Council members, members of the Rwanda Automobile Club, representatives of automobile clubs and motorsport federations across the world, rally… pic.twitter.com/UsBMHVHpva

— Presidency | Rwanda (@UrugwiroVillage) December 12, 2024

TAGGED:AfurikafeaturedImdokaIsiganwaKagameUmukino
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bahingira Ibigo Imboga Bizagaburira Abana Ku Ishuri
Next Article DRC: Rukomeje Guhinana Hagati Ya M23 Na FARDC Ngo Bigarurire Lubero
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hateranye Inama Y’Abajyanama Ba Perezida Kagame

Njozi: Indirimbo Nshya Ya Element Yatunganyijwe N’Usanzwe Ukorana Na Diamond

Intumwa Za DRC N’Iza AFC/M23 Zongeye Kuganirira i Doha

Rwanda: Ababyeyi Baraburirwa Ngo Barinde Abana Ibibi Bya Interineti

Ingabire Immaculée Agiye Gushyingurwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Imikino Ya NBA Igiye Gusubukurwa Mu Bushinwa

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Hamas Iherutse Guhura Mu Ibanga N’Intumwa Za Amerika Kubera Kudashira Amakenga Israel

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Yasinyanye N’Abarabu Amasezerano Yo Kubaka Gaza Nshya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Rayon Yahagaritse Umutoza Mukuru Bari Bamaze Iminsi Muri Rwaserera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

Kagame Yaganiriye N’Abayobora Ikigo Nyafurika Cy’Imiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?