Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Ati: Ibiri Kubera DRC Biza Ninde Utarabirebaga?
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ati: Ibiri Kubera DRC Biza Ninde Utarabirebaga?

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 January 2025 7:45 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Kagame yabajije bagenzi be bagize Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba niba aho ibintu bigeze mu Burasirazuba bwa Repubulika bitaratangiye buri wese abireba.

Mu ijambo yabagejejeho mu buryo bw’ikoranabuhanga yabanje kubasaba ko bamwemerera agatangiza ibibazo wenda bikaza kuba ari byo biherwaho mu biganiro bari bugirane.

Kagame yagize ati: “ Reka ntangize ibibazo runaka wenda byaza kudufasha mu biganiro turi bugirane. Ibiri kuba muri iki gihe, bitangira twese ntitwabirebaga? Ariko reka nivuze ibindeba kuri njye: Njye byose uko byatangiye narabirebaga”.

Avuga ko yahisemo kubikurikirana kuko yabonaga ko ntawe ubyitayeho ngo arebe aho biva n’aho bigana, abigire ibye.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yemeza ko yabonaga ko nta muntu witeguye gutanga ubufasha bwo kwerekana icyakorwa ngo ibintu bigire aho biva n’aho bigana hazima.

Kagame kandi yabajije abayobozi bagenzi be icyo bakoze mu gihe ibintu byari bigitangira n’ibyo bari gukora aho bigeze ubu n’icyo bashaka gukora mu gihe kiri imbere.

Yakomoje ku ngingo yari igarutsweho na mugenzi we Samia Suluhu y’uko Abakuru ba EAC n’abandi bakoze ubuhuza batanze ibitekerezo byinshi kenshi byerekana icyakorwa ngo ibintu bibe byiza ariko biba amasigaracyicaro.

Perezida w’u Rwanda yageze naho abaza bagenzi  be niba mu by’ukuri EAC ibaho ndetse nicyo imaze niba iriho nk’uko bivugwa.

Yatanze urugero rw’uko n’igihugu cya EAC cyari kiri kuganirwaho, ni ukuvuga DRC, kitari kiri muri ibyo biganiro we na bagenzi be bagiranaga.

- Advertisement -

Yunzemo ko ikindi kerekana ko Tshisekedi adashaka amahoro ari uko n’igihe EAC yatangaga umuti w’uko amahoro yagaruka mu Burasirazuba bwa DRC yabyanze, ahubwo asaba ko ubuhuza bwakorwa na SADC.

SADC nayo yabijemo ariko nabyo muri iki gihe biragenda biguru ntege.

Kagame yavuze ko ikibabaje ari uko no muri EAC usanga nta muti uhuriweho n’abayobozi bayo urashakwa, ahubwo bigasa n’aho buri gihugu gitekereza uwo kibona ko ukwiye.

Ati: “Ntekereza ko no hagati yacu muri aka Karere bishoboka ko dufite imyumvire itandukanye ku kibazo n’imiterere yacyo, ibi bikaba byaratumye tuticarana ngo twemeranye cyangwa se ntitwemeranye ku cyakorwa kuri iki kibazo”.

Asanga uko bigaragara ahubwo, buri gihugu cyahisemo kubyikorera ukwacyo, gishingiye k’ukuntu kibona ibibera muri Congo cyangwa ku nyungu kihafite, abantu bakumva ko ibintu ari ibyo.

Avuga ko iyi miterere ari nayo ituma hari abafite inyungu muri DRC batereye agati mu ryinyo birengagiza ibibazo bihari kubera ko hari ibyo bahabwa n’ubutegetsi bw’icyo gihugu.

Perezida Kagame yavuze ko bigaragara ko , ku ruhande rumwe, ibihugu bya EAC byerekana ko biri kumwe kuri kiriya kibazo, mu gihe, ku rundi ruhande, buri gihugu ahubwo kikorera ibyacyo, bikireba kuri icyo kibazo.

Yashyizemo indi ngingo y’uko niyo ibihugu byose bya EAC byakwitwara neza muri iki kibazo, ari ngombwa ko urundi ruhande rurebwa nacyo narwo ruhabwa umwanya rugatanga umusanzu mu kugikemura.

Ibiganiro byaraye bibereye i Nairobi byitabiriwe n’Abakuru ba EAC ukuyemo Felix Tshisekedi uyobora DRC.

Byatumijwe na William Ruto uyobora uyu Muryango akaba na Perezida wa Kenya.

TAGGED:AbakurufeaturedIbihuguInamaIntambaraKagameKenyaRutoTshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abacanshuro Bafashaga FARDC Baciye Mu Rwanda Bacyurwa Iwabo
Next Article USA: Indege Yarimo Abantu 60 Yagonganye Na Kajugujugu Ya Gisirikare
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?