Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Avuga Ko Hari Abibwiraga Ko Afurika Itazakora Inkingo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kagame Avuga Ko Hari Abibwiraga Ko Afurika Itazakora Inkingo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 December 2023 6:34 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umukuru w’u Rwanda Paul Kagame yabwiye abashyitsi bari baje gutangiza ikiciro cya mbere cy’uruganda rwo gukorera inkingo mu Rwanda ko ubwo rwabwiraga amahanga ko rugomba gukorana n’abandi rugakora inkingo, hari abarucaga intege ngo ruzabishobora nyuma y’imyaka 30.

Icyakora ngo ku bufatanye no kwiyemeza, byaje gukunda mu gihe gito.

Ashima iyi ntambwe yatewe k’ubufatanye n’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi n’ikigo BioNTech, ubu u Rwanda rukaba rwatashye uruganda rwa mbere rukorera inkingo muri Afurika.

Ni inkingo zo mu bwoko bwa mRNA.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mu ijambo rye, Kagame yavuze ko ubwo COVID-19 yadukaga ku isi, Afurika yatereranywe, iza kwibukwa mu banyuma.

Avuga ko byatumye uyu mugabane usigara ukomanga hose ngo bagire icyo bawumarira kuko wari wugarijwe.

Icyakora ashima abagize umutima wo gutabara barimo n’abo muri BioNTech.

Abo ngo baritanze bakora ubudacogora kugira ngo gukorera inkingo muri Afurika bishoboke.

Uğur Şahin uyobora BioNTech Group( Ikigo cyo mu Budage) yavuze ko uretse ibikorwa byo kubaka no gukomeza kwagura ruriya ruganda,  ngo hazabaho no gutanga amahugurwa ku Banyarwanda b’abahanga muri siyansi no kwagura ikoranabuhanga rikoreshwa n’ubwenge buhangano, artificial intelligence (AI).

- Advertisement -

Ati: “Turashaka gutanga umusanzu mu kubaka uburyo burambye mu by’inkingo.  Intego yacu muri Afurika irasobanutse: Inkingo zizakenerwa mu gihe kizaza zigomba gukorerwa muri Afurika, ku bw’Afurika mu karere kamwe kazikeneye ndetse no ku rwego mpuzamahanga.”

Prof Uğur Şahin uyobora BioNTech Group

Yavuze ko ibikorwa bya BioNTech, bitazagarukira mu Rwanda gusa.

Uğur Şahin yashimye Perezida Kagame  n’abandi bagize uruhare mu iyubakwa rya ruriya ruganda, avuga ko gufatanyiriza hamwe ari byo bizatuma intego zifuzwa zigerwaho.

Perezida wa Komisiyo y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU), Madamu Ursula von der Leyen yavuze ko kiriya kigo kitazakora inkingo za COVID-19 gusa, ahubwo kizakora n’ izindi zirimo iza malariya, iz’igituntu byashoboka rukazakora n’iza kanseri.

Ati: “Ntabwo navuga gusa kurwanya Coronavirus, ahubwo ni n’uburyo bwo bushyiraho inzira nshya mu kurwanya igituntu, malariya ndetse na kanseri. Izi ni zo mbaraga nyazo zo guhuriza hamwe n’ikoranabuhanga.”

Abayobozi bitabiriye ibi birori barimo Perezida wa Sénégal, Macky Sall, uwa Ghana Nana Akufo-Addo, Minisitiri w’Intebe w’ibirwa bya Barbados Madamu Mia Motley, Perezida wa Komisiyo y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU), Madamu Ursula von der Leyen, Perezida wa Komisiyo ya Afurika yunze Ubumwe, Mussa Faki Mahamat ndetse na Uğur Şahin umuyobozi mukuru wa BioNTech Group n’abandi batandukanye.

Kimwe mu byumba bikorerwamo ziriya nkingo

Soma uko byagenze ubwo hashyirwagaho ibuye ryo kuzubakaho uru ruganda:

Ibuye Ry’Ifatizo Ryashyizwe Ahazubakwa Uruganda Nyarwanda Rukora Inkingo

TAGGED:AfurikaBurayifeaturedInkingoKagameRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mu Bipangu By’Abakire Mu Rwanda Ngo Ihohoterwa Rirakomeye
Next Article Tshisekedi Yeruye Ko Azatera u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?